Abacuruzi ba EACC baba muri Amerika bateguye inama ku bucuruzi


Yanditswe kuya 10-10-2012 - Saa 04:02' na Kwizera Emmanuel

Ihuriro ry’Abacuruzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EACC) baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ryateguye muri uyu mwaka wa 2012 inama y’iminsi itatu ku bucuruzi, izabera i Dallas muri Texas.

Nk’uko tubikesha Umuyobozi wungirije muri Komite, Frank Kanobana, uyu mwaka inama iziga uburyo iterambere ry’ubukungu mu muryango ryazamurwa haba ku ruhande rw’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) no ku kubagize iryo ihuriro rikorera muri Amerika.

Nk’uko Kanobana abitangaza, inama yanateguriwe kwigira hamwe uburyo bwo guhuza imbaraga mu gushora imari muri Afurika.

Iyi nama izitabirwa n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru za Guverinoma z’ibihgu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba. Abambasaderi bo muri Kenya, u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzaniya bazaba bayirimo.

U Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika ruzaba ruhagarariwe n’Ambasaderi James Kimonyo.

Usibye abo bayobozi n’abacuruzi baturuka muri EAC, izanitabirwamo n’abayobozi bo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na bimwe mu bigo by’ubucuruzi.

Inama izatangira ku itariki ya 11 kugera ku ya 13 Ukwakira 2012, bitewe n’itandukaniro ry’ibiciro ku bazitabira iyi nama bazishyura, bizaba bikubiyemo kwitabira inama, imurikagurisha, icyo kunywa no kurya bizihiza ibirori, abifuza kuyitabira basabwa kwiyadikisha.

Ihuriro ritangaza ko n’ubwo bitarashyirwa ku mugaragaro, u Rwanda na Tanzaniya nibyo bigaragara nk’ibihugu bitanga serivisi zinoze ku bashoramari b’ubucuruzi bihugu bigize EAC.

Ihuriro ry’Ubucuruzi muri Afurika y’Iburasirazuba rigamije guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na EAC igizwe n’abaturage baba muri Amerika barenga ibihumbi ijana.

IBITEKEREZO
Abacuruzi b'Abanyafurika baba muri America ? mwatubwira neza icyo abo bacuruzi bacuruza ? haba hari business bakorana cg se bifuza gukorana n'u Rwanda, en partculier se ? ko numva muvuga Africa gusa ? none uwo muryango wabo hari aho uhuriye na EAC dusanzwe tuzi ? Murakoze kumpa ibisobanuro
Musubize10.10.2012 saa 10:14
Patriot

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!