Abaturage bo mu turere twa Muhanga, Rulindo , Gakenke na Kamonyi batangiye kubyaza umusaruro w’ibijumba amandazi, keke n’umutobe.
Aba baturage bo muri utu turere barahugurwa muri ibi bikorwa byo kwiteza imbere n’umushinga ugamije guteza igihingwa cy’ibijumba ku isi (SASHA) mu rwego rwo kwivana mu bukene.
Nshimiyimana Jean Claude ushinzwe ibikorwa byo gutubura igihingwa k’ibijumba muri SASHA yatangarije IGIHE ko ibikorwa bya SASHA bigamije kubyaza igihingwa cy’ibijumba undi musaruro atari ukubirya gusa.
Nshimiyimana atangaza ko intego yabo ari ugukangurira Abanyarwanda kwita ku gihingwa cy’ibijumba bakihaza mu biribwa bikabazanira n’amafaranga babibyaza undi musaruro nko kubikoramo amandazi, keke n’ibindi.
Nshimiyinama yagize ati “tugiye gukangurira abanyarwanda kwihaza ku biribwa cyane cyane ku gihingwa cy’ibijumba bikungahaye cyane kuri Vitamine A ifasha abana gukura neza n’abagore batwite”.
Nshimiyimana atangaza ko ibijumba bihingwa muri utwo turere nibikorwamo ibindi bintu bizatuama abahinzi babyo n’abaturage bose badafata umwuga w’ubuhinzi nk’ umurimo w’ababuze akazi.
Nshogoza Anastase, Agoronome w’Umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga aho abaturage bagaragaje bimwe mubyo bigishijwe n’umushinga SASHA, bakora amandazi avuye mu bijumba, yatangaje ko nyuma yo guhabwa amasomo ku musaruro uva mu bijumba bateguye uburyo bwo guhinga ibijumba igihe cyose.
Ati “twafashe gahunda yo kuzajya duhinga ibijumba imusozi mu gihe imvura igwa byagera mu gihe cy’izuba tukamanuka tukajya mu bishanga”.
Umwe mu bahinzi bahinga iki gihingwa cy’ibijumba Minani Joseph aganira na IGIHE yavuze ko ibintu byose ukoze ugamije kurya gusa utabona umusaruro.
Yagize ati” Mpinga ibi bijumba by’igitare, ariko kuva aho SASHA iziye yagiye imfasha nkabona imbuto ya kijyambere.”
Aho dutangiye guhugurirwa kubyaza umusaruro w’ibijumba amandazi maze kugurisha inshuro enye ariko navanyemo umusaruro w’amafaranga ibihumbi 96.
SASHA ikorera mu bihugu 10 by’Afurika, ikaba yibanda ku musaruro w’ibijumba no kubibyaza umusaruro. Uyu mushinga wageze mu Rwanda mu mwaka 2010.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
JICA irahugura abahinzi b’imboga n’imbuto uburyo bwo kubona isoko
16.05.2013 |
|
SACCO zizaba zikoresha ikoranabuhanga muri Gicurasi 2014
14.05.2013 |
|
Ambasade y’Abaholandi iri mu rugamba rwo gufasha abikorera kubona isoko mu mahanga
13.05.2013 |
|
Kigali : Inka zahawe abagore zigiye gutuma bakirigita ifaranga
11.05.2013 |
|
Mareba : Nyuma yo kuva mu bwigunge, ubu barabyina SACCO
10.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |