Nyuma yo guhunga imirwano muri Congo, ni rwiyemezamirimo mu nkambi ya Kigeme


Yanditswe kuya 2-09-2012 - Saa 06:52' na Habimana James

Mukashema Desanges umwe mu mpunzi ziri mu Rwanda mu nkambi ya Kigeme wahunze intambara ihuza ingabo za M23 ndetse n’iza Leta, avuga ko kugeza atigeze yicara ubusa ubwo yageraga mu nkambi ahubwo ngo yabaye rwiyemezamirimo akoresheje imashini aho adoda imyenda.

Mukashema aganira na The New Times, yatangaje ko nyuma yo kugera mu Rwanda ubuzima bwatangiye kumukomerera ari na bwo yatangiye gushaka uko yabaho atiriwe asabiriza.

Mukashema yagize ati “Ubwo nari maze kwakirwa mu nkambi ya Nkamira, nyuma baje kutwimurira ku Kigeme, ariko ntekereza uburyo nkiri iwacu muri Congo ntigeze mbura ibintu by’ibanze byamfasha nk’amavuta yo kwisiga ndetse n’isabune, kandi ibi byose nkaba narabivanaga mu kazi nakoraga ko kudoda imyenda.”

Mukashema w’imyaka 20 gusa, yatangaje ko nyuma yo kubona ibi bibazo byose ari bwo yatangiye gutekereza uko yasubira mu mwuga we yakoraga ariko agahora yibaza uko yabona ubushobozi bwo gutangira uyu mushinga.

Nyuma ngo yaje kuganira n’umwe mu baturanyi be amusaba ubufasha, nyuma ngo yaje kumukodesha imashini idoda aho yagombaga kujya atanga amafaranga ibihumbi 5000 buri kwezi.

Kugeza ubu Mukashema, avuga ko akora akazi ko kudoda imyenda muri iyi nkambi ya Kigeme aho ngo abona amafaranga 1000 buri munsi kandi ngo akaba abona ko amubeshejeho neza n’umwana we akamubonera ibyo ashatse byose ndetse bikamurinda no kuzerera.

Akomeza agira ati “Kugira ngo mbone amafaranga, biterwa n’abakiriya mba nabonye ku munsi, hari ubwo baza bafite amafaranga make ariko kubera ko mba nyakeneye, sinshobora kuyasubiza inyuma uko yaba angana kose.”

Iyi nkambi y’impunzi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo zigera ku 11,000 ikaba yarafunguwe muri Kamena uyu mwaka nyuma y’aho iya Nkamira igize umubare w’impunzi nyinshi zakomezaga kuza zihunga imirwano iri hagati ya M23 ndetse n’iza Leta ya Congo.

IBITEKEREZO
u womunturwosemumuf ashekukoarabikwiriye
Musubize22.12.2012 saa 08:52
mukazayire
Akora ibi bya mbuze uko ngira atari itekanye mbere y'uko M23 iteza akavuyo iwabo ? Kdi ababiri inyuma no mu Rwanda barazwi. Vuba aha barashyirwa ahagaragara maze twumve !
Musubize9.09.2012 saa 01:37
cccc
Kubona amafaranga 1000 ku munsi harya ubwo uba ubaye "rwiyemezamirimo" ? Ni ukuvuga ibihumbi 30 ku kwezi ! Ibi ni ukwirwanaho kandi ni byiza bizamurinda gusabiriza koko ariko kuba "rwiyemezamirimo" ni ibindi. Ahubwo Ministeri yacu y'ibiza nimwunganire imuhe imashini ye bwite.
Musubize3.09.2012 saa 09:50
citoyen
Nuko wangu, endeleya mbele, mwisho wa yote utarudiya nchini mwako, najua kwamba Mungu husikiya maombi yenu, musifadhaike miyoyoni mwenu bali mwamini Mungu na Yesu kristo,turabakunda.
Musubize3.09.2012 saa 07:13
eee
Nubundi igikorwa nk'icyo cyagombye ahubwo gushyigikirwa n'ubuyobozi bw'inkambi ahubwo akigisha n'abandi bose.
Musubize2.09.2012 saa 15:15
Ji

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!