Abanyarwanda ni bo bafite imigabane myinshi muri Banki y’abaturage


Yanditswe kuya 13-10-2012 - Saa 05:17' na Emile Nsabimana

Ubuyobozi bwa Banki y’Abaturage y’u Rwanda buravuguruza amakuru yari yatangajwe ku bantu bayifitemo imigabane, ko abashoramari bo muri Kompanyi ya RABOBANK bafite 65% na ho Abanyarwanda bari barafungujemo konti kugeza mu mwaka wa 2008 bakagira 35% by’imigabane yose ya Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR).

Paul Van Apeldoorn, Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo wa BPR, avuga ko ukuri ari uko Abanyarwanda bari abanyamuryango b’amakoperative ya Banki z’Abaturage mu bice bitandukanye by’u Rwanda, bafite imigabane ingana na 65% by’imigabane yose y’iyi Banki, na ho Kompanyi RABOBANK ikagira 35%.

Uyu muyobozi agaruka ku mpinduka ziherutse kuba mu buyobozi bukuru bwa BPR, akavuga ko nta cyahungabanye kandi ko abakozi babiri basezeye batazateza icyuho mu mikorere ya Banki.

Avuga ko guhinduka kw’Umuyobozi Mukuru nta kibazo biteye, kuko BPR ubu ifite abakozi 1497, hakaba nta mpungenge ko hari igishobora guhungabana mu mikorere.

Ku byagarutsweho n’abumvise cyangwa basoma amakuru yari yatangajwe, ubuyobozi bwa BPR buvuga ko hari abagaragaje ko hari ikibazo mu itangwa ry’inguzanyo muri iyi Banki, ariko ngo si byo ahubwo hari impinduka zabaye zijyanye n’icyemezo Banki yafashe, ko gutanga inguzanyo bizajya byemerezwa ku cyicaro gikuru, mu rwego rwo kurwanya ruswa n’ibindi bifitanye isano na yo byagaragaraga mu mashami amwe n’amwe.

Icyabaye rero, ngo ni uko gutangira uburyo bushya byabanje kugorana, ariko ubu byoroshye, kuko ushaka inguzanyo ageza ibisabwa ku bakozi bo mu mashami, na bo bakabigeza ku cyicaro, mu gihe gito igisubizo kikaba kirabonetse.

Abayobozi ba BPR bavuga ko buri gihe buharanira gukora ibishimisha abakiliya. Bavuga ko impinduka z’ubuyobozi zabaye, ari izisanzwe nko mu zindi nzego z’umurimo, bityo abakiliya ba BPR bakaba badakwiye kuzigiraho impungenge.

Mu cyumweru gishize ni bwo Herman Klaassen wari Umuyobozi Mukuru wa BPR na Habimana José wari umwungirije basezeye ku mirimo yabo.

Inama Nkuru y’Ubutegetsi yahise isimbuza Umuyobozi Mukuru, aba Paul Van Apeldoorn wari usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri iyi banki.

Ni impuguke mu by’ubukungu n’icungamutungo, akaba yizeza abakiliya b’iyi banki ko azaharanira ko BPR irushaho gutera imbere no kunoza imikorere.

IBITEKEREZO
Ikibazo cy'imigabane y'Abanyamuryango muri BPR ni urwenya. Uzi igihe bahereye batubeshya ngo dufite imigabane ! Hari n'igihe baduhamagariye kuza kureba imigabane dufite haciye k'imya 4-5 (nibuka ko jyewe banyeretse ko nari imfite imigabane 40) ariko twayobewe aho byahereye. Rwose Abayobozi ba BPR mukwiye kudusobanurira iby'iyo migabane, ikiguzi cyayo, akamaro kayo. Ese izatugeza kuki ? Kutwumvisha ko imigabane myinshi ari iyacu atari iy' Abazungu bimaze iki mu gihe nta nyungu iyo migabane iduha ? Jyewe ndabona murimo kutujijisha ahubwo imigabane ari iy' abo Bazungu gusa, twebwe mukaba murimo kuturindagiza ngo turi Abanyamigabane, naho byahe byo kajya. Mukwiye kudusobanurira kabisa !!!
Musubize17.10.2012 saa 12:56
bobori jean Claude
YE WANA BARANANIWE PE UBWO SE IYO NGUZANYO IJE WARAPFUYE YABA IKUMARIYE IKI ? HARI AMABANK MENSHI ASOBANUTSE TUZAYIGIRAMO
Musubize17.10.2012 saa 09:57
RICK
Iyo migabane ntacyo itumariye, nta n'inyungu y'ifaranga na 1 ku mugabane twari twabamo kuva banki yabaturage yabaho. Abafarabga yacu mwarayacuruje muyihembamo naho abashyizemo imigabane, abenshi bashaje batabone n'akanyungu na gato. Iriya migabane y'abaturane ikwiye gushyirwa ku isoko utawukeneye akagabwa amafaranga yawo. Abanyamiganane babaye bake bajya basaba inyungu z'imigabane yabo. Ntagushora amafaranga atunguka.
Musubize15.10.2012 saa 04:34
SaDtFuHnJguka
Banki y'abaturage umuti wayikiza ni ukwirukana abazungu imigabane yabo 35% ikagurwa n'abanyarwanda. Abazungu ntakintu bamariye banki. Uwo muyobozi w'agateganyo niwe usanzwe ashinzwe ubucuruzi ( chief commercial officer) ariko ubwo bucuruzi nibwo bwapfuye mbere y'ibindi. Customer care ntawutayizi uko imeze, amachequier ya banki nta gaciro (nako ntakinaboneka). yewe uwavuga ayinzuki ubuki ntibwaribwa.
Musubize14.10.2012 saa 07:08
mary
kuba ara banyarwanda bifitemo imigabane myinshi nge mbona ntacyo bitumariye twe baturarwanda kko services zabo zirananiwe sana according the loans byo nibindi muri yo bank yanyu da ngembona ntarimo kko harizindi zo gukorana nazo zigera geza gu tanga good services,imitangirwe ya kazi nti wamenya uko bigenda na gakino too,gusa hatabayeho new reforms barasigaye ntiturikumwe muri vision 2020 !!!!!!wao.
uwo siwo muti kereka niba gutanga dossier ari on line naho kwandika bikamara amezi biryamye kuri blanch nabwo ntacyo muzaba mukemuye kuko n'ubundi bazajya basaba iyo kugirango bayihutishe,ubundi kandi ubuyobobozi na service ahandi biri kwegerezwa bene byo naho mwe murabyigumanira ubwo se muri kubikemura cg muri kubiroha ?sinumva kandi igihe gito mushatse kuvuga icyo ari cyo kuko n'ubundi nimumara ibyumweru bitatu bari kutubwira ubu ubone no kuwaka avance ubwo se murumva ayo atari amananiza no kunanirwa kwanyu nimuvugishe ukuri ko mugeze kure mureke kutubeshya.
Musubize13.10.2012 saa 13:14
yamaha
MUGERAGEZE MUGERE NO MURI SONARWA, NAHO UBUYOBOZI BWABA NIGERIYA BUGIYE GUHIRIKA IKIGO NEZA NEZA, UBU BARIRUKANA ABAKOZI ARIKO BONGERA BAGAHA AKAZI ABANA BABAKOBWA BAGIZE AMASHUMI YABO.
Musubize13.10.2012 saa 10:39
Jacky
ubu se nkajye watse inguzanyo guhera mu kwa 20/03/2012 kugeza 12/10/2012 nibarije gerant wa branch nyagatare akambwira ngo nimushya ntazi dossier yanjye nari naratse amafaranga yo kubaka kandi ahubwo mu bayize arimo arampakanira nta gisubizo nta oya cg yego nabonye nahise nkurayo dossier yanjye rwose su gusebanya uwasha yambaza ku 0788578750 nkamusobanurira naho umuzungu arabeshya gusa reta nawe umwirukane na dirctor boad bose babavaneho ntacyo bamaze
Musubize13.10.2012 saa 08:14
k claude

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!