Gatsibo : Hegitari ibihumbi 2,000 ni zo ziteganyijwe guhingwaho soya


Yanditswe kuya 22-08-2012 - Saa 01:29' na James Habimana

Nyuma y’aho ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bufatiye gahunda yo kongera igihingwa cya soya, Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buratangaza ko bwashyize ingufu mu kongera umusaroro wayo mu rwego rwo kongera ubukungu bw’ako Karere, ndetse n’igihugu muri rusange.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise, yatangaje ko mu mihigo y’uyu mwaka, bafite gahunda y’uko hegitari zirenga ibihumbi 2,000 ari zo zigiye guhingwaho igihingwa cya soya, kandi ngo akaba yizeye ko biteguye kuzatanga umusaruro uhagije k’uruganda rurimo kubakwa mu karere Kayonza.

Ruboneza yakomeje avuga ko iki gihingwa ari kiza cyane, doreko ngo aho gisaruwe, hashobora guhita hahingwa ibindi bihingwa birimo ibigori ndetse n’ibishyimbo kandi bikaba byahita byera vuba.

Yasabye abaturaga ko bagomba kwitabira guhinga igihingwa icyo aricyo cyose cyabaha amafaranga, by’umwihariko bakitabira guhinga Soya kuko ngo ako karere gasanzwe gafite ubutaka bunini kandi bwera, bityo kandi n’isoko bahoraga bavuga ko ritaboneka, ubu bakaba barifite bihagije.

Abaturage batuye muri aka karere, na bo batangaza ko bategereje byinshi ku ruganda rwa Soya rurimo kubakwa, birimo nko kuba baratangiye kurubonamo imirimo, ubu ihari ikaba ari ubwubatsi. Kandi ngo umusaruro wabo wa Soya n’ibihwagari ugiye guhabwa agaciro, bityo na bo ngo bakaba bagiye guhinga icyo gihingwa banezerewe.

Uru ruganda rwa soya rwa “Mount Meru Soyco Ltd” , ruri mu karere ka Kayonza, rwatangiye kubakwa mu mwaka wa 2007 ku bufatanye n’umushinga Clinton Hunter Development Initiative (CHDI), mu rwego rwo kuzamura umusaruro w’ibihingwa bibyara amavuta mu Rwanda.

Uru ruganda ruzatwara amafaranga angana na Miliyoni 15 z’amadorari y’Amerika, aho Miliyoni 10 muri zo zizajya mu bikorwa byo kurwubaka, izindi eshanu zikaba izo gutangiza ibikorwa.

Uruganda rwa Mount Meru Soyco rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 200 za Soya ku munsi na toni ibihumbi 45 ku mwaka.

Hejuru ku ifoto:Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise

IBITEKEREZO
Gatsibo Oyeeee ndareba Akarere kacu karimo gutera imbere dore ko no mu mihigo turimo kuza twigira imbere Imana igume ikomeza ubayobozi bwacu bwiza. Thanks Mayor Keep strong with absolute, Love, Faith, and obedience.
Musubize23.08.2012 saa 07:30
chris
nykubahwa muyobozi wa karere ka gatsibo rwose ibyo nibyiza turabishimye pe, ariko reka nkwisabire : 1- Uzazamuke mumudugudu wo kukibuye umurenge wa kabarore akagali ka karenge urebe ukuntu isuri (imivu yamazi) yangiriza abaturage bari munsi y'uhanda amazu azabagwa hejuru pe, numuhakorere umuganda mufate ariya mazi 2- Mwavuze ko inka zigomba kuba mubiraro cyangwa mu mafirm yazo, ariko mukagari ka karenge niho usanga abaturage bakiragira mu mirima yabo, bakabuza abagore babo guhinga ngo amasambo sayabo,none ubu inzara iraca ibintu pe, turagusaba ngo ushyireho ingamba zikaze ziraya nka zive mu mirima bazubakire cyangwa se zigurishwe. murakoze muyobozi
Musubize22.08.2012 saa 04:41
keza

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!