IGIHE.com > Politiki > Amakuru

Gereza : Umurenge mu wundi


Yanditswe kuya 12-01-2013 - Saa 09:53' na Rene Anthere Rwanyange

Abantu benshi bataragera muri Gereza, atari ugufungwa ariko, ntibamenya neza uko hateye, nyamara iyo uhageze usanga hari ubuyobozi bufite inzego z’ibanze zifite politiki n’amategeko nk’izindi zisanzwe.

IGIHE twashoboye kunyarukira muri Gereza nkuru ya Nyanza, isanzwe imenyerewe ku izina rya Mpanga. Dusura iyo Gereza twaganiriye n’Ubuyobozi bwayo ndetse n’abagororwa.

Gereza ya Nyanza (Mpanga), bayita “Umurenge wa Gereza ya Nyanza” ugizwe n’ubuso bwa Hegitari 7.7. Igice kinini cy’uwo murenge udasanzwe kizengurutswe n’uruzitiro rurerure, bituma abantu benshi bahatinya, ariko inyubako zose zijyanye n’imirimo ihakorerwa zibarizwa imbere.

Uko ubuyobozi bwubatse

Umurenge wa Gereza ya Nyanza ugizwe n’utugari tune, buri kagari karangwa n’inyubako kihariye. Hari Golf Wing na Romeo Wing harimo abagororwa (abagabo) basaga 6600, Delta Wing hacumbitse abanyamahanga 8 (Sierra Leone) na Juliet Wing icumbikiwemo abagore bagera kuri 445. Utwo tugari uko ari tune, tugabanyijemo imidugudu 20. Ubwo twasuraga uwo murenge ku wa 9 Mutarama 2013, twasanze hacumbikiwemo abafungwa n’abagororwa bagera ku 7100.

Akagari ka Golf Wing

Uko inzego zishyirwaho

Muri Gereza habamo Komisiyo y’amatora, igizwe n’abantu bagaragaje ubunyangamugayo bageze muri Gereza. Abo ngo nta byaha baba barongeye gukora, kandi bagaragaza imyitwarire n’imyifatire myiza.

Ubuyobozi bw’umudugudu n’ubw’akagari bushyirwaho binyuze mu nzira y’amatora mu bacumbitsemo. Hatorwa abagaragaza imico myiza kurusha abandi kuko no muri Gereza imyitwarire igira uruhare rukomeye cyane mu mibereho y’abafungwa n’abagororwa.

Ku rwego rw’umurenge wa Gereza, bafite Umunyamabanga Nshingwabikorwa ushyirwaho n’Ubuyobozi bwa Gereza. Ntakora wenyine kuko akorana na Njyanama bakaba bafite n’umunyamategeko.

Bisengimana Eugene, Umuyobozi wa Gereza ya Nyanza, yagize ati “Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gereza buba bugizwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa, Perezida wa Njyanama, Ushinzwe umutekano n’uhagarariye Community Policing. Abo bose bashyirwaho n’ubuyobozi bwa Gereza kandi bamara manda y’amezi atandatu gusa. Iyo bibaye ngombwa ko yongerwa, tubisaba ubuyobozi bukuru bw’amagereza.”

Imiyoborere

Tuganira n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gereza ya Nyanza, Niyibikora Dan (Umugororwa uhagarariye abandi), yadutangarije ko abafungwa n’abagororwa ari bo bihitiramo ababahagarariye mu nzego uko zikurikirana. Banitoramo abashinzwe umutekano.

Ku birebana n’amakosa ashobora gukorerwa muri Gereza, Umuyobozi wa Gereza ya Nyanza, Bisengimana Eugene, yadutangarije ko mu bagororwa ubwabo harimo inzego z’umutekano zigizwe n’amashinzwe umutekano na Community Policing, bakurikirana bagenzi babo isaha ku isaha. Ngo iyo hari abagize amakosa babanza kugirwa inama n’inzego bishyiriyeho, abananiranye bagashyirwa muri Kasho, ariko nta bushobozi abagororwa bayobora abandi bafite bwo gufunga umuntu birengeje amasaha 24. Yagize ati “Icyo gihe batuzanira Dosiye ye, tukayiha umunyamategeko wa Gereza, akayiga, agashobora kuba yamukatira kujya mu buroko mu rwego rwo gucunga umutekano we n’uw’abandi.”

Abambaye ingofero z'Umuhondo ni abashinzwe umutekano

Amakosa muri Gereza

Nk’uko twabisanze ku gishushanyo mbonera cy’uko ibyaha byagiye bigaragara mu murenge wa Gereza ya Nyanza, Urugomo, kurwana, gushoza imvururu ni byo byaha biza ku isonga kurusha ibindi.

Gereza ya Nyanza (Mpanga), yubatse mu murenge wa Mukingo kuri kilometero zigera ku 9 uvuye i Nyanza mu mujyi.

Mu biro by'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gereza ya Nyanza
IBITEKEREZO
genda Rwanda ur'umubyeyi koko !!!baratengamaye rwose muri gereza ntacyo babaye bararya bakayobora !!!!!!ntawakwifuza kuvamo rwose !!naho abavuga ngo baracucitse,nge ndabona baguwe neza !!!!!!bafite umudendezo kuko harimo decentralisation du pouvoir !!!!!
Musubize20.01.2013 saa 07:00
ganza
Umva, Abo bantu bose kubafunga nta shema ririmwo ryo kwiratana, kandi uwicisha inkota nawe azicwa nayo niko Ijambo ry’Imana rivuga. Mwese ndabifuriza amahoro no kutazayoborwa nuriya Murenge wa Gereza. Imana ibarinde gereza kandi ibahe umugisha.
Musubize15.01.2013 saa 08:51
muhire
Ukoze amakosa ngo arafungwa ? ubundi se ntaba afunze ?
Musubize15.01.2013 saa 06:04
matabaro
Ahaaa ni heza rwose, please shiraho amaphoto ya 1930, ahaaa ngaho turebe
Musubize14.01.2013 saa 04:50
Gahizi
mwansobanurira itandukanirizo riri hagati y'imfungwa n'abagororwa ?
Musubize14.01.2013 saa 04:28
Josiane
abantu bakwiye guhanishwa TIG kugirango bagire imirimo bakorera umuryango nyarwanda, nkuko itegeko rishya ribitegenya ahubwo hagashyirwaho gahunda ihamye yo kuyishyira mu bikorwa,
Musubize14.01.2013 saa 03:27
dove
Super we, izahabu n'ihazabu biratandukanye ariko kwibeshya bibaho.
Musubize14.01.2013 saa 01:47
Matsiko
jye ariko ntimumbwira niba baramuhaye imodoka nawe nk'abandi bana. ni izina gusa atahira ? w
Musubize13.01.2013 saa 21:53
ewew
Ikigaragara ni uko nta buhumekero buhari,nta bwinyagamburiro ni benshi cyane.Ariko se ayo mazina y'amahanga yo aje ate>Abio ba Romeo,Juliet,Golf n'abandi bagoiye kwitirirwa gereza zo mu Rwanda byagenze bite ? Mwasanze amazina y'Ikinyarwabnda asebye ?
Musubize13.01.2013 saa 15:50
Sonia
maze aha ni heza,haruta mu rugo
Musubize13.01.2013 saa 06:09
boris
Wagirango ni mu isoko !!! Ariko Mana.....
Musubize12.01.2013 saa 07:33
Manud
wapi kabisa biragaragarako aha hantu ntabuhumekero buhari ukurikije ukuntu amafoto abigaragaza abantu wagirango ninkumusatsi kumutwe hagize icyorezo kinjiramo bashira kabisa ,ibaze rero aho barara birababaje
Musubize12.01.2013 saa 06:12
nakaga
None se ko numva bafite akazi kabatwara umwanya w, ikiruhuko bari barimo, barahembwa ? Baramutse bahemba rwose twaba tugeze kure twubahiriza uburenganzira bwa muntu. Mbashimiye igisubizo muri bumpe.
Musubize12.01.2013 saa 04:08
mahoro
OK ! Uko biri kose Imana izandinde n`abanjye bose ubwo buyobozi bwo muri Gereza da !!! Gereza ni gereza n`ubwo hari abajya bavuga ko ngo "Urugo rubi rurutwa na gereza !"
Musubize12.01.2013 saa 04:07
Mugenzi
Kumbi niyo mpamvu bamwe bumva bakwigumiramuri gereza.bafashwe neza kurusha hanze.
Musubize12.01.2013 saa 03:53
sadi
aba bantu bangana gutya barenze capacity ya gereza, mubona gufata umuntu warwanye cg wateje imvururu mu kamufunga aho kumuha ikindi gihano ariko agakomeza agakorera igihugu aho kwicara muri iyo gereza mumugaburira mumurindira umutekano,aho abandi bicwa n'inzara kdi ntacyaha bakoze.kuri njye mwajya mufunga uwo mubona ari danger kuri society ni ukuvuga umuntu uri gukomeza gushaka gukora iby'urugomo udashaka kubireka.nonese ngo umuntu ararwanye rimwe ngo mumunyururu,umuntu aribye ngo mumunyururu,umuntu atanze ruswa ngo mumunyururu nonese icyo bita izahabu iberyeho iki ?leta izabona amafaranga ite idaca izahabu ihanitse abo bantu aho kubafunga kuko gufunga ntacyo bimaze ahubwo uba uhindula umntu umurakare.ngaho funga kdi wubake turebe aho bigera.
Musubize12.01.2013 saa 03:48
super

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!