Abari n’abategarugori bo mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa mbere basabye ko ihohoterwa rishingiye kugitsina rikoreshwa nk’intwaro n’abarwanyi mu karere ryahagarara.
Ibi babitangaje ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore mu birori byari byitabiriwe n’abagore amagana bari baturutse mu Karere ka Rubavu bahurira na bagezi babo bo muri Kivu y’amajyaruguru ku mupaka.
Nkuko tubikesha The New Times, ibirori byo kwizihiza uwo munsi byaranzwe n’urugendo rutuje, kuva kuri Hotel Kivu Serena kugeza ku mupaka hagamijwe kwamagana ihohoterwa ribakorerwa mu buryo ubwo aribwo bwose, ari nako basaba amahoro arambye.
Bella Kabarungi na Mugenzi we wa Congo Christine Kalumba ubwo bahuriraga Rubavu
Ku byapa bari bitwaje wasangagaho amagambo agira ati “Turambiwe ihohoterwa rikorerwa igitsinagore”, ku bindi handitso ngo “Turashaka ko abagore bishyira bakizana”, naho ku bindi handitseho “Turashaka amajyambere ku bari n’abategarugori”.
Mu bari bitabiriye icyo gikorwa harimo umuyobozi w’umuryango Women for Women International mu Rwanda, Bella Kabarungi na mugenzi we wa Congo, Christine Kalumba.
Mu bashyitsi bakuru bari babyitabiriye harimo Mayor wa Rubavu, Evariste Bizimana na Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Jules Paluku, bose bashimiye abari n’abategarugori bo mu bihugu byombi kuby’icyo gikorwa kigamije guharanira amahoro.
foto:The New Times
Kayonga J.