BURUNDI : Umwuka urakomeza kuba mubi uko amatora agenda yegereza
posted on Mar , 10 2010 at 09H 22min 24 sec viewed 1346 times
Iki gihugu kiri kwitegura amatora mu rwego rwo kwimakaza umuco wa demokarasi umaze imyaka utahagaragara kubera ibibazo by’isubiranamo ry’abaturage, amakuru menshi atangaazwa muri iyi minsi kuri iki gihugu arahuriza ku kintu kimwe “Umutekano muke”.
Umukuru w’ishyirahamwe rishinzwe kurwanira uburenganzira bw’ikiremwa muntu mu Burundi (APRODH) Pierre Claver Mbonimpa yaratangaje ati “Ibintu bimeze nabi,abahoze mu gisirikare ubu ntiwamenya ibyabo, urubyiruko rwo mu ishyaka CNDD-FDD (ishyaka riri ku butegetsi) bari gutera ibibazo byinshi rwose kandi n’ubundi abasore bo mu ishyaka FRODEBU (rirwanya ubutegesti) nabo bari gukora cyane, ugendeye no ku izina ryabo “Intakangwa” biteguye gukora icyaricyo cyose hagize ikiba”.
Amatora y’abajyanama ba komini 117 bazatorwa kuri 21 gicurasi, amatora ya perezida wa repubulika abe kuri 28 kamena, abadepite batorwe kuri 23 nyakanga naho aba senateri batorwe 28 nyakanga.
Uhagarariye ishyaka CNDD Francois Bizimana yagize ati “ abantu bari kwicwa mu mago yabo ku mpamvu zitazwi, twategura inama abitwa “Imbonerakure” bakazicamo kabiri, bagirira nabi abayoboke bacu, ni gute se abantu bazashobora kuza kudutora kandi tutarabonye uburyo bwo kubabwira imigambi yacu?”
Mu gihe FRODEBU ikomeje gushyira icyaha kuri polisi y’igihugu, APRODH yo imaze kubarura abantu bagera kuri 411 bamaze kugwa muri ibi bibazo.
Abahagarariye perezidansi y’u Burundi batangaje ko ukurikije ibyabaye mu myaka ya 1960 cyangwa se 1993, wavuga ko ibi byoroshye kuko nta bwicanyi bushingiye ku moko buhari kandi nta ntambara itegurwa.
Nk’uko byakomeje kuvugwa polisi y’iki gihugu irashyirwa mu majwi cyane kutagira icyo ikora kubera ko abenshi mu bayigize ari abahoze ari inyeshyamba zinjijwe muri leta nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro.
M.Mbonimpa ukurikirana ibikorwa by’uburenganzira bwa muntu yaragize ati « hari ibibazo bikomeye ku bafite amapeti yo hasi n’ababayobora, ku buryo bamwe muri abo bafite amapeti mato baje kutubwira ko nitutubahiriza ibyifuzo byabo mbere y’amatora bazatwika amazu y’amatora ».
Simbi
|