Miliyari 62 ni zo RDB iteganya gukoresha mu mwaka wa 2012/13


Yanditswe kuya 25-05-2012 - Saa 16:02' na Marie Chantal Nyirabera

Kuri uyu wa 25 Gicurasi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) cyamurikiye komisiyo ishyinzwe imari mu Nteko Ishinga amategeko umutwe w’Abadepite amafaranga izakoresha mu 2012/13 angana na miliyari 62 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Ayabonetse kugeza ubu ni miliyari 41, naho abura angana na miliyari 21. Aya mafaranga azakoreshwa mu nzego 8 zikorera muri iki kigo cya RDB mu guharanira iterambere ry’igihugu.

John Gara, Umuyobozi wa RDB yabwiye IGIHE ko aya mafaranga ari agateganyo kuko ashobora guhinduka bitewe n’ibisabwa kuzakorwa.

Abadepite basabye RDB ko mu byo iteganya yatekereza ku mishinga iciriritse yateza Abanyarwanda benshi bari mu cyiciro giciriritse ubu biganjemo abashomeri kuruta inganda nini zashorwamo imari n’abanyamahanga gusa.

Hon. Mukama yagize ati : ”Dutekereze inganda zizafasha abaturage bibumbiye mu makoperative. RDB ni mwe mureberera Abanyarwanda. Hari abantu benshi b’abashomeri, abarangiza badafite imirimo, inganda ziciriritse zabafasha […]”

Ku kibazo cy’ubukerarugendo, Abadepite basabye ko Pariki y’Akagera yakwihutishirizwa umushinga wo kuyizitira.

Rica Rwigamba ushyinzwe ubukerarugendo muri RDB, yavuze ko ahazitiwe hangana n’ibirometero 8.

Yagize ati :”Habayeho ikibazo cy’ ibikoresho byagombaga kuva muri Afurika y’Epfo n’ahandi byatinze kuza, ariko ubu ibikoresho byaraje duteganya ko mu kwezi kwa Nyakanga imirimo yo kuhakora izaba yarangiye”.

Abadepite banabasabye ko hatekerezwa ku bungabunga ibiyaga birimo ingona n’imvubu kuko bimaze kwica abantu 4 mu gihe cya vuba zikanangiza imyaka y’abantu. Bagaragaje imbogamizi zirimo abana bajya kubivomamo n’abarobyi zishobora kuvutsa ubuzima.

Hon. Mukayuhi Rwaka Constance ukuriye iyi Komisiyo, yasabye RDB gutekereza ku cyerekezo u Rwanda rwihaye cya 2020 bakareba ibyagezweho n’ibiteganywa.

Yagize ati : ” Turi gutegura gahunda y’imbakurabukungu ya 2 (EDPRS II), birasaba imikoranire n’inzego zitandukanye kandi na RDB ifitemo uruhare”.

Inzego ziteganywa kuzafashwa n’iriya ngengo y’imari ni ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Mines), ishoramari mu nganda nini n’into, Itumanaho (ICT) n’ ibindi.

RDB yavuze ko izafatanya n’uturere kandi ikazibanda ku dukennye kurusha utundi turimo Karongi (Gisovu The Plantation), Nyaruguru (Kibeho) n’ahandi.

IBITEKEREZO
Bzibuke na za BDCs nyabuneka.
Musubize26.05.2012 saa 03:29
hgys
uturere dukennye nitwo tuzitabwaho kugirango natwo tuzamuke
Musubize26.05.2012 saa 01:06
kannbera@yahoo.fr
NIBA DUFITE AHO TURI KUVA TUGOMBA KUGIRA NAHO TUGANA BIVUGA NGO IZO MILIYALI NTIZIGAKORE MU MUGI WA HUYE GUSA AHUBWO NIZIGERE N'I RISIZI .. NYAMARA BURIYA RUSIZI NA RUBAVU NIHO HAGAKWIYE KUTUGARAGAZA NEZA IMBERE YA BARIYA BANYE CONGO DUTURANYE.NASOZA NGIRA NTI (NI BYIZA KWAMBARA UMWENDA W'IMBERE USUKUYE ARIKO N'IYO UWINYUMA USUKUYE KURISHAHO BIGUHESHA ICYUBAHIRO KURENZA)
Musubize25.05.2012 saa 10:11
MUHIRE FRANCOIS

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!