Minisitiri w’Intebe yasabye MTN Rwanda kwiminjiramo agafu


Yanditswe kuya 6-02-2012 - Saa 17:55'

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gashyantare 2012, minisitiri w’intebe Pierre Damien Habumuremyi yasuye isosiyete y’itumanaho MTN Rwanda mu buryo butunguranye, asaba ubuyobozi n’abakozi bayo gukora ibishoboka bagatanga serivise nziza kurusha izigaragara ubu.

Gusura MTN byari muri gahunda minisitiri w’intebe yatangiye mu cyumweru gishize yo gusura ibigo bitandukanye atabibamenyesheje.

Nyuma yo gusura ibice bitandukanye muri MTN Center i Nyarutarama, minisitiri w’intebe yaganiriye n’ubuyobozi n’abakozi ba MTN Rwanda ku byerekeye itangwa rya serivise nziza, ndetse yongeraho ko MTN ikeneye kwiminjiramo agafu muri urwo rwego.

Ati ’’ Buri wese kuva kuri jye ubwanjye, n’abandi bayobozi muri guverinoma barimo na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bajya binubira serivise zanyu kandi hakenewe impinduka igaragara.’’

Minisitiri w’intebe kandi yagarutse ku bibazo bigaragara muri serivise za internet no guhamagara zitangwa na MTN, abamenyesha ko hari n’abanyamahanga baba baje mu nama mu mahoteli akomeye babyinubira.

Mu bindi yasabye MTN harimo icy’uko yatanga serivise zifite ireme kandi zihendutse, kandi igafasha leta gusakaza itumanaho rya telefone mu baturage, ku buryo umubare w’abakoresha telefone zigendanwa mu Rwanda wazamuka nibura ukagera kuri 60% bavuye kuri 40%, nk’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) ibyerekana.

Umuyobozi wa MTN Rwanda, Khaled Mikkawi we yavuze ko buri mukozi wese w’icyo kigo aba afite mu mutwe we inshingano yo gutanga serivise nziza ku bakiliya. Yongeyeho ko MTN ikora cyane kugirango ibibazo byose bikemuke n’ibitagenda neza bikosoke. Aha yatanze urugero ku bakoresha telefone za Blackberry bakunze guhura n’ibibazo muri iyi minsi, aho yavuze ko kuva uyu munsi byatangiye gukemuka.

Muri urwo ruzinduko rutunguranye, minisitiri w’intebe yari aherekejwe n’abayobozi batandukanye barimo minisitiri muri perezidansi ushinzwe Ikoranabuhanga mu Isakazamakuru n’itangazabumenyi, Dr Ignace Gatare, Regis Gatarayiha uyobora RURA, na Patrick Nyirishema uyobora ishami rya ICT muri RDB.

IBITEKEREZO
Ariko noneho abantu ubanza batakinamenya ikibi n'ikiza.Muri Gatsibo twariruhukije maze !!!!!!!Eh eh eh eh !!!!!! Reka di mureke amatiku nibwo muzatera imbere. Icyo mpamya ni uko uriya mugabo w'ubutaka asobanutse !Uzi ukuntu ahubwo yumva ibibazo by'abaturage ? Ahubwo tujye tumenya no gushimira Imana yamuduhaye.Nuko rero ntimugakunde byacitse. Yewe nzaba ndora koko !!!! Kandi mujye mureba n'impinduka.Kabarore Kiramuruzi n'ahandi....ahubwo bafite Ikipe ikomeye,mureke tuve ku kejo tubakurikire. Meya,Isaie,Lands,Gitifu wabo,nimukomere sha,tumeze neza,naho ibindi ni orugambo.
Musubize7.02.2012 saa 16:52
Nzabandora Ntamunoza
AZASURE INSTITUTIONS ZIMWE Z'INTANGARUGERO MAZE AREBE IMIKORERE INOZE YAZO. AHA TWAVUGA NKA SORAS IMAZE KUBA ICYITEGEREREZO (MODELE) CYANE CYANE KU BIREBANA NO GUTANGA AKAZI MU MUCYO (TRANSPARENCY). SORAS OYEE !
Musubize7.02.2012 saa 11:46
GAKURU
komerezaho Nyakubahwa. Abanyarwanda bifuza kwigihugu cyabo cyatera imbere turi benshi,turagushigikiye.
Musubize7.02.2012 saa 08:15
david
PM azatubarize akarere ka kirehe ibijyanye n'amafaranga ya capitation grant y,igihembwe cya nyuma 2011.twarashobewe.
Musubize7.02.2012 saa 07:00
eugene
PM azatubarize akarere ka kirehe ibijyanye n'amafaranga ya capitation grant y,igihembwe cya nyuma 2011.twarashobewe.
Musubize7.02.2012 saa 07:00
eugene
ariko mana nukuri urimo kugenda usubiza abanyarwanda gusa ndasaba ngo asure ONG ndeste na za kaminuza zose atunguranye byadushimisha
Musubize7.02.2012 saa 07:00
Emmanuel
Erega uwakubitira imbwa gusutama ntayasira nihe hazimase ???????
Musubize7.02.2012 saa 06:30
mwunvaneza
RURA se imuherekeza ite kandi nayo itazi ibyo ikora ? yashyizeho ibiciro byo mu mujyi ariko nta nahamwe byagabanutse. Kimironko ho yariyongereye ahubwo. Imodoka zose zahindutse izizenguruka ! Zirazenguruka se koko ?!
Musubize7.02.2012 saa 06:21
kayiranga
Azasure dispensaire ya Muhima arebe abaganga bamwe na bamwe ibyo bakora wakumirwa uziko utekereza ugezeyo bakubwira ngo ugiye gusuzumwa na runaka ukavuga ngo ushatse wataha, hari umusaza uhakora muremure muri consultation ugera mu biro bye utaramusuhuza, akakubwira ngo urwaye ute uba utaricara, igihe utararangiza kuvuga akaguha i karini yanditsemo imiti ukibaza niba iyo miti ayanditse yumvise ikibazo ufite bikakuyobera, niyo mpamvu iyo bakubwiye ngo urajya mu muryango akoreramo urasubirwa, uzi iyo wasuzumwe n'umudamu nahasanze akanyakira neza witwa Jacqueline yo kabyara yewe wanakira nta muti unyoye ntagira uko asa
Musubize7.02.2012 saa 04:07
nyakaboss
PM Dr Habumuremyi ndamushimira uburyo akora akazi ke,ndashima na HE ukuntu areba kure, ariko Mana yanjye ntimwakumva ukuntu numva mfite umunezero kubwo kugira HE na PM bari serieux, iki gihugu kirimo imitangire mibi ya service n'agasuzuguro gakabije. dore inzira nkuko Fabien yayitanze haruguru : www.primature.gov.rw contact us,ubundi ugasiga message na phone yawe cyangwa e-mail yawe. murakoze.
Musubize7.02.2012 saa 04:03
kayobotsi
EXCELLENT JOB our beloved PM !! Uzatungure na NGOs zikorera mu Rwanda. Long live our blessed government !!!!!!!!!
Musubize7.02.2012 saa 03:19
Proudrwandan
Uuuumva ntacyo navuga uyumugabo ni HABUMUREMYI rwose ndashimira H.E wamutekerejeho akamushinga izinshingano. icyo nasaba nuko yazasura Amabanki cyane cyane izabaturage aho waka Avance sur salaire ukayirukaho amaguru agashya. Go ahead P.M oyeeeeeee H.E Oyeeeeeeee Rwanda Oyeeeeeeeeeee
Musubize7.02.2012 saa 02:44
J.de Dieu
TURASHIMIRA PM WACU KABISA. TWAMUSABAGA KO YASURA RWANDA LAND CENTER AKIREBERA UBURYO BATANGA SERVISE IDAKWIYE.
Musubize7.02.2012 saa 02:41
bubu
Azasure Banques poulaires ATM zabo zigukuraho amafararanga ariko ntiziyaguhe yemwe akayabo, wajya kubaza ngo uyagarurirwe ugaheruka wuzuza forms/formulaires ugasiragira amaguru yashya ugataha amaramasa. nkanjye amezi atanu arashize, azabatungure nabo abazonge ibindi byo ntawavuga, ariko hari ibyo bari kugerageza guhindura vraiment ariko nta kabaraga.
Musubize7.02.2012 saa 02:33
NIYOMWUNGERI Pascal
Turasaba ko yatungurana agasura ISAE-Busogo akareba ibihabera kandi agaha ijambo anyeshuli n'abarimu bakamugezaho ibibazo bafite. Murakoze
Musubize7.02.2012 saa 01:43
MUSONI Damas
Njye hari umuntu duherutse guhura yahuye n'ikibazo cy'uko computer ye yo mu bwoko bwa apple yishwe n'uko yagerageje gukoresha modem ya MTN, niba byarabananiye gukora modem ikorana na windows na apple, basi bajye babibwira abakiliya babimenye hakiri kare ! Kuko nk'uwo munyamahanga rwose yari yatakaje data zose yari afite ku mashini ye, ubwo rero sinzi uko MTN yabyishingira
Musubize7.02.2012 saa 01:22
mac
Nyakubahwa se yazatunguye sacco yi huye nawe akihera amaso uko abarimu baba bumiwe
Musubize7.02.2012 saa 01:17
patrick
Uyu muyobozi n'umuntu w'umugabo kabisa, President wacu areba kure babyemera batabyemera. na ma website yabo usangaho amakuru anoze kandi ameze neza. ubona aribiro bisobanutse.
Musubize7.02.2012 saa 00:54
chris
NYABUNA MINISTER RWOSE UZATUNGURE BANKI Z'ABATURAGE CYANE IYA MUHIMA MAZE WIREBERE IMIKORERE YAZO NIYO MVUZE GUSA ARIKO ZOSE MURI RUSANGE ZIKORA NABI PEEEEEEEEEEE !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!! IKIMENYANE AGASUZUGURO RWOSE PEEEEEEEEEEEEEEEEEE !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
Musubize7.02.2012 saa 00:22
rwasamirera
Ibiro bishinzwe ubutaka bw'Akarere ka Gatsibo, bikwiye kwisubiraho bigatanga service nziza.Umukuru wabyo arakabije gusuzugura abaturage,kubatuka no kubajujubya abananiza mu kubona ibyangombwa.PM azamutungure .
Musubize7.02.2012 saa 00:10
######
1 | 2 | 3

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!