Uhagarariye ibikorwa by’ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), Madamu Rica Rwigamba atangaza ko bifuza kongera umubare w’Abanyarwanda bitabira ubukerarugendo. Hari kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nzeli ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo.
Rica Rwigamba yashimangiye ko ubukerarugendo buhagaze neza muri uyu mwaka. Yagize ati : "Urebye amafaranga twinjije umwaka ushize mu cyiciro cy’amezi atandatu, uyu mwaka twarengejeho 28% y’ayo mu cyiciro cya mbere cy’uyu mwaka".
Avuga ku cyazamuye ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe, Rica Rwigamba yabwiye IGIHE.com ko byatewe n’uko hubatswe amahoteli abiri akomeye muri iyi pariki ku buryo byorohereza ba mukerarugendo bayisura ; yongeraho ko ikibazo cyari uburyo bwa serivise zitangwa ariko ngo byagiye bivugururwa, asaba kandi Abanyarwanda gusura amapariki atandukanye kuko ngo ibiciro bidakanganye.
Ubwo twari kumwe n’Abanyarwanda bagera kuri 25 baturutse hirya no hino mu gihugu baje gusura Pariki ya Nyungwe badutangarije ko bishimiye gusura iyi Pariki ndetse ngo bazarushaho no kubikangurira abandi.
Bagize bati : "Burya kudasura Nyungwe ni ukunyagwa zigahera, kutamenye ibyiza bitatse igihugu cyawe ni nko kubaho utazi umutungo wawe uko ungana."
Aba baturage bakomeza bavuga ko batari bazi ko ibiciro byo gusura Pariki bihendutse nk’uko babisobanuriwe na Rugerinyange Louis uhagarariye iyi Pariki .
Mu bisobanuro bye, Rugerinyange Louis avuga ko kugeza ubu gusura Pariki ya Nyungwe bigenda neza kuko bigaragara ko imibare yazamutse ugeranyije n’umwaka ushize ; aha asobanura ko umubare w’ababasuye uyu mwaka ari 6428 mu gihe umwaka ushize wageraga ku 6128 [habura amezi atatu ngo umwaka urangire].
Turebera hamwe bimwe mu byiza bitatse Nyungwe
Ucyinjira muri Pariki ahitwa ku Uwinka usanganirwa n’amagambo agira ati : "Murakaza neza muri Nyungwe turizera ko muri bwishimire gusura Pariki y’Igihugu ya Nyungwe."
Iri shyamba rihehereye mu karere k’imisozi miremire rimaze imyaka ibihumbi n’ibihumbagiza rifite ubuso bungana na kilometero kare 1109, rikaba ari ishyamba rigwamo imvura iri ku igipimo cya miri metero ibihumbi bibiri buri mwaka ibi rero abahanga muri meteologie (soma metewoloji) bemeza ko ari byiza.
Wari uziko inzuzi ngari zo muri Afurika zikomoka muri Nyungwe ?
Wari uzi se ko Nyungwe ibonekamo urusobe rw’ibimera n’inyamanswa ?
Wari uzi ko Nyungwe mu gace kayo kiswe "rift valley"ariho hagaragara inyoni nyinshi gakondo n’inyamaswa z’inyambere n’imitubu kuruta utundi turere twa Afurika ?
Wari uziko iki kiraro cyo mubushorishori bw’ishyamba rya Nyungwe (Canopy Walkway ) kiri muri metero mirongo irindwi mu kirere ari cya gatatu muri Afrika mu biraro bigezweho ?
Kuri uyu munsi w’Ubukerarugendo Ban ki-moon, Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yavuze ko ubukerarugendo bugira uruhare runini mu kuzamura imyumvire mpuzamahanga no kubahana.
Agira ati :“Ubukerarugendo buhuza abantu basuye n’abasuwe bukazamura ibiganiro hagati yabo buri umwe akagira icyo yigira kuri mugenzi we bikaba byanafasha no mu kubaka amahoro arambye mu isi muri rusange”.

| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ahantu 10 hasurwa kurusha ahandi mu Rwanda
14.05.2013 |
|
Uburengerazuba : Ubwiza bw’Ikivu butuma ba mukerugendo bazenguruka intara yose
4.05.2013 |
|
Burera : Abaturage bafitanye igihango n’ishyamba ry’urugano
3.05.2013 |
|
Nyungwe : Dore ibanga ry’ubwiza nyaburanga byihishe ku Uwinka
25.04.2013 |
|
Ubuvumo bwa Musanze burashimwa ariko hakenewe utunozasuku
20.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |