Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu mu ibaruwa yo kuwa 14 Kanam 2012, aherutse kwandikira Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ba Guverineri b’intara n’Abayobozi b’uturere, yabasabye kutabangamira abaturage babima serivisi bakeneye, kubera ko hari izindi gahunda izo nzego ziba ziteganya, bataratunganya.
Muri iyo baruwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, atgaragaza ko hari ibibazo byinshi Minisiteri igezwaho n’abaturage birebana n’imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze, aho abaturage basabwa kwishyura amafaranga adafitanye isano na serivisi batse, urugero nko kubanza kwishyura amafaranga y’isuku, ay’umutekano, ay’ubwisungane mu kwivuza, ayo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze (Imyaka 9 na 12) cyangwa kugaragaza igipande cy’umuganda.
Minisitiri asaba abayobozi ko izo gahunda zitagomba kuba imbogamizi yo kudahabwa serivisi n’ubwo umuturage yaba ataruzuza imwe muri zo. Akaba yarabandikiye abibutsa ibi bikurikira :
Gutanga serivisi zinoze kandi zihuse ni inshingano y’inzego z’ibanze ;
Nta muyobozi ukwiye kwima, gufatira ibyangombwa cyangwa umutungo w’umuturage kubera ko atishyuye amafaranga y’igikorwa kidafitanye isano na serivisi umuturage akeneye ;
Umuturage yishyurira serivisi asaba yonyine kandi ku giciro giteganywa n’amategeko n’amabwiriza ;
Nk’uko byemejwe n’inama yo kuwa 13 Nyakanga 2012 yahuje abayobozi b’uturere, intara, Umujyi wa Kigali na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, guhera ku itariki ya 1 Ukwakira 2012, nta mafaranga azongera kwakirwa mu ntoki z’abakozi bo mu nzego z’ibanze. Amafaranga azajya yishyurwa ku kigo cy’imari cyegereye abaturage cyangwa aho serivisi zitangirwa. Inzego z’ibanze zikaba zisabwa gufunguza Konti zo kwishyuriraho amafaranga yose ya serivisi zihabwa abaturage.
Buri mukozi agomba kumenyekanisha neza ku biro bye serivisi atanga, ibisabwa byose n’igihe bimara kugira ngo iyo serivisi itangwe na telefoni z’umuyobozi umukuriye wagezwaho ikibazo igihe usaba serivisi atanyuzwe ;
Abayobozi kuri buri rwego ndetse na buri rwego rukuriye urundi, bagomba kugira uruhare mu mitangire ya serivisi no gukurikirana uburyo zitangwa mu nzego z’ibanze ;
Ubuyobozi bw’Akarere, ubw’Intara n’ubw’Umujyi wa Kigali, busabwe gushyiraho umurongo w’itumanaho utishyurwa no kuwumenyesha abaturage, kugira ngo bazajye babumenyesha ibibazo bahura na byo mu mitangire ya serivisi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu atangaza ko hashingiwe kuri izo ngingo, umukozi uzanyuranya n’ibyo yasabwe agasaba umuturage ibindi bidafitanye isano na serivisi akeneye kugira ngo ahabwe iyo serivisi, azajya abihanirwa by’intangarugero hakurikijwe amategeko abigenga.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umudipolomati w’Umunyarwandakazi yasabye Loni guhagurukira icuruzwa ry’abantu
17.05.2013 |
|
Kayumba Nyamwasa mu rukiko yisobanura bwa nyuma
17.05.2013 |
|
Muri Commonwealth, Perezida Kagame yashimangiye ko ubuyobozi bwiza ari ubuhindura imibereho y’abaturage
16.05.2013 |
|
FDLR irishyuza Leta ya Congo Kinshasa amadolari 150,000
16.05.2013 |
|
Andrew Mitchell ashima ubwisanzure bwa politiki n’itangazamakuru mu Rwanda
15.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |