Iyi ntero yashimangiwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Gashyantare 2012, ubwo Minisitiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi yakiraga mu biro bye intumwa z’Ihuriro Nyafurika ry’Amasosiyete y’Ubwishingizi (FANAF).
Nyuma y’umubonano wihariye izo ntumwa zagiranye na Minisitiri w’Intebe, Perezida w ’Ihuriro Nyafurika ry’Amasosiyete y’Ubwishingizi (FANAF), Ayangma Amang Protais yagize ati :”Twishimiye uburyo u Rwanda rukomeje guteza imbere politiki y’ishoramari rishingiye ku bwishingizi".
Ayangma yavuze ko inama iri kubera i Kigali ari umwanya wo gushimira Perezida Paul Kagame by’umwihariko ku bushake adahwema kugaragaza mu gushyigikira iterambere mu ishoramari n’ibindi bikorwa birishamikiyeho.
Umuyobozi w’ihuriro nyarwanda ry’amasosiyete y’ubwishingizi (ASSAR) Marc Rugenera yatangarije IGIHE.com ko bishimiye inkunga bagiye guterwa na Guverinoma, ibyo bikaba bimwizeza ko u Rwanda ruzarushaho guhangana n’ibindi bihugu ku isoko ry’ubwishingizi.
Yakomeje avuga kandi ko gusobanurira Abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira ubwishingizi ari inzira izakoreshwa kugirango umusaruro uziyongere ku mpande z’umwishingizi n’uwishinganishije.
Inama rusange ya 36 yateguwe na FANAF yahuje ibihugu bisaga 20 by’Afurika ikurikiye iherutse kubera mu Rwanda mu mwaka wa 2004 kuri ubu ikaba yaribanze ku nsanganyamatsiko igira iti :”Guteza imbere ishoramari rishingiye ku bwishingizi ni inkingi y’ejo hazaza heza”.
Foto : Cyril NDEGEYA
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Impamvu RSSB idatanga pansiyo hakurikijwe agaciro k’ifaranga ku masoko
14.05.2012 |
|
RSSB iteganya kongera umubare w’amavuriro bikorana
2.05.2012 |
|
Ikigo cy’ubwiteganyirize gifasha mu gutanga ubwishingizi bw’indwara
26.04.2012 |
|
SORAS izishingira abaturage bifuza kugura amazu ku buryo budasanzwe
17.03.2012 |
|
BNR irahumuriza abaturage bahombeye mu bigo by’imari
14.03.2012 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |