Iyo uvuye mu mujyi wa Kibungo ugakomeza umuhanda ujya i Bare, ugana mu Karere ka Kirehe ugera ahantu hateye neza kuko iyo ugeze ku musozi umwe mu ikikije igishanga cya Rwagitugusa imbere yawe ubona ibyiza bitatse aha hantu.
Ukigera kuri uyu musozi ubona imbere yawe igice kinini cy’iki gishanga gishashe kuri hegitari amagana. Ubona imisozi myinshi imbere yawe igikikije, biryoheye kureba. Iburyo bwawe uhabona umugezi wa Nyabugongwe, wiroha mu Kagera.
Muri iki gihe cy’imvura iki gishanga kinini cyane gitandukanya igice cy’Akarere ka Ngoma na Kirehe, gisendereye amazi.
Ngo hageragejwe gutunganywa iki gishanga ku girango gihingwe mo imyaka itandukaye nk’umuceri ari ko byarananiranye. Iki gishanga gifitanye isano n’ikindi gishanga byadikanye kitwa Cyunuzi, ubu cyo gihingwamo umuceri mwinshi.
Kuba rero kidahingwa bigiha n’ubwisanzure mu ku bika ubundi bukungu bwihishemo nk’inyamanswa, ibimera binyuranye n’ibindi bigize urusobe rw’ibinyabuzima.
Kuba iki gishanga kiri ahantu hasa nk’ahihishe nti bivanaho ko uwahagera ananiwe akiyicarira kuri imwe mu misozi igikikije ahanze amaso iki kibaya,
yahabona umutuzo n’amahumbezi akaharuhukira.
Hari byinshi rero iki gishanga n’imisozi igikikije byakungura mu bukerarugendo.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Ahantu 10 hasurwa kurusha ahandi mu Rwanda
14.05.2013 |
|
Uburengerazuba : Ubwiza bw’Ikivu butuma ba mukerugendo bazenguruka intara yose
4.05.2013 |
|
Burera : Abaturage bafitanye igihango n’ishyamba ry’urugano
3.05.2013 |
|
Nyungwe : Dore ibanga ry’ubwiza nyaburanga byihishe ku Uwinka
25.04.2013 |
|
Ubuvumo bwa Musanze burashimwa ariko hakenewe utunozasuku
20.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |