Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Abayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru mu mwiherero w'iminsi itatu


posted on Mar , 10 2010 at 14H 20min 06 sec viewed 2108 times



Abayobozi kuva ku rwego rw’Umurenge ukagera ku rwego rw’Intara bo mu Ntara y’Amajyaruguru bateraniye mu mwiherero w’iminsi 3 aho bari kwisuzuma bareba aho bageze mu iterambere, harebwa ibyagezweho ariko bibanda cyane cyane ku bibazo bigihari ngo bishakirwe umuti.

Uyu umwiherero w’iminsi 3 wateguwe n’Intara y’Amajyauguru witabiriwe n’inzego zose z’ubuyobozi guhera ku buyobozi bw’Umurenge, abayobozi b’ amashami ku Karere, komite nyobozi z’uturere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’uturere, abayobozi ku rwego rw’Intara,ndetse n’abayobozi b’Uturere 5 dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru.

Uyu mwiherero ukaba waratumijwe mu rwego rwo gusuzumira hamwe icyatuma imikorere irushaho kwihuta hagamijwe iterambere kugirango abayobozi basuzumire hamwe aho bageze mu iterambere n'ibyiza byagezweho ariko bibanda cyane ku bibazo bihari.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru BOSENIBAMWE Aimé akaba avuga ko bazibanda ku ndangagaciro zatuma imikorere irushaho kwihuta mu nzego zose. Guverineri akaba yadutangarije ko muri uyu mwiherero hari ibiganiro bijyenda bitangwamo bikibanda cyane cyane ku ndangagaciro zatuma imikorere irushaho kwihuta mu nzego zose ngo barizera ko abantu bazahava bahinduye imyumvire.

Ku munsi wawo wa kabiri muri uyu mwiherero hagiye hatangwa ibiganiro bitandukanye, Ministre mu biro by'Umukuru w'Igihugu (Presidence) Solina NYIRAHABIMANA watanze ikiganiro ku myanzuro yavuye mu mwiherero w’abayobozi uherutse kubera i Rubavu ndetse no ku ndangagaciro zizagenga ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Yanababwiye ko muri uyu mwiherero haganiriwemo ibintu bikubiye mu byiciro bitatu, hari ibijyanye n’inshingano rusange z’igihugu mu bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage ndetse n’imiyoborere myiza, hakaza icyiciro cy’imikorere n’imikoranire aho yavuze ko ushobora kuba ufite ibintu byiza bitunganije neza ariko, icyiciro cya gatatu cyikaba kirebana n’imyitwarire y’abashyira mu bikorwa ibyo abantu baba biyemeje.

Ministre Solina yagarutse ku bigaragara nk’ibidindiza iterambere, aho yavuze ku kijyanye no gutinya kwiteranya aho usanga umuntu atinya gufata ibyemezo bimwe na bimwe ngo atiteranya nabagenzi be cyangwa se abo bakorana, Ministre Solina ‘’ati gutinya kwiteranya nabyo n’ibintu bitwicira ‘’.

Mu Kiganiro cyatanzwe n’ushinzwe gutanga amasoko mu Ntara y’amajyaruguru, yavuze ku bibazo bigaragara mu micungire y’imari mu Turere n’imitangire yamasoko, ahagiye herekanwa amakosa yagiye akorwa ndetse n’ingorane bagiye bahura nazo, hamaze gukorwa Clean Audit cyangwa isuzuma .

Guverineri BOSENIBAMWE Aime yagize ati: "iyo abayobozi beretswe amakosa ahari banerekwa uko yabonerwa umuti", ati "ibizongera kugaragara mu isuzuma ry’ubutaha ntibizafatwa nko kubura ubushobozi bizafatwa nk’agasuzuguro".

Twababwira ko bimwe mu biganiro biteganijwe kuzatangwa muri uyu mwiherero harimo nk’ikiganiro ku miyoborere rusange y’Uturere n’imyitwarire y’abayobozi, ikiganiro ku ishoramari ndetse n’ikiganiro ku ngamba zo kurwanya ruswa, imiterere yayo no guca akarengane.

Uyu mwiherero watangiye ku wa mbere taliki 8 Werurwe 2010 biteganijwe ko uza gusozwa kuri uyu wa gatatu taliki 10 Werurwe 2010.

Francine UMUTONI
facebook
More Articles | >>View all news in this category
U rwanda ruri ku isonga mu birebana n’umuvuduko mu iterambere mu karere k’afurika y’uburasirazuba
 
Usa: guverinoma yemereye akayabo k 'amadolari umuntu uzatuma augustin bizimana afatwa
 
Buruseli: bamwe mu bari bahungiye jenoside muri eto kicukiro bajyanye col marchal mu rukiko
 
Abanyeshuri b 'abanyarwanda 6000 bigaga iby 'ubuvuzi muri kaminuza za rdc bacyuye umunyu
 
Ibyo perezida kagame yaganiriye na ban ki-moon wa loni (inkuru irambuye)
 
Ibyo raporo ya onu ivuga bitandukanye n’ibyo nabonye-jenerali majoro rwarakabije
 
Ban ki-moon mu ruzinduko rutunguranye i kigali
 
Commonwealth irasaba ivugururwa rya komisiyo y’igihugu y’amatora n’inama nkuru y’itangazamakuru
 
Nishimiye kuba perezida kagame agiye kuyobora u rwanda indi myaka 7… - tony blair
 
Pasiteri rick warren ati “sibo mana”
 
Page:
AuthorsComments
Page:
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Abafasha b’abakuru b’ibihugu bya benin na centrafrique basuye ibitaro bya kacyiru
 
perezida kagame arakangurira afurika kwitabira intego z’ikinyagihumbi mu kwikemurira ibibazo
 
Irahira rya perezida kagame: bamwe mu bakuru b 'ibihugu batangiye kugera i kigali
 
Leta y’u rwanda yatangije ibiganiro kuri radiyo na televiziyo byamagana raporo ya onu
 
Abakuru b’ibihugu 18 bamaze kwemeza ko bazitabira irahira rya perezida kagame ku ya 6 nzeli
 
Iya 1 ukwakira, isohoka ry’igitabo «intambara zo mu ibanga muri afrika»
 
Abaturage bagera kuri 50% hari amashyaka amwe yemewe mu rwanda batazi
 
Inama y 'abaminisitiri yasimbuje lt col rose kabuye ku mwanya w 'ukuriye protocole ya leta
 
Latest Videos in this group
video
Ikiganiro cya Perezida Kagame kuri Al Jazeera
video
Imirwano yararose hagati y'abagize Inama Nyobozi ya Nairobi
video
Ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Paul Kagame kuri Stade Amohoro
video
Indorerezi za Coomonwealth zishimira imigendekere y'amatora mu R
video
Ibarura ry'Amajwi n'intsinzi ya Paul Kagame (AFP)
video
Demokarasi mu Rwanda? (Al Jazeera)
video
Amatora
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Huye tariki 30 Nyakanga
video
Ubwiyunge
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Muhanga tariki 24 Nyakanga 2010
video
Abategarugori muri Guverinoma
video
Umukandida Paul Kagame yiyamamariza i Karongi
video
CNN : Christiane Amanpour Interview Paul Kagame 19 march 2010
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com