Sosiyete y’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu byo mu kirere RwandAir, iratangaza ko yungutse izindi ndege 2 zo mu bwoko bwa CRJ900 nyuma y’ubufatanye hagati ya Leta y’u Rwanda na sosiyete yitwa Bombardier yo mu gihugu cya Canada.
Izi ndege nshya biteganyijwe ko zizagera i Kigali tariki ya 22 uku kwezi nyuma y’amasezerano yabereye kuri uyu wa gatanu ku cyicaro cya Bombardier giherereye i Québec muri Canada.
Umuyobozi mukuru wa RwandAir, John Mirenge yatangaje ko kongera izi ndege, biri mu rwego iyi sosiyete ifite mu guteza imbere ubucuruzi mu rwego mpuzamahanga ariko ugasanga hari hakiri ikibazo cy’indege zikoreshwa zifite ubushobozi buke.
Mirenge yakomeje avuga ko izi ndege zigiye gufasha iyi sosiyete dore ko ubu ziyongereye ku zindi ndege 5 iyi sosiyete isanzwe ifite bityo zikaba 7.
Buri ndege ikaba ifite ubushobozi bwo kugira imyanya igera kuri 68 igenewe ibijyanye n’ubucurzi bityo ngo zikazafasha abacuruzi bazazikoresha kongera ingendo zabo nka Dubai ndetse no ku mugabane wa Afurika muri rusange.
Mirenge yatangaje ko ibi bigaragaza ukuntu u Rwanda rukomeje kugirana umubano mwiza ushingiye ku bucuruzi n’andi masosiyete atandukanye nka Bombardier yo muri Canada.
Bombardier ni imwe muri sosiyete mpuzamahanga ikora ibijyanye n’ingendo ku isi aho ikora indege zitandukanye zijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Edda Mukabagwiza uhagarariye u Rwanda muri Canada, yatangaje ko yishimiye umubano uri hagati y’u Rwanda na Canada bityo akangurira iyi sosiyete ya Bombardier gukomeza kunoza imikorere yayo kandi akangurira n’andi masosiyete gushora imari yabo mu Rwanda.
Sosiyete ya RwandAir, ibaye iya mbere gukoresha izi ndege zo mu bwoko bwa CRJ900 muri aka karere k’Afurika y’Iburasirazuba.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Amateka y’ifaranga ry’u Rwanda
19.05.2013 |
|
Abacuruzi bizewe bazajya bambutsa ku mupaka ibicuruzwa bidasatswe
17.05.2013 |
|
Airtel : Uzatsinda neza Dundaa promotion azajyanwa mu Bwongereza
14.05.2013 |
|
Ubuziranenge bw’ibicuruzwa by’ab’amikoro make burakemangwa mu Rwanda
14.05.2013 |
|
Tigo yazanye telefoni ya BlackBerry® Z10 na serivisi zayo
13.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |