Kigali: Yakubise abanyamakuru anababwira ko ashobora kubica kuko ari abagambanyi
posted on Mar , 07 2010 at 09H 14min 17 sec viewed 14533 times
Ni mu mpera z`iki cyumweru, ubwo abanyamakuru batatu berekezaga mu magaraji atandukanye kugira ngo bamenye ukuri ku bijyanye na gahunda ya REMA n`umujyi wa Kigali yo kwimura amagaraji mu bishanga, dore ko amenshi ari naho akorera kugeza ubu kandi bibangamira ibidukikije.
Ni muri urwo rwego, aba basore bikoze uko ari batatu n`ibikoresho byabo by`itangazamakuru bajya kuri garage yitwa Auto Imperial ibarizwa ku muhanda wa Poids lourds,kuri iyi garage babashije kwivuganira na nyirayo uzwi ku izina rya Edmond Kazungu abasobanurira gahunda ubuyobozi bw`umujyi bufatanyije na REMA,ikigo cy`igihugu kibungabunga ibidukikije bafite yo kwimura amagaraji,ariko abasaba ko bakwivuganira n`umuyobozi wa Garage witwa Rwinyana ari nawe ukuriye ihuriro ry`abakuriye amagaraji.
Uko niko abo banyamakuru babigenje, gusa burya ngo inzira ntibwira umugenzi.
Aba basore bahise bahamagara kuri telefoni igendanwa bwana Paul ababwira ko nta kibazo ari na gahunda rwose bamazemo iminsi mu nama zisobanura iyo gahunda,ababwira ko banyarukira mu igaraji ndetse ko abaye asohotse ariko hari abamusigariyeho babasha kubakira,ibyo ni ko byagenze,bahageze bibwira uhagarariye ubuyobozi bwa garage,bishimira uko bakiwe bategereje ukuriye garage Rwinyana.
Mu gihe umwe muri aba basore yari afite igikoresho cyo gufata amashusho(appareil digital) yari akiri kureba andi mafoto yari yarafashwe,yahise yegerwa n`umwe mu bo basanze aho,amuhata ibibazo by`uwamutumye n`aho aturutse,undi amwisobanuraho amubwira ko ari umunyamakuru yavuganye na nyiri garage witeguye kuza bakaganira ku cyabazanye, mu kanya gato ibyari ukubaza ikigenza umuntu byahindutse ibitutsi birimo ko ari abagambanyi, ingegera, ariko ntibyatinze kuko byahise biherekezwa no gukubitwa inshyi ndetse n`imigeri rugeretse, ashatse kumuhunga amubwira ko yamwica.
Mu gihe mugenzi wabo yari asagariwe,abo banyamakuru begeye uwo mugabo mu by`ukuri umwirondoro we utaramenyekana, bamubaza uko bigenze ababwira ko yabica kandi ko ari abagambanyi b`igihugu, aho akaba yarisobanuye avuga ko bafashe amafoto mu igaraji kandi nta burenganzira babifitiye.
Ibyari ugutara inkuru ntibyari bigishobotse, ahubwo batabaje polisi y`igihugu ntiyabasha kuboneka,nyiri garage imperial wabarangiye mugenzi we(nyiri garage Rwinyana) yarahamagawe yohereza uwo kubatabara kugirango babone uko bava aho.
Kugeza ubu rero,nyuma yo kuva muri garage Rwinyana,aba banyamakuru ari bo Ndutiye Florent wa Radio 10, Stanley Gatera wa New Times ndetse na Eric Muvara wa City Radio bakaba ku wa gatandatu barahise bageza ikirego kuri station ya polisi ku Muhima,bikaba kugeza ubu biri mu maboko ya polisi y`igihugu.
Ubwanditsi
|