Banki ya Kigali yaje ku isonga muri Afurika y’Uburasirazuba


Yanditswe kuya 7-06-2012 - Saa 16:56' na TURIKUMWE Noël

Banki ya Kigali (BK), imwe muri banki nkuru mu Rwanda ugendeye ku mubare w’abakozi ikoresha, amafaranga izigamye, inguzanyo itanga, yahawe igihembo na « magazine African Banker » nka Banki ya mbere muri Afurika y’Iburasirazuba muri uyu mwaka wa 2012.

Ibihembo bya buri mwaka bihembwa abagaragaje ibikorwa byiza mu ishoramari muri Afurika, byatewe inkunga na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) mu nama yabereye i Arusha.

Hahembwe banki hakurikijwe kuba yarabonye abakiriya bashyashya, serivisi nshya, kwinjiza abantu badasanzwe bakoresha banki, gukoresha ikoranabuhanga rishya no gufasha mu iterambere ry’imari.

Banki ya Kigali rero niyo yabashije kuza ku isonga nyuma y’aho igaragaye nk’indashyikirwa mu bikorwa byayo byose n’uruhare yagize mu iterambere ry’u Rwanda no muri aka Karere.

African Banker yashyizweho mu mwaka wa 2007, ikaba ari akanyamakuru gakurikiranira hafi ibijyanye n’imari n’amabanki ku mugabane wa Afurika. Iyi magazine ireba iby’iterambere ry’imari muri Afurika, yandika mu Gifaransa no mu Cyongereza kugira ngo igere kuri Afurika yose.

Mu mirimo isanzwe ikora ku byerekeye amabanki ya Afurika, ijya itanga ibihembo ku bantu n’ibigo by’imari byagize uruhare mu iterambere ry’amabanki muri Afurika.

Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali James Gatera yatangaje ko yishimiye igihembo bahawe na African Banker. Yagize ati : « Banki yacu yagize ubudahangarwa ku isoko ry’amabanki, twashyize imbaraga kubantu badasanzwe bakorana n’amabanki ndetse no gutera inkunga imishinga minini.

Bitewe na serivisi itanga, mu 2011 Banki ya Kigali yagaragaye nka banki ikomeye mu rwego mpuzamahanga ndetse no mu gace.

Lado Gurgenidze, Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Abakozi nawe yashimiye ikipe y’abakozi bose bakorana batumye banki ihabwa iki gihembo. Yongeyeho ko anashima kuba banki ya Kigali yaragumanye umusaruro mwiza mu bagenerwabikorwa bayo bigatuma imenyekana muri aka gace.

IBITEKEREZO
nibyo koko ikwiye igikombe kuko itanga service nziza kandi nta mananiza igira turashima decouvert iha abakozi nta mananiza aho usanga andi ma bank ubanza kwandika ukazategereza bigatinda akakugeraho utakiyakeneya ariko bk wuzuza cheque bagahita baguha amafaranga .mukomereze aho.
Musubize11.06.2012 saa 01:23
betty
None se za KCB ko zisanga BK ino zikahakorera, yo ikaba itarambuka umupaka, yaba izihiga mu mikorere gute ?
Musubize8.06.2012 saa 05:31
Negro
IBA IYAMBERE ITE IKORA AMANYANGA ISHYIRA ABAKOZE MU MYANYA IKURIKIJE AMARANGA MUTIMA KANDI ITANGA ATTESTATION DE NON CREANCE YARANGIZA UMUCLIENT YARAYISHYUYE NTAMWENDA AYIRIMO UGASANGA YANGA KUMUKURA KUBATISHYUYE DONC AKAGUMA KURUTONDE RWABATISHYUYE.
Musubize8.06.2012 saa 03:54
OMAR
MZEE KIJANA wacu oyeeee !!!!
Musubize8.06.2012 saa 03:34
kanuma
uuuh ngo nabambere uhagarariwe ningwe aravoma koko bataba abambere se !!!!muzumve amateka ya bk mwumve nabayobozi bayo bakuru muzahita mwumva impamvu baba aba mbere
Musubize8.06.2012 saa 03:10
WAPI
Uhagarikiwe n'ingwe aravoma ! Uzabaze uko yari imeze mbere itara ritararasa.
Musubize7.06.2012 saa 23:05
Rwangombwa
inagira na service nziza yakira aba clients neza nta mpamvu yo kutagihabwa
Musubize7.06.2012 saa 15:52
zizou
wow,my Congratulations to BK Administrators ; Especialy to our MD and to all Bk staff. Thanks Magazine African Banker for the Award, as a staff of BK I wish This Bank to oppen more other Branches in Africa, Europe,... Come One, Come all, BK IS tHE bESt oNE, tXX
Ikoranabuhanga,customercare.mbega turayishima.Akarusho ikoresha n'abakobwa bezaaa !!!
Musubize7.06.2012 saa 11:12
Vincent
Banki ya mbere ni BRD (Banki y'u Rwanda icura amajyambere) naho izindi zirayikurikira !!!!!!!! Uzi ukuntu igera aho andi ma Bank yanze kujya (epfo iyo....) ibaze kuguriza umuhinzi w'imyumbati nkajye wibera iyo !!! Ngo na Premier Ministre wayisuye muri iki cyumweru yarayishimye cyane. Komereza ho
Musubize7.06.2012 saa 11:02
Gyan
rwose BK nibanki nziza idafite amananiza twabonye uburyo yitabiriye gutanga inguzanyo kubantu bafashijwe na hangumurimo kugezuba ndemezako ariyo yambere kuricyogikorwa bakomerezaho
Musubize7.06.2012 saa 10:21
HABUMUREMYI JMV
Irabuzwa niki bambe , izaba niyambere kwisi
Musubize7.06.2012 saa 10:08
kanyange

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!