Ikigo cy’Igihugu gifite amazu ndangamurage mu nshingano(Institute of National Museums of Rwanda) kirifuza kugura iyahoze ari ingoro y’Umwamikazi Rosalia Gicanda iherereye mu Karere ka Huye ku muhanda mugari werekeza mu Mujyi, hafi y’ahakorera ibiro by’aka karere.
Nk’ uko byatangajwe na Umuliisa Alphonse, Umuyobozi Mukuru w’iki kigo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nyakanga, ngo bakimara kumenya ko iyi nzu igurishwa bifuje kuyigura ngo hato itazagurwa n’umuntu utifuza guteza imbere amateka cyangwa se umunyamahanga wayitesha agaciro ifite mu mateka y’u Rwanda.
Mulisa yagize ati : “Ntitwifuza ko iyi nzu yagurwa n’umuntu utifuza gusakaza amateka y’u Rwanda, ishobora kugurwa n’umuntu uri aho w’umucuruzi akayisambaguza akayikoreramo ibyo yishakiye. Naho se iramutse iguzwe n’Umwarabu ? Murumva amateka yayo atasibangana” ?
Umuliisa yakomeje avuga ko nibamara kugura iyi nzu kuri ubu ifite agaciro ka miliyoni 30 z’amanyarwanda, bazayongera ku mazu ndangamurage 8 u Rwanda rusanzwe rufite harimo n’iyahoze ari iya Perezida Habyarimana Juvenal.
Muri byinshi bizakorerwa muri iyi ngoro harimo ibyumba bizakodeshwa n’abashyitsi babyifuza ngo nabo babashe kuruhukira ahantu hatuwe n’Umwamikazi. Mulisa yabisobanuye agira ati : “Urugero nabaha n’urwo mu gihugu cy’u Bwongereza. Iyo bigeze mu kwezi kwa 7 kugeza mu kwa 10, umwamikazi ava iwe akimuka maze abaturage bakaza kuhasura, bakaharuhukira, bakamenya uko umwamikazi abayeho”.
Ku kibazo cy’uko iyi nzu yubatse mu Mujyi kandi uri gutera imbere mu buryo bwihuse, hatangajwe ko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ Akarere iyi nzu izavugururwa ariko bigakorwa ku buryo idatakaza umwimerere (originality) wayo.
Bwana Thomas wahoze ayobora inzu ndangamurage mbere ya jenoside yakorewe abatutsi na nyuma yayo kugeza muri 1996 yasobanuye iyi ngingo agira ati : “Iterambere ntirikwiye kudutesha agaciro, n’ubwo iyi nzu yubatse ahantu hari gutumbagira mu miturirwa, ndumva ubuyobozi butakwanga ko igumana isura yahoranye ngo amateka adasibangana”.
Umwamikazi Rosalia Gicanda wari warashakanye na Mutara III Rudahigwa, yaje gutura I Huye mu cyahoze ari Astrida/Butare muri 1962 nyuma y’irangira ry’ ubwami mu Rwanda ; aho yari amaze gucibwa I Nyanza. Yaje kwicwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi afite imyaka 80 y’amavuko.
Kuri uyu munsi kandi ni bwo ubuyobozi bw’inzu ndangamurage z’u Rwanda, bwashyikirijwe urwandiko rw’inzira(Passport) rw’ Umwami Rudahigwa ndetse n’ urw’ Umwamikazi Gicanda zatanzwe na Charles Rubamburamanzi, musaza wa Gicanda ; Izi nzandiko ntizigaragaramo ururimi rw’Ikinyarwanda n’ubwo zari iz’Abanyarwanda.
Hatanzwe kandi ifoto y’Umwami Rudahigwa, ubwo yatahaga uruganda rwa Bralirwa muri 1959.
Herekanwe ndetse amabaruwa atandukanye yanditse n’intoki arimo iyo Yuhi Musinga yandikiye Joseph Dardenne, iyo Aloys Bigirumwami yandikiye Gicanda n’izindi.
Aha niho Umuliisa Alphonse yahereye asaba abaturage baba bafite ibindi birangamateka(yaba abifuza kubigurisha cyangwa kubitangira ubuntu nk’uko ibya none byatangiwe ubuntu) ko babizana I Huye ku nzu ndangamurage bakabishyikiriza abakozi babishinzwe.
Umubare w’abasuye inzu ndangamurage mu mwaka wa 2010 wari 72,214 ; naho muri uyu mwaka wa 2011, kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena, bari bamaze kugera kuri 49,000. Buri munsi abasura inzu ndangamurage basaga 280.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ahantu 10 hasurwa kurusha ahandi mu Rwanda
14.05.2013 |
|
Uburengerazuba : Ubwiza bw’Ikivu butuma ba mukerugendo bazenguruka intara yose
4.05.2013 |
|
Burera : Abaturage bafitanye igihango n’ishyamba ry’urugano
3.05.2013 |
|
Nyungwe : Dore ibanga ry’ubwiza nyaburanga byihishe ku Uwinka
25.04.2013 |
|
Ubuvumo bwa Musanze burashimwa ariko hakenewe utunozasuku
20.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |