Banki ya COGEBANQUE yatanze miliyoni 70 mu kigega AgDF


Yanditswe kuya 25-09-2012 - Saa 09:00' na Jean Claude Ngoboka

Banki ya COGEBANQUE ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere yashyikirije sheki ya miliyoni mirongo irindwi z’amafaranga y’u Rwanda Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, mu rwego rwo gutanga umusanzu mu Kigega Agaciro Development Fund.

Mukamunana Théonestine ushinzwe ishami rishinzwe imenyekanishabikorwa muri COGEBANQUE, avuga ko aya mafaranga miliyoni mirongo irindwi yakusanyijwe, aturutse ku gitekerezo abakozi bagize nyuma y’aho Leta y’u Rwanda itetekereje gushyiraho ikigega gishobora kunganira ingengo y’imari y’igihugu, mu ku kugiteza imbere.

Umusanzu watanzwe n’abakozi ba COGEBANQUE ngo watanzwe nta n’umwe wabashyizeho igitugu, nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa hamwe na hamwe, ndetse na Ministeri y’Imari n’Igenamigambi ikaba iherutse kwihanangiriza abo bose bahatira abandi gutanga umusanzu mu kigenga.

Muri iki gikorwa Umuyobozi Mukuru wa COGEBANQUE Alain Lepatre akaba we ubwe yaratanze miliyoni zigera kuri ebyiri.

Dusenge Enata Umuyobozi muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi wari muri iki gikorwa cyo kwakira umusanzu kuri Banki ya COGEBANQUE, yatangaje ko igikorwa cyo gutanga umusanzu kigamije gushimangira agaciro k’Umunyarwanda, ko kandi kugeza ubu iki gikorwa kirimo kugenda neza, kuburyo kimaze kujyamo amafaranga agera kuri miliyari 18 z’amafaranga y’u Rwanda.

Aha COGEBANQUE yatangaga sheki

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaza ko nta Muryarwanda ukwiye kugira impungenge z’imicungire y’aya mafaranga atangwa, kuko hashyizweho ingamba z’uburyo azacungwa neza.

Uretse iki gikorwa cyo gutanga umusanzu, COGEBANQUE ngo yagiye yitabira ibikorwa bitandukanye bigamije iterambere ry’igihugu muri rusange, harimo gahunda Bye Bye Nyakatsi, One Dollars Company, ndetse na gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.

IBITEKEREZO
COGEBANK ndayemera nijye uzi ubuiza bwayo, kunguzanyo nakokanya ukaba urayicyuye. alikorero mukosore website yanyu ilmaze imisi idakoraneza byaradushobeye ntitukibona uko tuyisura ngotubonena info dukomeye. nahubundi murabambere, mworohereza abakene nabakire bose kuburyo bumwe. big up, nshima cyanena gerant wa COGEBANQUE yiremera hafiyo kwa Lando, akoraneza kandi afite uburere
Musubize27.09.2012 saa 11:26
aline m
genda cogebank waratsinze waduhaye NKOMEZA na NZAMURA twiteza imbere......munyarwanda ntucikanwe no kutagira amakuru ubu cogebank niyo bank yonyine itabeshya abakiriya,itadindiza abakiriya kandi ntago ishyuha shyuha ngo akanya gato uyibure ku isoko.
Musubize26.09.2012 saa 10:05
jonas
This is supposed to be voluntary contribution. So please don't put pressure on anyone as this is a continuous effort. one might give less today but give more tomorrow. Don't give the critics chance to undermine this effort branding it mandatory.
Musubize26.09.2012 saa 08:25
Howie
UYU MUSORE MURAMUBESHYERA RWOSE YITWA RUKUNDO NTAGO ARI UMUSORE WUTU LUNETTE KANDI TUMUZI NKUMUNTU UMENYEREYE KUTWAKIRA NEZA CYANE NGIRANGO HARI NABANDI BAZA KUBIVUGA ARIKO URIYA MUSORE JYEWE SERVICE ATANGA NDAYISHIMA KANDI NAMUBWIRA NGO COURAGE RWOSE JYEWE YANYAKIRIYE NEZA RWOSE COURAGE RUKUNDO
Musubize26.09.2012 saa 02:12
JEAN PAUL
Cogebanque ndayemeye isigaye ikora neza. Ikomeze itere imbere ntizasubire inyuma.
Musubize26.09.2012 saa 00:56
Philippe
BK,Ecobank, populaire zayatanze cyara cyane umunsi bitangizwa na HE
Musubize25.09.2012 saa 11:37
ML
GOOD GOOD ! Bank yanjye !!! ariko mwikubite agashyi reception yo kuri simba si byiza. mukore igenzura byonyine kugirango ubone carne ni hatari !! mubaze uwo musore w'ama lunette uhakora.
Musubize25.09.2012 saa 10:38
keza
Igikorwa mukoze ni cyiza mukomereze aho mutazamura inyungu kunguzanyo ngo mukunde muyagaruze !
Musubize25.09.2012 saa 10:17
Umusomyi
KCB ntakigenda izi kubeshya kuri TV gusa, yazamuye interest kandi ntanubwo igitanga loan, umuntu asigaye amara ukwezi bamubeshya ngo ejo ejo, warambirwa ukajya gukurayo dossier yawe , none abantu bigendeye muri BK, kuri loan ni umurabyo. KCB muvuge niba mwarahombye mwatanze loans nyinshi nta mubare none mwarasebye mutangiye kubeshya abantu. Mwisubireho cyangwa muzasanga abakiriya bose babavuyeho, nubundi batangiye kugenda si ibanga, nari nibagiwe kubabwira udufaranga twinshi mukata umuntu, murakabije pe !
ariko se nibarize:mortgage KCB-COHAKI zigeze he ?buriya nta manyanga bari gukora bakabeshya abaturage ngo bazabubakira amazu ???yewe nzaba mbwirwa !
26.09.2012 saa 08:29
rwanda
Iyi banque itanze menshi kuru izindi kandi ariyo ntoya. Banque, Pop, BK,BCR,ECOBANK, KCB, EQUITYetc zirihe ko zo zitagaragara mu gutera inkunga ? Nizikubite agashyi.
Musubize25.09.2012 saa 09:38
RUGERO PATRICK

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!