RURA yatangaje ibiciro bishya ku mavatiri atwara abagenzi


Yanditswe kuya 29-08-2012 - Saa 03:31' na IGIHE

Mu gihe hari hamaze iminsi hashakwa uburyo ingendo mu mujyi wa Kigali zakorwa mu buryo bunoze, habanje gushaka uburyo hatunganywa ibirebana n’abakoresha imodoka rusange zitwara abagenzi, ubu hashyizweho ibiciro bishya ku modoka z’amavatiri zitwara abagenzi.

Ku itariki ya 28 Kanama 2012, Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abahagarariye abatwara imidoka z’amavatiri zitwara abagenzi zikorera mu Mujyi wa Kigali.

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi mukuru wungirije wa RURA, Mukangabo Beata, bateguye iyo nama nyunguranabitekerezo mu rwego rwo kugira ngo babasobanurire ibiciro bishya ngenderwaho bagiye guhabwa.

Mukangabo yavuze ko icyo kigo kigiye gushyiraho mubazi (akamashini) izajya ipima ibirometero imodoka igenda, maze avuga ko umugenzi azajya yishyura amafaranga akurikije igihe azaba amaze mu modoka cyangwa se ibirometero yagenze, ndetse bakazafatanya na Polisi y’Igihugu kureba niba iyo modoka ifite ako kamashini.

Basobanuriwe uko ibiciro byagiye bihindagurika mu myaka yashize aho kuva mu mwaka wa 2005 igiciro ku isaha cyari 3,000 frw kuri taxi voiture zikora ku kibuga cy’indege, gukodesha taxi voiture ku munsi bikaba byari 20,000 frw, kuva muri 2008 igiciro ku isaha cyari amafaranga 4,000, gukodesha bikaba byari 30,000 frw, umwaka ushize wa 2011, igiciro ku isaha ku kibuga cy’indege byari 4,000 frw, gukodesha ku munsi bikaba 40,000frw.

Ubusanzwe, igiciro cya taxi voiture zikorera ku kibuga cy’indege , kilometero imwe yari amafaranga 509 frw, na ho igiciro kuri kilometero imwe kuri taxi voiture zikorera ahandi (hatari ku kibuga cy’indege) kikaba amafaranga 433, na ho ku modoka zikodeshwa ku munsi igiciro kikaba amafaranga y’u Rwanda 42,000.

Gusa icyagaragaye muri iyo nama nyunguranabitekerezo ni uko abayitabiriye batumvikanaga ku kibazo kijyanye n’igihe cyo gutegereza umugenzi (Waiting time).

Kayitare Deogratias wari uhagarariye Kigali Taxi Services, yavuze ko ubundi imodoka zabo zitegereza umugenzi iminota 15, nyuma yayo bagatangira kumubarira amafaranga 50 buri minota 15, ibi ngo babaga babyumvikanyeho n’umukiriya wabo kandi ngo ntibimutera ikibazo.

Ku ruhande rwa RURA, basanga abatwara abagenzi muri taxi voiture badakwiye kwaka abakiriya amafaranga yo kubategereza (waiting time) mu gihe batarabyumvikanaho.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ndikuriyo Innocent, Umuyobozi uhagarariye abatwara imodoka ku kibuga cy’indege, yavuze ko bishimiye ibyo biciro bitewe n’uko batajyaga bumvikana neza n’abagenzi, ariko ubu bakaba bagiye gushyiraho ibiciro bizwi.

Ubu igiciro cyemejwe ni amafaranga y’u Rwanda 500 kuri kilometero imwe.

Inkuru dukesha Izuba Rirashe

IBITEKEREZO
Mureke tujye twiyumvikanira ahubwo RURA yo ishyireho ibiciro ntarengwa kugira ngo abaturage badahendwa.
Musubize29.08.2012 saa 12:49
RUGERO PATRICK
RURA nitanjye amabwiriza zoze zigire ibara rimwe tuve muri cyimeza tujye muri professionalism kandi buriya ni inzego z'umutekano zabyungukiramwo bibaye gutyo ndetse na RRA nayo yamenya abo isoresho ba Rusahurira mu indura bagacika burundu. Komera RWANDA
Musubize29.08.2012 saa 08:53
MAGORWA PATRICK
ibyo nibyiza cyane kuko banyiri amataxi nibo babihomberagamo aho abashoferi batwara taxi babahaga 40000/week, so urumva ko harimo inyungu aho bazajya babara kms imodoka yakoze.. Twasabaga uwo BEATA uhagarariye RURA ndetse na Traffic Police ko yategeka taxi gutera amarangi agaragara !muzarebe neza ziteye akarongo gato uri kure ntakabona, byashoboka bakayatera kuri capo no kumatara kuko bitugora kuzimenya byoroshye,
Musubize29.08.2012 saa 06:54
Mimi
Ndezi, ushaka kujya ahatagera kirometero uzishyura ayo ikirometero cyangwa utege twegerane byose n'amahitamo. Uteze imodoka k'umurongo (ligne) ijya Kampala ukaviramo Gatuna wishyura aya kampala, kuko wakabaye utega ijya gatuna mwanya wa kampala. Rura nibyiza gushyiraho ibiciro ariko munashyireho kubwo ubwumvikane bw'umugenzi n'umushoferi bashobora kwiyumvikanira bikaba nk'itegeko hagati yabo.
Musubize29.08.2012 saa 05:31
Leo
Ni uguteganya ibihano bikomeye ku ma taxi azacisha umukiriya kure y aho agiye kuko byaba ari ubujura. Ubundi ahandi habaho ibiciro fatizo ukicara mu taxi hakagenwa amafr runaka, nyuma hakagenda hiyongeraho amafr make kuri buri kilometre cyiyongereye. Urugero mu Bushinwa, ukinjira muri taxi ubarirwa forfait ya 10 Yuan kuri 10 km maze uko urengeje i km ukongeraho 2 yuan. Iwacu naho byari bikwiye kuba gutyo hagafatwa forfait ya 5 km umukiriya akabarirwa nka 2000Fr hakiyongeraho 200fr kuri buri km hejuru ya 5 byibanze. Uru ni urugero ntanze gusa kugira ngo nugiye ku kil atashyura 500fr kuko byahombya nyiri taxi.
Musubize29.08.2012 saa 05:29
pkananga
Ni byiza kuri iyi nkuru. Hanyuma se Kilometero imwe nitagera umugenzi azajya amenya yishyura angahe ? Ibi birashoboka cyane mugihe imvura iba irimo kugwa umuntu akeneye imodoka imurinda kunyagirwa. Numva RURA yagombye gushyiraho amafaranga ayo bita flag-ree fare mu cyongereza umugenzi yishyura igihe cyose ahagurukije imodoka noneho akagenda yiyongera bitewe n umubare wa kilometero ndetse n igihe urugendo rumaze. ako kamashini bavuga kandi niko kagombye gutanga bill kagatanga igiciro gitangwa na formula ( Flag-free fare (Kilometer Fee*Kilometers) Time proportion*Kilometer fee)) . Kubara igihe ni ngombwa cyane kuko umushoferi akoresha essence nyinshi iyo hari traffic congestion kuburyo kumwishyura amafaranga ya kilometero gusa yaba akorera mugihombo gikabije. Ikindi RURA yagombye gushyiraho n uburyo bwa telecommunication bworoheje bwo kurangira aba taximen abagenzi hakoreshejwe radios ndetse na GIS. ibi bizateza imbere umwuga wabo kandi bizatuma business itera imbere cyane muri Kigali. nimubikenera muzambwire mbahuze na ba rwiyemezamirimo bo mu mahanga babizobereyemo. Murakoze
Musubize29.08.2012 saa 05:02
NJC
none se ushaka kujya ahantu hafi kuburyo ikilometero kidashyika bizajya bigenda gute ? kandi hari imbogamizi dufite iyo uteze taxi, uyitwaye akumva utahazi agucisha ahantu kure cyane akakuyobya mukazagera hahandi wifuza kugera ibirometero byabaye byinshi koko.
Musubize29.08.2012 saa 04:38
ndezi

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!