Mu nyandiko yacu y’ubushize twarebeye hamwe uburyo Umuryango w’Abibumbye wagiye ugira uruhare rukomeye mu kurengera inyungu, iterambere ndetse n’amahoro y’abatuye isi. Mu nkuru yacu ya none turareberera hamwe impamvu abantu batari bake banenze kandi bagikomeza kunenga imikorere ya Loni. Ndetse bamwe bemeza ko Loni yaba gusa ari umuryango ukorera mu kwaha kw’ibihugu by’ibihangange ku isi.
Hari impamvu nyinshi abantu batandukanye bemeza ko Loni ikorera mu kwaha kw’ibihugu by’ibihangange aho kugira ngo ihe uburenganzira bungana ibihugu byose. Ubundi n’ubwo ibihugu byose bifite uburenganzira bungana, nk’uko Loni ibivuga, ntabwo mu gihe cyo gufata ibyemezo ibihugu byose biba bifite ububasha bungana hari ibihugu bitanu bifite uburenganzira bwo kwanga icyemezo cy’ibindi bihugu kabone niyo byose byaba byabyumvikanyeho. Kimwe muri ibyo bihugu iyo cyanze ikintu ntabwo gikorwa ; ibi bivuze ko iyo habaye amatora muri Loni kimwe muri ibi bihugu kikabyanga biba birangiye.
Ibyo bihugu ni u Bushinwa, u Bwongereza, u Bufaransa, u Burusiya ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ubu burenganzira buruta iby’ibindi bihugu ibi bihugu bitanu bifite bwitwa uburenganzira bwa veto (biva mu kilatini bivuga ndabyanze).
Si uburenganzira bwa veto gusa butuma abantu bashidikanya ku bubasha bw’Umuryango w’Abibumbye ahubwo abantu batari bake bagiye bagaragaza ko Loni yagaragaje imbaraga nke mu kwita ku mahoro ahantu hatandukanye ku isi nk’uko tubigaragaza mu ingero ziri kuri uru rutonde rukurikira :
Intambara yo muri Darfur
Iyi ntambara yo muri Darfur muri Sudani yatangiye mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa 2003 yerekanye ku buryo budasubirwaho imbaraga nke z’Umuryango w’Abibumbye mu kubungabunga amahoro ku isi. Iyi ntambara yatangiye ibihugu byose birebera yaje guhitana abantu bari hagati y’ibihumbi magana atatu ndetse n’ibihumbi magana ane, yanatumye kandi abasaga miliyoni ebyiri n’igice bava mu byabo. Iyi ntambara yaje kumara imyaka isaga irindwi nyamara umuryango w’abibumbye ushinzwe kubungabunga amahoro ku isi uhari.
Intambara yo muri Iraki
Mu kwezi kwa gatatu mu mwaka wa 2003, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zidahawe uburenganzira n’Umuryango w’Abibumbye zayoboye ibitero simusiga ku butegetsi bwa Saddam Hussein. Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zemezaga ko Irak ifite ibitwaro bya kirimbuzi, gusa kugeza na n’ubu ibyo bitwaro ntibyigeze bisangwa muri Irak kandi nyamara iyo ntambara na n’ubu iracyatwara ubuzima bw’abantu batabarika buri mwaka. Ese niba Umuryango w’Abibumbye ushinzwe gusigasira amahoro ku isi kandi ukaba ugomba kubahwa n’ibihugu byose ni gute igihugu kimwe cyafata umwanzuro wo gutera ikindi maze kikabikora Umuryango w’Abibumbye urebera ? Benshi iyo basubiza icyo kibazo bemeza ko Umuryango w’Abibumbye udafite ububasha nk’ubwo wagakwiye kugira.
Intwaro za Kirimbuzi ku isi
Ku itariki ya 7 z’ukwakira 1963, Perezida Kennedy wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasinye amasezerano yo guca intwaro za kirimbuzi ku isi. Kuva icyo gihe ibihugu byose bifite intwaro za kirimbuzi byagombaga kugabanya intwaro bifite, ibihugu byari bifite umugambi wo kuzicura bigahagarika uwo mushinga ndetse ibihugu bidafite izo ntwaro byagombaga kwibagirwa kuba byazikora. Nyamara kuva icyo gihe bimwe mu bihugu byashyize umukono kuri ayo masezerano ntibyigeze bishyira mu bikorwa umugambi wo kugabanya ibitwaro bya kirimbuzi.
Urugero nk’igihugu cya Koreya y’Amajyaruguru gikomeje gukora ibitwaro bya kirimbuzi kandi kikabikora bose babireba, nta banga ririmo ko barimo gukora ibitwaro bya kirimbuzi. Si ibyo gusa kandi na Leta ya Irani nayo inshinjwa kuba ifite imigambi yo gucura ibitwaro bya kirimbuzi. Umuntu ntabwo yakwibagirwa kuvuga ko abakurikiranira hafi ibya politike bemeza ko ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’u Burusiya, u Bufaransa ndetse n’ibindi by’ibihangange bikekwaho kuba bigicura ibi bitwaro kabone n’umubare mwinshi wabyo byari bisanganwe. Ikizwi ni uko habayeho akantu gato gatuma ibihugu by’ibihangange birwana, nta kindi byakangishanya uretse ibi bitwaro.
Ese izi ntwaro za kirimbuzi ibi bihugu bikomeje gukomeraho aho ntibizakora ishyano ku isi mu myaka iri imbere ? Ese Umuryango w’Abibumbye ushinzwe amahoro ku isi iyo ubona izi mpungenge z’amahoro mu myaka iri imbere ukora iki ?
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Kugeza na n’ubu isi iracyafite ipfumwe rya Jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka w’1994. Ubwo twasuraga Umuryango w’Abibumbye mu minsi yashize uwo bari baduhaye wo kudusobanurira ku mikorere y’Umuryango w’Abibumbye (umuguide) yagarutse ku byabaye mu Rwanda muri 1994. Igihe yasobanuraga ku byo Umuryango w’Abibumbye utabashije gukora yagize ati : “Umuryango w’Abibumbye wagakwiye kuba warakoze uko ushoboye ugahagarika Jenoside yabaye mu Rwanda.” Ariko se mu by’ukuri ni gute mu Rwanda hamaze amezi atatu hari kubera Jenoside, Umuryango w’Abibumbye uhari kandi ufite ububasha maze ntutere intambwe mu kuyihagarika ? Jenoside yabaye mu Rwanda yabaye kimwe mu byerekanye imbaraga nke z’Umuryango w’Abibumbye”.
Uko bimeze kose n’ubwo ntawakwirengagiza ahantu hamwe na hamwe Umuryango w’Abibumbye wagiye ugira uruhare rukomeye mu kubungabunga amahoro ku isi, nta n’uwakwirengagiza ububasha buke uyu muryango wagiye ukomeza kugira imbere y’ibihugu by’ibihangange.
Ikindi kandi nta n’uwakwirengagiza ubusumbane mu bubasha bwo gufata ibyemezo bituma ibihugu bimwe na bimwe biba mu muryango w’abibumbye nyamara nta jambo bifite ringana n’iry’ibihugu by’ibihangange ku isi.
Kanda hano inkuru yerekeranye n’iyi : http://igihe.com/spip.php?article14963
Kureba videwo dusura Loni kanda hano : http://www.youtube.com/watch?v=TQ_zPR8T5iI
iragejl@igihe.rw
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ikiganiro cyihariye IGIHE yagiranye na Ambasaderi Jendayi Frazer ku kibazo cya Congo
16.05.2013 |
|
Ibiganza bijojoba amaraso inyuma y’intambara ya Congo
15.05.2013 |
|
Impamvu bamwe bahakana jenoside
11.04.2013 |
|
Inteko Ishinga Amategeko yamaganye abikoma u Rwanda
7.03.2013 |
|
Abakuru b’ibihugu byo mu Karere bongeye guhurira i Kampala ku kibazo cya Congo
7.09.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |