Gicumbi : Ahantu nyaburanga ku mateka y’abami hashobora gusibangana burundu ntihatibwaho


Yanditswe kuya 15-09-2012 - Saa 02:19' na Deus Ntakirutimana

Mu mateka y’u Rwanda abami bagiraga aho bashyingurwa ; hamwe muri ho ni mu murenge wa Rutare, akagari ka Kigabiro mu mudugudu wa Nyakavunga hari imva ya Rwabugiri n’umugore we Kanjogera waje kuba umugabekazi ku Ngoma ya Yuhi IV Musinga nyamara usanga ntacyakozwe ngo aho hantu hagirwe ahantu nyaburanga.

Uretse abo twavuze bivugwa ko muri aka gace hashyinguye n’umubare munini w’abami n’abagabekazi b’u Rwanda nubwo nta bimenyetsos waheraho ubyemeza uretse ibigabiro bikigaragara muri ako gace.

Mu gushaka kumenya byinshi ku mateka y’aka gace IGIHE yaganiriye na bamwe mu bahatuye banemeza ko hari irimbi ryashyingurwagamo abami n’Abagabekazi babo mu Rwanda rw’icyo gihe.

Imva imwe igaragara yubatse neza ni iy’Umwami Kigeli IV Rwabugili nkuko twabibwiwe na Mukantaganda Mariya umwe mu batuye muri aka gace.

Mukantaganda avuga ko aho uyu mwami n’umwamikazi bashyinguye hari mu isambu ya se wa sebukwe waje kwimurwa.

Nyuma ngo yo kubona ukuntu aho hantu harengewe ngo ubuyobozi bwasabye uwo mukecuru Mukantaganda gukorera isuku ahashyinguye umugabekazi kanjogera ngo yarahasukuye anahatera indabo n’imihati ngo hatazibagirana ariko kuko yabwiwe ko abazajya baza kuhasura bazajya bamuha amafaranga ngo nyuma bazaga kuhasura ntibagire icyo bamuha acika intege zo kuhasukura, ubu uharebye ubona hararengewe n’ibyatsi.

Nyamara ngo bavugaga ko bazaza kuhubaka ariko ngo ubu ntibirakorwa.

Haruguru yaho hari imva yubatse ku buryo bwa gihanga . Iyo ngo ni iya Kigeli IV Rwabugiri.

Nk’uko twabibwiwe n’umusaza Barinda Froduard utuye muri aka gace ngo iyi mva yubakiwe mu myaka ya za 1970, we muri icyo gihe yari afite imyaka igera muri 20 ngo byakozwe ku itegeko rivuye ibukuru bikorwa bamaze gucukura babonye umugogo we nkuko yavuze ko yari ahibereye.

Barinda kandi yemeza ko muri ako gace hashyinguyen’abandi bami benshi bategetse u Rwanda nyamara ngo abo yibuka barimo Mutara II Rwogera, watabarijwe i Rambura n’umugabekazi Nyiratamba watabarijwe hafi y’ibiro by’umurenge wa Rutare.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rutare iri rimbi riherereyemo Kalyango Elisée avuga ko nyuma yuko bisabwe uyu murenge n’abayobozi batandukanye ko aha hantu nyaburanga hibutswe ku buryo kubakwa kwaho byahizwe mu mihigo y’akarere ka Gicumbi mu mwaka wa 2012-2013.

Kalyango avuga ko aha hantu hazwi ku buryo kenshi usanga amashuri makuru na za kaminuza mu rwanda biza kuhasura yemwe ko n’abanyamahanga nabo bahagana.

Bahereye kuri ibi rero niyo mpamvu hazatunganywa kugira ngo aya mateka yaho abatarayabonye bajye baza kuyirebera aho yabereye.

Uyu muyobozi kandi ngo abona ibikorwa bizahakorerwa bizagirira akamaro igihugu cyose ariko cyane cyane abaturage bahaturiye.

Amateka y’u Rwanda yemeza ko RWABUGIRI ari umwe mu bami bakomeye baguye u Rwanda ku ngoma Nyiginya bitewe n’ubutwari yagiraga ku rugamba ari naho akomora izina « INKOTANYI CYANE ».

Imihango yo gushyingura abami mu Rwanda yari iy’Abatsobe b’Abanyamugogo.

nibo bari bashinzwe imihango yo gutabariza (gushyingura) abami mu bigabiro by’i Rutare.Iyo ugeze aho iryo rimbi riherereye,nta kigaragaza ko ari irimbi koko ! kuko usanga hatuye abaturage benshi kandi bahahinga nta kibazo bafite.kugeza ubu abami bahashyinguwe ni aba bakurikira, ahantu nyaburanga hakenewe gutunganywa ni henshi Minisiteri ifite umuco mu nshingano zayo n’ikigo RDB ni bimwe mu bifite inshingano zo kumenya aha hantu no kuhamenyekanisha nyamara hanitabwaho mu kubakwa.

IBITEKEREZO
aha hantu ni hitabweho nyabuna @MINISPO @RDB nyabuna mubishyiremo umwete ushoboka. Ese ubwo muziko mu miziro dufite mu muco wacu no kutita ku mva z'abakurambere bacu basanzwe bigira ingaruka zikomeye kubo umuryango basigaye nkanswe kutita ku mva z'abakuru bakomeye batyo nk'abami bacu bishobora guteza igihugu umuvumo ukomeye..? ntibikabeho biragatsindwa abakuru bacu nibadufashe rwose, ese mugirango...
Musubize8.01.2013 saa 08:21
NZAYISENGA M.
Igihe umusanzu wanyu murawutanze kdi Imana ibahe umugisha ibindi baca umugani ngo : abwirwa benshi akunva beneyo gusa kubwanjye Minisiteri nigire icyo ikora njye birambabaje cyane, bibayengombwa batubwira tugatanga umusanzu ariko izonva zikubakwa nkuko izabandi banyacyubahiro zubatse, twibukiranyeko bariya aribo gicumbi cyu muco nyarwanda, ntekerezako iyi Minisiteri ikwiye kugira icyo ikora, kuko sihariyaguisa niba bibananiye nibabihe abikorera kugiti cyabo, cyangwa uturere tubibyaze umusaruro, bibuke igikorwa kiri iburundi cyo gushaka umugogo wumwami amamiliyoni kirimo gutwara, twe tuzi aho bashyinguye nitubahe agaciro kuko bitangiye igihugu, kdi imiryango yabo yunve itije. Bami mwatuyoboye mbifurije iruhuko ridashira
Musubize6.12.2012 saa 03:36
GISA
Murakoze kwibutsa abafite umuco munshingano zabo ko bagira icyo bakora kugira ngo ahari imisezero (imva) y'abami bayoboye iki gihugu hatunganywe, habe ahantu nyaburanga, hakurura ba mukerarugendo. Byafasha cyane mu guhindura isura mbi ubuyobozi bubi bwagiye bwomeka ku bwami. Mu yandi mahanga imisezero y'abami baho irubahwa cyane, ikaba n'isoko y'umutungo ku gihugu. Ndagira ngo ariko nkosore ibyo uriya musaza yabwiye umunyamakuru w'igihe.com. Uriya musezero wa Rwabugiri ntiwubakiwe muri 1970, ahubwo ni muri 1998, ndetse waje gushyirwaho indabo na Nyakubahwa Visi-Perezida wa Repubulika. Ibi ndabivuga kuko ari jye wawubakiye nkiri Burugumesitiri wa Komini Rutare. Erega mbere ya 1994 ntibyashobokaga kubakira umusezero w'umwami. BIZIMANA Jean Baptiste
Musubize18.11.2012 saa 08:32
Bizimana Jean Baptiste
iyi nkuru kabisa niyo igihe muri ikinyamateka cyiza rwose ibi biragaragaza ubuhanga mwifitemo uwabegurira ibijyanye n'umuco uziko wari ugiye kwibagirana ubundi se minsiteri na rdb yabateye inkunga ihereye kuri aba ba deus maze mukayimenyera aho hantu hose ko ubona byayinaniye ariko biragaragaza ko mu rwanda abanyamakuru byibura bakora ntibahembwa ay'ubusa mwazaje iwacu tukababwira amateka ya rukara naho yiciwe se ko hasibamye.
Musubize15.09.2012 saa 03:02
habimana

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!