Banki ya Kigali irasabwa kwisunga Leta


Yanditswe kuya 25-12-2012 - Saa 08:39' na Emmanuel Kwizera

Ubwo Minisitiri w’Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yasuraga Banki ya Kigali (BK), yayisabye ko yakwisunga Leta by’umwihariko mu bikorwa birimo guca umuco wo kugendana amafaranga mu mufuka, gushora imari mu mashanyarazi, kugabanya ibiva mu mahanga biza mu Rwanda n’ibindi.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ukuboza, Minisitiri w’Intebe yasuye Banki ya Kigali, asura serivisi zitandukanye zitangwa n’iyi banki ikomeje guhiga izindi zo mu Rwanda kuko mu bukungu ari iya mbere na 31,9%, igakurikirwa na Banki y’Abaturage ifite 17,8% hashingiwe ku cyegeranyo giherutse gukorwa na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Guverineri wa Nkuru y’u Rwanda Gatete Claver yatangaje ko BK nimara kwagura imbibi dore ko irimo kugana muri Kenya na Uganda bizayifasha guhangana n’izindi banki zo mu Karere.

Minisitiri w’Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yakomeje asaba BK gushora imari mu bikorwa biyizamura n’ibizamura abanyarwanda. Ati ”Mudufashe kugabanya ibitumizwa biva mu mahanga ahubwo twebwe twongere ibijya hanze. Amashanyarazi ni imwe mu mbogamizi u Rwanda rufite kandi ni Ubucuruzi buhiye. Inganda ni nke ariko BK nidufashe izamure ubukungu bw’amashanyarazi, kuko ntibushobora guhomba kandi abaturage bakoresha umuriro bazahoraho.”

Yakomeje ati “70% by’abanyarwanda ni urubyiruko n’abagore. Iki cyiciro turifuza ko cyashyirwamo imbaraga abasore n’abagore bakabona umurimo. Turifuza ko mudufasha kurandura burundu umuco wo gutwara amafaranga mu mufuka mu Rwanda, hakajya hakoresha amakarita. Ikintu cyose mubona ko cyababera imbogamizi mukitugezeho, tucyige neza kiveho, ariko mufashe Leta.”

Nyuma yo gushimwa nka Banki imaze gufata umurongo mwiza dore ko inakatarije kujya no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Umuyobozi wa BK, James Gatera yatangaje ko iyi banki yiteguye gufanya na Leta mu guteza imbere u Rwanda.

IBITEKEREZO
RRA niyo ikwiriye gufata iya mbere mu gukoresha Internet Banking kugira ngo tujye tuyishyura bitatugoye cyane. Uzi umurongo uba muri BK ?
Musubize27.12.2012 saa 07:20
tarcis
Cécile amvugiye icyo nashakaga !Nawe se utuye Kacyiru,wajya muli BK yaho ngo ibyo bikorerwa muli BK yo mu mujyi ! Bigora abakliants kandi bitali ngombwa ! Bakagombye gushobora gutanga services zose. Ikindi ni uguca amadevises abayahabitse.Buli kwezi bagakuraho 1$ cyanga 1€, Ni byinshi, Naho batakungukira,bakayakoresha aliko ntibayagabanye buli kwezi. Naho ubundi bakora neza,bagwa neza bose,basobanura neza icyo ubajije.
Musubize26.12.2012 saa 05:19
Yeda
Ariko ni banaduhe inguza kugirango tubashe natwe kuyiteza imbere tumaze kwiteza imbere. Sinavuzeko batazitanga ariko abakorera umushahara ntabwo babona inguzanyo ishobora kuba yababonera inzu babamo badahangayitse. Icyo gihe utekereza umushinga wakora wo guteza imbere igihugu muri rusange no kuri BK by'umwihariko. Cyangwa nimwubake amazu tuyakodeshe bugure (Location vente). Mugire umwaka mwiza.
27.12.2012 saa 02:47
GR
BK Mugerageza gutanga services nziza ariko nimureke twe abishyura imisoro tujye twishyurira kuri branche itwegereye, ririya tegeko mwatanze rivuga kwishyurira mu gikari cya siege aho umuntu amara amasaha menshi ategereje ritandukanye na campaign ya Minisitiri w''Intebe yatangije.
Musubize25.12.2012 saa 06:15
Cecile

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!