Abacuruzi bamwe bahitamo gukorera mu gihugu kubera gukererezwa ku mipaka


Yanditswe kuya 14-09-2012 - Saa 00:31' na Habimana James

Kubera gukererezwa ku mipaka abacuruzi bamwe na bamwe mu Rwanda bahitamo gukorera ubucuruzi bwabo mu gihugu. Ibi ni ibyagaragajwe n’abacuruzi mu nama yabahuje na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu rwego rwo kurebera hamwe uko abacuruzi bo mu Rwanda bafashwa, kugirarango bashobore kuba bakora ubucuruzi burenze imipaka.

Minisitiri w’Ubucuruzi François Kanimba watangije iyi nama yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Nzeri 2012, yavuze ko gufasha aba bacuruzi bakora ubucuruzi bwambukanya imipaka bikenewe kongerwamo ingufu bagahabwa abamahugurwa, kandi anagaruka no k’uruhande rw’abagore, avuga ko usanga nabo bagikora ubucuruzi bukiri hasi bityo ngo Minisiteri ayoboye ifatanyije n’ikigega cya BDF bakaba bagiye ku bafasha babahuriza hamwe, nyuma bakabatera inkunga kuko ngo usanga bagize 74% by’abakora ubucuruzi muri aka karere.

Minisitiri Kanimba kandi yavuze ko bidakwiye ko abakora ubucuruzi bukiri ku rwego rwo hasi, bafatwa nk’abakora ubucuruzi butemewe n’amategeko, kuko ngo byagaragaye ko aba bacuruzi bazaniye u Rwanda amadorari menshi arenga miliyoni 50 ya Amerika mu mezi 6 gusa y’umwaka wa 2012, bityo ngo gushyira hamwe aba bacuruzi bagaterwa inkunga zikaba arizo ngamba Minisiteri yafashe.

Bimwe mu bibazo byagaragarijwe muri iyi nama, abacuruzi bo mu Rwanda bagihura nabyo iyo bagiye gucururiza muri ibi bihugu byo muri aka karere, birimo nko gucibwa amafaranga menshi ku mipaka, kwamburwa ibicuruzwa, kwakwa ruswa ndetse no gutinzwa ku mipaka bakwa ibyangombwa bityo ibicuruzwa byabo ugasanga bihahombera, nabo bagahitamo kureka gushora ubucuruzi bwabo mu mahanga, ahubwo bagahitamo gukorera imbere mu gihugu.

Kuri iki kibazo Minisiteri yabamaze impungenge ibabwira ko u Rwanda rwiyemeje kuganira n’ibihugu byo muri aka karere, ku girango izi mbogamizi zivanweho, dore ko ngo u Rwanda rwo rwamaze kuzivanaho.

Dr Cyubahiro Bagabe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo k’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge mu Rwanda aricyo RBS, yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza kunoza bimwe mu bicuruzwa byoherezwa mu mahanga bifite ubuziranenge, iki Kigo cyafashe ingamba zo gukaza ubugenzuzi,, kugirango ibyoherezwa hanze biturutse mu Rwanda bigirirwe ikizere, kandi anakangurira abacuruzi bo mu Rwanda kwegera iki Kigo cyikabereka ibipimo bigenderwaho mu karere, bityo bakirinda kuba bagwa mu makosa.

IBITEKEREZO
Bimwe mu bibazo bigaragarira abantu bakunze kugenda hirya no hino mu bikorwa byabo by'ubucuruzzi , abacuruzi bo mu Rwanda baracyahura n'ibibazo bya ruswa itagaragazwa neza mu bikorwa byo muri ibi bihugu byo muri aka karere, gutinzwa ni uburyo bukomeye bwo guhima abacuruzi ngo bagire icyo bibwira , bivuze kwigura bagatanga ruswa .Ibyo gucibwa amafaranga menshi ku mipaka no kwamburwa ibicuruzwa byabo bimaze kuba nk'umuco ariko cyane cyane baba bihishe inyuma ngo yo guca akajagari. Ibi abantu babibonyemo umushinga aho gutungwa n'imishahara yabo.Iki gihombo rero nicyo gituma abantu bahitamo kureka gushora m'ubucuruzi .Ibibazo birebana n'ubucuruzi mu mahanga n'imbere mu gihugu bugomba gukorwaho ubushakashatsi neza naho ubundi tuzajya ducyura make. Ntarugera François
Musubize15.09.2012 saa 01:51
Ntarugera François

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!