Kagame yatanze ikiganiro muri Royal Commonwealth Society
posted on Mar , 10 2010 at 10H 04min 21 sec viewed 4355 times
Ku munsi wa kabiri w’uruziduko rw’akazi ari kugirira mu Bwongereza, Perezida Paul Kagame yavuze ijambo imbere y’umuryango Royal Commonwealth Society ku ruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’u Rwanda, Afurika ndetse na Commonwealth.
Kagame wari watumiwe n’uwo muryango kugirango atange ikiganiro nk’umunyamuryango mushya w’iryo tsinda, yavuze ko urubyiruko rwagize uruhare runini mu gusana ndetse n’iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange, nkuko tubikesha The New Times.
Perezida Kagame yagize ati “Mu gihugu icyaricyo cyose, urubyiruko rwari rukwiye kuba inkingi z’ejo hazaza. Icyerekezo cy’u Rwanda ku rubyiruko rwacu cyubakiye kucyo twashyizeho ku gihugu muri rusange”
Yabwiye abanyamuryango barenga 300 ba RCS, ko u Rwanda ruri gutanga uburere ku rubyiruko rufite ububasha bwo kwihitiramo neza ejo hazaza.
Perezida yatangaje ko urubyiruko rugize igice kinini cy’abaturage b’u Rwanda. 75% bafite munsi y’imyaka 30, abenshi muri bo bavutse nyuma ya Jenoside.
Mu kiganiro cye, Kagame yatanze ingero 3 z’ibyo urubyiruko rw’u Rwanda rwitabiriye; Urubyiruko rwakanguriwe kwitabira Jenoside, irindi tsinda ry’urubyiruko ryitabira kubohora igihugu none kuri ubu, ni urwo rubyiruko ruri kugira uruhare rugaragara mu iterambere rw’igihugu.
Yavuze ko urubyiruko rukomeje kugira uruhare rugaragara m’ubwiyunge aho rutuye hose mu gihugu. Yongeyeho ko kuri ubu urubyiruko ruhagarariwe mu nteko ishinga amategeko ndetse ko runagira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo.
Kagame yibukije ibihugu bigize Commonwealth ko gushyira imbaraga mu rubyiruko biri ngombwa cyane yaba ku rwego rw’igihugu cyangwa rw’isi muri rusange, kuko urubyiruko rugize kimwe cya kabiri cy’abatuye isi.
Nkuko dukomeza tubikesha The New Times, mu bindi bintu Kagame yavuzeho harimo akamaro k’uburezi buboneye, yongeraho ko kugira umubare munini w’abatazi gusoma no kwandika mu rubyiruko rw’igihugu cyangwa rw’umugabane byagira ingaruka mbi ubwabyo.
Yatanze urugero rwa gahunda y’imyaka 9 y’uburezi bw’ibanze u Rwanda ruri gutangiza kuri ubu, nka bumwe mu buryo bwashyizweho kugirango urubyiruko rw’igihugu rugire ubumenyi bukwiriye ku iterambere ry’igihugu.
Ku munsi w’’ejo byatangajwe ko RCS izakorera Inama yayo ya mbere yiswe Africa Commonwealth Youth Leader mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Uwimana Peter
|