MTN Mobile Money imaze kunyuzwamo amafaranga agera kuri miliyari 80


Yanditswe kuya 19-08-2012 - Saa 04:13' na IGIHE

Uburyo bwo kohererezanya no kwakira amafaranga, hakoreshejwe ikoranabunga rya telefoni, Ikigo cy’itumanaho cya MTN gitangaza ko uburyo bwacyo bwa MTN Mobile Money bwanyuzemo miliyari hafi 80.

Albert Kinuma, Umuyobozi uhagarariye Mobile Money muri MTN, yatangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe, ko ayo mafaranga yose yanyuzemo kuva MTN Mobile Money yatangira mu Rwanda mu 2010.

Ubu buryo bwo kohereza no kwakira amafaranga binyuze muri MTN Mobile Money, ntibugarukira ku butaka bw’u Rwanda gusa, kuko Kinuma avuga ko ni uri hanze ashobora kubukoresha aho yaba ariho hose mu mahanga, byo bikaba byaratangijwe mu mezi 2 ashize.

Kanuma agaragaza ko nk’umuntu uri mu Bwongereza ashaka kohereza amafaranga mu Rwanda, azajya acibwa amapawundi 5.

Muri Gicurasi 2012, MTN Rwanda ikaba iherutse gusinyana amasezerano na MFS Africa, azajya atuma abafatabuguzi ba MTN Mobile Money mu Rwanda babasha kwakira amafaranga aturutse hanze y’u Rwanda.

Kinuma Albert yavuze ko ubu buryo bwashyizweho kubera ko hari Abanyarwanda bakeneye uburyo bwo kwakira amafaranga aturutse hanze y’igihugu.

Ikinyamakuru Izuba cyagiranye ikiganiro na bamwe mu baturage bakoresha MTN Mobile Money, bagitangariza ko ubwo buryo bwabafashije.

Hakizimana Theophile ni umwe mu bakoresha MTN Mobile Money utuye mu Karere ka Rulindo, yatangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe ati “Nagombaga gukora urugendo rwo kujya gufata amafaranga ndetse no kuyohereza, ariko ubu bitewe nuko ndi muri Mobile Money byaroroshye. Nsigaye nyabona bitangoye kuko nyabona kuri telephone.”

Ikindi ni uko MTN Mobile Money iherutse gusinyana amasezerano na Banki ya Kigali, aho umukiliya wa Banki ukoresha umurongo wa MTN azajya abasha kohereza amafaranga ayoherereje undi, ibyo bikaba bikorerwa mu mashami ya Banki ya Kigali (BK) yose.

Izuba Rirashe

IBITEKEREZO
MTN Mobile Money ni nziza ariko irahenda. Bajye bakura amafaranga ku ruhande rumwe (k'uwohereje cg uwohererejwe) naho ubundi biriya byabo si byiza.
Musubize21.08.2012 saa 01:44
Client
Iyaba yanyurwaga ubu irimo gutwara amafaranga menshi cyane igihe umuntu ahamagaye amafaranga 500 ntacyo aba avuze
Musubize19.08.2012 saa 08:35
karekezi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!