IGIHE.com > Politiki > Amakuru

Perezida Kagame yasabye urubyiruko gukora cyane mu kuzamura Afurika


Yanditswe kuya 11-05-2012 - Saa 08:02'

Perezida Paul Kagame ejo hashize yahuye n’abayobozi bakiri bato 32 bibumbiye mu muryango Global shapers. Uyu muryango ugizwe by’umwihariko n’uruyiruko urufasha kugira ubumenyi bwo gutegura neza ejo hazaza.

Iyi nama yabaye ubwo habaga n’inama ihuje ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu ku isi (WEF) yabereye i Addis Ababa mur Ethiopia. Ubwo yahuraga n’uru rubyiruko Kagame yasabye aba bayobozi bakiri bato gukora cyane mu gushakira ibisubizo ibibazo byaba bigaragara muri Afurika.

Perezida Kagame yasabye aba bayobozi bakiri bato gushikama bagakora cyane kugira Afurika izamere neza mu gihe kiri imbere.

Yagize ati : “Uku guhura kw’abari mu muryango wa Global Shapers bava kuri uyu mugabane bimpa icyizere cy’icyerekezo uyu mugabane ufite kandi ntekereza ko byinshi bizakorwa bishingiye ku bushake bwanyu nk’abakiri bato mwumva ko mufite mu nshingano zanyu mu kuganisha Afurika mu nzira nyayo.”

Yongeyeho ati : “Kuba umuyobozi mwiza harimo inshingano zo gushakira umuti ikibazo gihari no kwerekana icyakorwa, hashyirwa hamwe imbaraga hamwe mu gufasha abantu kugendera ku murongo uhamye.”

Nk’uko bitangazwa na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, ku mugabane w’Afurika, abagera kuri 60% ni urubyiruko bari ku kigero cyo munsi y’imyaka 24 y’amavuko. Abari munsi y’imyaka 30 bagize kimwe cya kabiri cy’abaturage bose bo ku isi, kandi Afurika niyo iri ku isonga ku isi mu kugira umubare munini w’urubyiruko.

Foto : Urugwiro Village

IBITEKEREZO
EX turamushimira rwose uburyo urubyiruko atwitaho.
Musubize25.05.2012 saa 02:35
Reagan NTIHINYUZWA
ntacyo tutazageraho tugifite utureberera ,kereretse uzapfavuba naho ubundi turimunzira.
Musubize14.05.2012 saa 07:08
hategekimanaflamini
Twe ntawitwika ahubwo barisenya ! none se ko mbona impinja za 12 ans kuzamura muri za secondaires banywa ibitabi, vision y'abasazi bishwe n'itabi basambana nk'abatumwe yo ni bwoko ki ? ibiyobyabwenge birwanywe hamwe n'ababicuruza vision 20 tuzayitambukana mo umucyo !!
Musubize13.05.2012 saa 17:02
baby cool
Aya ma photos arashimishije hari abakobwa wagirango ntabwo bari biteguye kwi fotozanya na His.exelence.
Musubize11.05.2012 saa 04:33
elie
Abasore n'inkumi z'U Rwanda , our H.E is your example. Mwigirire confindence mushakira ibyiza urwababyaye kuko mufite ubwenge kandi mufite uburanga nk'ubwe nta mpamvu yo kwitinya.God bless our youngs.
Musubize11.05.2012 saa 03:06
Gemma
I am really proud of you my President !!!!untera ishema Pe !ejo bundi nari nicanye nabantu b'abanyamahanga(one ugandese onother Netherlands citizen)bavuga ngo we will never achieve 2020 vision !nabahaye ingero zifatika none umwe umuri bo aheruka kunyoherereza sms ambwira ngo you are so patriotic man !!umurage uduha niwo komeze utsinde !!!!!!!!!!
Musubize11.05.2012 saa 02:35
Pablo
go on our beloved president to build anew africa.
Musubize11.05.2012 saa 02:28
dugha c.
None se ko urubyiruko rusigaye rwitwika tubigire gute ?
Musubize11.05.2012 saa 01:53
mahoro
Urakoze President wacu kuba uha inama nziza urubyiruko mu kwiteza imbere mu mbaraga zabo. Ariko uyu munsi nababajwe no kumva umusore w'imyaka 18 yiyahura yitwitse na license kandi nyine ari muri iyo gahunda yo kwiteza imbere, hanyuma abo may be muba mwahaye izo gahunda bo mu buyobozi bakaba ahubwo bakora n'ibyo mwe mukangurira abanyarwanda ndetse n'urubyiruko byumwihariko. Sincerely they must a problem of leadership and accountability mu nzego zo hasi zitumva neza ibyo mubabwira. Murakoze
Musubize11.05.2012 saa 01:51
cubahiro

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!