Ifaranga ry’u Rwanda tugiye kurizirika kugira ngo ridata agaciro – Musoni Protais


Yanditswe kuya 10-05-2012 - Saa 09:34'

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru gikurikira inama y’abaminisitiri ; kivuga kuri gahunda zitandukanye za Guverinoma harimo no kugaragaza uko ubukungu bw’igihugu buhagaze, Ministiri Musoni Protais, yavuze ko u Rwanda rugiye gucunga neza ifaranga ryarwo, kugirango ritazata agaciro.

Minisitiri ushinzwe inama y’Abaminisitiri yagize ati : “Ifaranga ry’u Rwunda tugiye kurizirika ku buryo ritazongera kujegajega.”

Imibare igaragaza ko kuva mu mwaka ushize wa 2011, ifaranga ry’u Rwanda rimaze guta agaciro ku kigereranyo 8,2%, cyakora rikaba rihagaze neza cyane ugereranyije n’ibindi bihugu byo muri aka karere k’ibiyaga bigarii. Igihugu cy’u Burundi akaba aricyo gifite ifaranga ryatakaje agaciro kurusha ibindi aho ryagataye ku kigereranyo cya 24,5%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Ambasaderi Gatete Claver
mu kiganiro mbwirwaruhame aherutse kugira cyari kigamije kugaragaza ishusho y’uko ubukungu bwifashe mu Rwanda, yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwaziyongera ku kigereranyo cya 7.6% mu mwaka w’ingengo y’mari ya 2012. Ibi bije bikurikira ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 8,8% mu mwaka wa 2011.

Akomeza avuga ko ibizibandwaho kugira ngo ibi bishoboke ari ugukomeza agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ugereranyije n’idolari ry’Amerika n’ubwo bikigoranye kubera ibisigisigi by’ihungabana ry’ubukungu ku isi.

Umuyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko mu mwaka wa 2011 inganda zagize uruhare runini mu kuzamura ubukungu bw’igihugu ku kigereranyo cya 15%. naho ibijyanye n’itangwa rya serivisi ryagize uruhare rungana na 7,2% naho gutwara abantu n’ibintu ndetse n’itumanaho bigira uruhare rungana na 5,6%.

IBITEKEREZO
Wamugabo Protais uli umu jeune , uzi ubwenge , kandi wavamo umukozi wa ukweli uramutse ukoze ibyo wemera kandi wize nk'uko wabyize
Musubize22.06.2012 saa 13:49
yes
Noneho nakunva bauga ukuri. Ibiciro ntibijya bizamuka nkuko bivugwa ahubwo ifaranga riba ryataye agaciro. Ese baduha analyse yukuntu ifaranga ryaba a yaragiye rita agaciro byibuze mumyaka makumyabiri ishize. nibyagiye bibitera nuko ingamba zagiye zifatwa ngo ifaranga rigumane agaciro karyo ? Ibyo byadufasha kunva neza niba ingamba zifatwa ari ukuri cg aribyabindi byokuvuneza ariko ibikorwa wapi. Ikindi abantu nkekako bibeshyaho ntabwo ifaranga rita agaciro kuko ibintu babizamuye ahubwo ntekerezako akeshi bituruka ko twifuza byishi kandi dutumiza mumahanga. Ibi rero kuko ntabyotwe twoherezayo usanga ifaramga ryacu rihagwa ibiciro bikajya hejuru, ikindi kitajya kishimisha niyo abayobozi bacu iyo batanga ingero bibanda ngo kubihugu duturanye.. , nonese umuntu yakwishimirako ari mubitaro kuko ariri mubyindembe ? ndunva nakwishimira kwigereranya numuzima aho kwigereranya nurwaye. Ikindi ngo ubukungu bwiyongereyeho 8% mubyukuri kuringe ntakiba kiyongereyeho, kuko ufite 100 waba wiyongereyeho 8 ukagira 108, ubundi twakwiyongereyeho hejuru 200%to 2500% nkurikije uko ingingo yimari yacu imeze bitaba ibyo zandoto za singapore cg south korea tukazivamo.
Musubize10.05.2012 saa 23:39
######
Ejo bundi gouverneur wa banque yavuze ko bazamuye inyungu ku nguzanyo kugirango barwanye inflation. Sinzi niba iki cyemezo baragifashe bamaze kureba ingaruka zacyo. Inyungu nizizamuka nta bantu bazasaba inguzanyo, bityo nta investment izabaho. Ibyo bizagira ingaruka ku bukungu (nta growth izabaho), no ku baturage. Chomage iziyongera, produits kw'isoko zizaba nke bityo zihende cyane, abafashe inguzanyo ibyabo bizatezwa cyamunara kuko batazashobora kuyishyura bityo ubukene bw'abakene bwiyongere ariko ubukire bw'abakire bwiyongera. Rwose leta yacu turabasabye mujye mufata ibyemezo mubanje kureba ingaruka bizagira ku banyarwanda b'ingeri zose mutitaye gusa ku nyungu bizaha abantu bake.
Musubize10.05.2012 saa 16:05
Jeannette
Musoni ese ahindutse guverineri wa banki nkuru y'u Rwanda ate ? Harya si uyu muminisitiri wari uherutse gushotora abanyarwanda agira ati amazina ya za diyosezi gatulika agomba guhinduka ?
Musubize10.05.2012 saa 13:10
manzi
@Julie.. ariko nanze uvuga ujya ni i Bugande cg Congo ahari ! wasanze ifaranga ry' u Rwanda riruta irya USA or EU ? ariko mwagiye mureka gukuririza ?? Wasetsa nuvuye guta nyina kabisa !
Musubize10.05.2012 saa 12:21
john
Njye ntabwo numva rero ingamba muzafata. Ko mutatubwiye uburyo mutanya kubikoramo ngo dutange ibitekerezo ? Kubwanjye numva guha ifaranga agaciro ari ukwirinda kuzamura ibiciro by'ibigurwa ibyo aribyo byose uko abantu bishakiye, kuko uyafite bituma abura icyo ayakoza kubera ibiciro birebire bikamusaba gushaka amenshi kurushaho akabihomberamo. ninaho muzasanga abakozi bakunda kuvuga ko bahembwa urusenda kuko ntacyo rubamarira ku soko hanze aha. Bityo ugasanga haragaragara guhora babogoza, bakora akazi nabi, banasaba kongezwa. None se kuki usanga mu karere dutuyemo aritwe dutaka ibiciro birebire kandi abenshi bigera iwabo binyuze mu Rwanda ? Nihagabanywe imisoro Leta yaka abaturage kandi yirinde gukanira cyane abakora business ari rubanda rugufi abantu bakore ibirindaniye n'urwego barimo buri wese naho yibona, twoye gukopera 100% ibihugu byakize kera ibintu bizacamo. icyo nicyo gikerezo cyanjye.
Musubize10.05.2012 saa 08:37
Nambaje
@Bisengimana, burya iyo umuganga agabanije serumu nuko Umurwayi aba yakize. @Negro, uvuze ukuri, iryo manuka nizamuka bivuze iki ku muturage ?? ko ibitunguru bigeze kuri 1200 Frw i Kilo ?? Bajye badusobanurira neza.
Musubize10.05.2012 saa 05:40
@Bisengimana
Hari ikintu gikunze gutuma ifaranga ry'igihugu rita agaciro (ibyo bita inflation). Icyo kintu ni RUSWA. Muri make iyo hari ruswa mu gihugu efforts zo kongera ubukungu zipfa ubusa, kuko bimeze nko kuvomera mu gitobotse. Inyungu igihugu kibona ivuye mu murimo y'abana bacyo yitwariirwa na bamwe (abarya ruswa) hanyuma isanduku ya leta igasigaramo ubusa. Iyo isanduku ya leta yatobowe na ruswa nibwo ifaranga rita agaciro. Ikibabaje ni uko ba bandi baba bigwijeho umutungo mu nzira zifuditse bakunze kuwusesaguza bigurira amamodoka meza, mbese bohereza wa mutungo mu mahanga. Japan ikize igakira kurushaho, Rwanda rukishakisha rukarushaho kunanirwa.
Musubize10.05.2012 saa 05:18
FS
our economic growth is increasing at deceasing rate (from 8.8% in 2011 to 7.6% in 2012) so, ababishinzwe bashyiremo ingufu maze igihugu gitere imbere
Musubize10.05.2012 saa 05:15
tresor
Murizirika muzamura essance n'imisororo Courage Musoni
Musubize10.05.2012 saa 05:13
eric
Ririya janisha risobanura iki ku muturage waguraga ibirayi amafranga ijana ku kilo mu myaka ibiri ishize, none kikaba kigeze kuri magana abiri cyangwa akanarenga ?
Musubize10.05.2012 saa 04:41
Negro
Biragoye ariko birashoboka mu gihe duhaye agaciro ibyo dukora iwacu. Ikindi wenda mbona cyashoboka ni ukwirinda kuzamura ibiciro kwa hato na hato nubwo byose mbona biri dependent on the price of petrol kigenda kizamuka buri gihe.
Musubize10.05.2012 saa 04:33
######
Vraiment iyo tugiye hanze niho tumenya agaciro igihugu cyacu gifite. Ifaranga ryacu rihagaze neza n'ubwo nyine iriya 8, yamanutse. Courrage ababishinzwe mukomeze muturebere. Kandi Imana izabibafashemo. Ariko dukosore gato kutajegajega si byiza ahubwo rijegajege ryegera hejuru bya hatari.
Musubize10.05.2012 saa 04:10
Julie
bakozi ba leta, birabe ibyuya ntibibe amaraso. ngo bagiye kugabanya ya serumu.
Musubize10.05.2012 saa 03:10
bisengimana ildephonse

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!