"Ikoranabuhanga mu misoro ni inzira yo kwihutisha ubucuruzi"


Yanditswe kuya 5-08-2012 - Saa 09:02' na Umurerwa Emma-Marie

Ikigo cy’Igihugu gishizwe kwinjiza imisoro n’amahoro(RRA) cyatangije ku mugaragaro, umuhango wo kwitegura umunsi w’umusoreshwa usazwe uba buri mwaka. Uyu mwaka bakaba barihaye intego igira iti” Ikoranabuhanga mu misoro ni inzira yo kwihutisha ikoranabuhanga.”

Umuhango wo gutangiza ku mugaragaro umunsi w’umusoreshwa wabereye ku cyicaro gikuru cy’igihugu gishizwe kwinjiza Imisoro n’Amahoro, ku Kimihurura, aho witabiriwe n’abanyacyubahiro batanandukanye, umushyitsi mukuru akaba yari Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Rwangobwa John.

Mw’ijambo rye Kagarama Ben umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu gishizwe kwinjiza imisoro n’amahoro, yatangaje ko batangije uburyo bushya bwo kumenyekanisha imisoro hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubu buryo bushya bwatangiye gukoreshwa kuva mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2012 mu rwego rwo kwihutisha ubucuruzi, korohereza abasoreshwa, kugabanya igihe umusoreshwa yamaraga ku murongo, kugabanya amafaranga y’urugendo umucuruzi yatangaga ajya gusora, ndetse no kugabanya umugogoro wo guhora babitse impapuro.
Ni muri urwo rwego abakozi bakoraga akazi ko kwakira abasoreshwa ngo bazakoreshwa indi mirimo nayo ifitiye igihugu akamaro.

Zimwe mu mbogamizi bahura nazo nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu gishizwe kwinjiza imisoro n’amahoro, nuko umubare w’abamaze kwitabira ubu buryo bwo kumenyekanisha imisoro hifashishijwe ikonabuhanga ukiri muke, ndetse na banki zikaba zitaritabira kwakira abasoreswa hifashishijwe ubu buryo, dore ko kugeza ubu BCR ari yo imaze kwitabira ubu buryo.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Rwangobwa John, yashimiye ikigo cy’igihugu gishizwe kwinjiza imisoro n’amahoro igikorwa cyiza bagezeho cyo kwakira imisoro hakoresheshejwe ikoranabuhanga.

Yashimiye n’abasoreshwa uburyo bitabira gusora ntawe ubabwirije, akaba yaranaboneyeho umwanya wo guhumuriza Abanyarwanda kubw’amakuru amaze iminsi atangazwa n’amahanga yo gukereza inkunga bageneraga uRwanda ngo kuko ½ cy’ingengo y’Imari y’uyu mwaka ari amafaranga azava imbere mu gihugu, ibi rero ngo akaba abona Abanyarwanda bakwiye kubyishimira.

Ibindi bikorwa biteganyijwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’Umusoreshwa harimo, igikorwa cy’umuganda cyabereye mu Karere ka Nyabihu, aho abakozi b’iki kigo batanze isakaro ku mazu 50 yubakiwe abatishoboye, hazatagwa kandi mudasobwa ku mashuri ya Leta yatoranyijwe mu gihugu hose, ndetse abakozi b’iki kigo bazatanga amaraso ku ndembe ziyakeneye.

Ibirori byo kwizihiza uyu munsi bizabera mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze.

IBITEKEREZO
Ibirori by'Umunsi Mukuru w'Abasora bizabera i musanze ngomba kubyitabira kuko buriya Muzehe azahavugira ijambo rikomeye bitewe n'uko hari ibihugu bimwe na bimwe bishaka gusuzugura u Rwanda biruhagarikira inkunga. Nk'abanyarwanda twihesha agaciro rero turi tayari kwitabira umunsi w'Abasora. Ahubwo bazawugire ikiruhuko mu gihugu hose bityo ujye witabirwa no mu midugudu. Uzarebe ko ingengo y'Imari yose itazaboneka iturutse mu misoro iduturukamo, kuko abanyarwanda ndabazi iyo tubonye abayobozi bahaye ikintu runaka agaciro gakomeye natwe turacyitabira tugakora kabisa kabisa. Bravo RRA komereza aho utwegereza servisi zituma dutanga imisoro tutavunitse
Musubize6.08.2012 saa 03:50
Mmakela
Basigaye bavuga Ikigo cy'imisoro n'Amahoro si Ikigo gishinzwe kwinjiza imisoro n'amahoro, bavuga kandi abasora si abasoreshwa murakoze.
Musubize6.08.2012 saa 02:40
uje
hanyuma se iryo koranabuhanga bavuga baziko abanyarwanda bose bazi kurikoresha, bari bakwiye kubanza bakameya umubare wabazi kurikoresha bakabona gutangira kuvuga ngo umubare wabitabira iyi gahunda uracyari mucye
Musubize5.08.2012 saa 13:47
bwana

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!