"Kigali Special economic zones icyitegererezo cy’u Rwanda mu iterambere"


Yanditswe kuya 17-10-2012 - Saa 08:01' na James Habimana

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB), gifatanyije na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda, bagiranye inama n’abikorera mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo habaho imyumvire imwe ku hubakwa inganda mu mujyi wa Kigali (Special economic zones).

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda François Kanimba, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatekereje iyi gahunda yo gushyiraho agace kamwe gahurizwamo inganda, mu rwego rwo gukemura ibibazo byari bikiboneka, birimo kutagira umuriro, ikibazo cy’imihanda n’ibindi ; bityo ngo gushyira hamwe izi nganda bikazafasha kubona ibi byose ku buryo bwihuse.

Umuyobozi mukuru wa RDB Clare Akamanzi, yatangaje ko bateguye iyi nama n’abikorera ndetse n’impuguke zo muri banki y’isi, mu rwego rwo kureba uburyo habaho imyumvire imwe kuri kariya gace karimo kubakwa ndetse no guhana ibitekerezo uburyo iyi gahunda yarushaho gutanga umusaruro uhamye w’icyerekezo 2020.

Akamanzi yakomeje avuga ko aharimo kubwaka inganda i Nyandungu mu karere ka Gasabo, atariho honyine hazubakwa inganda, kuko ngo hirya no hino mu gihugu, iyi gahunda ihari kuko iterambere rigomba kugera mu Rwanda hose.

Zimwe mu nzobere zaturutse muri Banki y’Isi, zatangajeko iki gikorwa Leta y’u Rwanda yafashe cyo gushyira hamwe inganda, ari cyiza mu iterambere kuko ngo ibihugu nka Malaysia, u Bushinwa ndetse n’u Buhinde, byateye imbere bikoresheje ubu buryo, kuko ngo butuma abashoramari bo hanze bashora imari zabo dore ko ibikenerwa mu nganda byose biba bihari.

Icyagaragajwe muri iyi nama ni uko ngo inganda zikora ibyuma, zatandukanywa n’izikora ibiribwa kuko bishobora kwanduzwa bityo bigatera indwara ku wabiguze.

Ikibazo cy’Abanyarwanda bakiri bake bakora muri izi nganda bityo abanyamahanda ugasanga ari bo bazibereyo. Hasabwe ko Leta y’u Rwanda ifatanyije na Minisiteri y’uburezi zashyira ingufu mu guhugura abakozi bakagira ubushobozi ndetse no gutanga amasomo ajyanye n’ibiri ku isoko ry’umurimo.

Bimwe mu bice biteganyijwe kubakwamo izi nganda, ni mu karere ka Rwamagana ahitwa i Gishari, Bugesera, Nyabihu, Huye, Rusizi ndetse n’ahandi aho abenyenganda batandukanye basabwa kuzitabira utu duce mu rwego rwo kugera ku iterambere ryihuse bityo ibyoherezwa hanze na byo bikiyongera.

IBITEKEREZO
MUJYE MUSHYIRAHO AMAFOTO ;UBWO MUKORA INKURU IVUGA KO IMIRIMO IGEZE KURE NTIMUNABYEREKANE MWABUZE IKI ??!!
Musubize18.10.2012 saa 00:34
CLAUDE

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!