Indege Dreamliner 787 ya mbere igeze muri Afurika, Ethiopian Airlines yayimurikiye Abanyarwanda


Yanditswe kuya 9-09-2012 - Saa 01:13' na IGIHE

Kompanyi y’indege Ethiopian Airlines, mu ngendo isanzwe ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu yakoresheje indege nshya yo mu bwoko bwa Boeing 787-800 Dreamliner. Iyo ndege yasesekaye ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali mu ma saa munani n’iminota 30.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 787-800 Dreamliner ni ubwa mbere ikandagiye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali nyuma ya Addis Ababa, Entebe na Nairobi. Ifite ubushobozi bwo gutwara abantu 270.

Ubwo yageraga i Kigali, hagwaga imvura idakabije kuburyo itabujije abatumiwe kuyisura, ndetse n’ababyinnyi gususurutsa abari bitabiriye iyo gahunda.

Umuhango wo kumurika iyi ndege wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Kamanzi James, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Umuyobozi wa RwandAir Mirenge John, n’abahagarariye sosiyete ya Ethiopian Airlines.

Nk’uko twabitangarijwe n’intumwa ya guverinoma muri uyu muhango Kamanzi James, mu mwaka wa 2015 u Rwanda ruzaba rufite indege nini zo muri ubu bwoko zizajya zijya mu mahanga ya kure harimo umugabane w’u Burayi, Aziya, n’Amerika.

Brunk Endeshan, Umuyobozi wa Ethiopian Airlines ishami ryo mu Rwanda, yavuze ko iyi ndege ari iya mbere muri Afurika. Ngo ni indege igezweho mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu by’ikirere.

Boeing 787 Dreamliner ubusanzwe igenewe ingendo za kure, ikaba ifite moteri ebyiri. Yakozwe n’uruganda rukora indege rw’Abanyamerika Boeing, rutangaza ko ubu aribwo bwoko rukoze bukoresha benzene nke kurusha izindi ndege rwigeze rukora, aho bukoresha benzene nke ku kigero cya 20% ugeranyije n’andi moko.

Nyuma ya Japon, Ethiopia niyo iza ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’isi mu gutumiza indege yo muri ubu bwoko.

Ethiopian Airlines ifite gahunda yo kuzayimurika i Burundi kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha ndetse ngo izamurikwa n’ahandi muri Afurika .

Na Orinfor
Foto : TNT

IBITEKEREZO
Abanyarwanda icyo bapfa ni amafaranga kuko ni yo valeur isumba izindi ubu mu Rwanda. Ikindi cyose wababwira bagikora upfa kubaha amafaranga. Ku ruhande rumwe ni byiza kuko ni business kandi umwuga wose upfa kuba ukwinjiriza. None abirirwa biruka inyuma y'uruhu ruhazemo umwuka ntabwo wumva miliyoni z'ama Euro bahembwa mu cyumweru nkanswe... Ibyo rero mwibitindaho. Ku rundi ruhande bisaba ko abantu bagumana indangagaciro zisanzwe kugira ngo amafaranga atazababera ikigusha. Ahangaha ariko nta kibi kirimo keretse niba ababinenze hari ikindi bashaka kuvuga. Abanyarwanda bazi kwizihirwa kandi bazi gukora ibirori bisusurutse, toute occasion est bonne ntawaturoze guhora mu maganya no guhora twazinze isura. Ni ko mbyumva njye !
Musubize10.09.2012 saa 16:26
Nirere
Ariko se ndabona hari abantu baminuje mukunenga nibyo batazi. Bariya bana bakoreye amafranga asukuye.none se wowe urimo unenga bariya bana kuwagatandatu ntiwari uryamye ?ariya mafaranga yinjiye mu Rwanda urayanenga iki ? ahubwo uwazana izindi ndege abanyarwanda tukiberaho.Kandi wenda wowe unenga ntabwo uzi iriya machine icyo aricyo. ahubwo ndasaba imana ko ibyo umuyobozi wari uhagarariye urwanda muri uriya muhango yavuze byaba ku Rwanda.Nimureke igomwa !!!!!!!!!!!
Musubize10.09.2012 saa 00:17
Mugisha
usibye kumenya gusohora amafaranga yagokewe na rubanda bayapfusha ubusa,buriya kwakira indege nshya bivuze iki ? niba iryo torero ryabonye nka miliyono eshanu, ubwo turiho ducunga neza ibya rubanda
Musubize9.09.2012 saa 14:59
Mikire ngabo
ari wowe n''abandi bashyizeho comment zo gusebanya ndabona mutarize marketing, ibi leta ntaho ihurira nabyo aya ni amafaranga ya ETHIOPIAN iba yakoreye ikayagarurira abanyarwanda mu bundi buryo ishaka kwerekana ibyo yagezeho, ibi byagombye kudutera ishyari ryiza ryo gushaka kugira indege nkiriya, ministeri yatwemereye ko muri 2015 tuzaba tuyifite natwe !!!! bahigure uwo muhigo !!!!
10.09.2012 saa 02:37
kenny
Ubu rwose nanjye ndibaza niba commentaire yawe uyumva wowe ubwawe cyangwa hari ikindi yari igenewe cyangwa igamije. Bariya kubyina ni business bibinjiriza amafaranga abandi nabo kuyatanga no gukoresha umunsi mukuru ni uburyo bwabo bwa marketing none se ikibazo kirihe ? ikindi kandi ayo mafaranga yatanzwe na ETHIOPIAN kandi niyo yatangwa na Leta yaba igamije kwerekana (ku marketing) umuco nyarwanda kuko hariya haba hari abantu benshi bishobora gukurura bakaba baza mu bukerarugendo, babatumira se bagakorera cash zo kubyina iyo iwabo, ... uretse ko no kwishimira intambwe igezweho nabyo ari ibisanzwe. Sinumva ikidasobanutse. Ikibazo gihari ubanza Abanyarwanda bitugora kumva ko hinjiza uwasohoye(cash)
10.09.2012 saa 04:18
kareg
Gusa ejo nanjye narebye amakuru kuri TVR mbona abakobwa bari kubyina biyereka indege numva birantunguye !!!!
Musubize9.09.2012 saa 13:50
Rob
Yewe jye narumiwe !! kubyinira indege koko ariko ntacyo iryo torero ribyungukiyemo riribonera agafaranga .
Musubize9.09.2012 saa 09:56
issouf
Erega shenge no kubyina ni business. Niba se babonye ikiraka cyo kubyina kuki batabyina. Mujye mutekereza mbere yo kunenga.
Musubize9.09.2012 saa 09:13
Mam
hahhahaah, Foto uransekeje, uziko ntari nabitekereje !!! gusa mu nyandiko bavuze ko bari gususurutsa ibirori byo kumurika indege !!!!
Musubize9.09.2012 saa 07:37
kanyana
Bwana Foto na Kumiro, sobanukirwa ko Indege siyo babyinira, barizihiza ukuza kw'iyi ndege nshya mu gihugu kuko bisobanuye byinshi mu bukerarugendo, ikindi n'uko iyo umushyitsi yagusuraga iwawe wamwishimiraga yaba aje n'amaguru cyangwa imodoka, barabyinaga bakaririmba uwababona ntiyabazaga ngo barabyinira imodoka, uretse n'ibyo ababyinnyi baratumiwe gususurutsa abashyitsi bazaza kureba ibyo byiza mubukerarugendo no kwishimira icyo gikorwa.
Musubize9.09.2012 saa 07:02
Leo
aba bari baragowe kabisa !!! ubu nihaza A380 noneho bazayisoma ??? mumbarize niba za EBB na NBO barayitaramiye iyo ndege !!nizere ko babahayemo ka lift kugera addis nibura !!nahi ubundi kubyinira HE warangiza ukabyinira urudege rwose ntibyumvikana.ni ugutesha agaciro umuco wacu !
Musubize9.09.2012 saa 05:26
ndege
Kuki mubona indege ntimubone abantu bayishagaye baje kuyireba ? Ethiopia itanze amafaranga ateza abanyarwandakazi Imbere mu kubyina kwabo ikibazo giherereye he ? Abanyarwanda iyo tuguze akamodoka dukora icyo bita kukamenaho amazi, tukanywa, yewe byarimba tukabyina, kubera iterambere umuntu aba ageze ho, kuki Etiopian mubiyigayira ? cyangwa ni wa muco wo kumva ko utanenze cyangwa ngo usebanye ku rubuga ntacyo waba ukoze ???
10.09.2012 saa 00:36
No Issue
Ariko se mumbwire ! Abo bakobwa ku ifoto bari kubyinira indege ???????
Musubize9.09.2012 saa 03:42
foto
Foto we, icyo kibazo nange nakibajije ! mu rwanda ntabyo batabyinira !!!!!
9.09.2012 saa 04:56
kumiro
Foto nawe Kumiro ,ntimugakabye kugaragaza abo muribo.ntago ababyinnyi babyinira indege barabyinira abashyitsi bayijemo n'abavandimwe babo barimo,naho ibindi murimo ni urucantege amajyambere araza ubukerarugendo burihuta mu iterambere namwe ngo kubyinira indege.oya sibyo.
10.09.2012 saa 00:57
Blavo

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!