IGIHE.com > Ubuzima

Côte d’Ivoire : Abasiramura abagore batangiye guhanwa


Yanditswe kuya 24-07-2012 - Saa 11:40' na Umurerwa Emma-Marie

Nyuma y’aho abantu batandukanye bari baragizwe akarande n’umuco wo gusiramura ab’igitsina gore, ubu noneho nyuma y’aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rihagurukiye iki kibazo abakora ibyo muri Côte d’Ivoire batangiye guhanwa.

Amakuru dukesha urubuga rwa Afrik53 aratangaza ko mu Cyumweru gishize mu gihugu cya Côte d’Ivoire, bakatiye igifungo cy’umwaka n’amande y’ibihumbi 50,000 by’Amacfa abagore bari hagati y’imyaka 46 na 91 bakoraga icyo gikorwa.

Bikaba ari ku nshuro ya mbere mu mateka y’icyo gihugu habaho gufatira ibihano abagore basiramura abana b’abakobwa nk’uko bitangazwa n’uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibubye ryita ku baturage (UNFPA) mu gihugu cya Côte d’Ivoire ariwe Suzanne Maïga Konaté.

Gusiramura abagore, ni umuco ugaragara mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, aho umwana w’umukobwa acibwa bimwe mu bice bigize imyanyandangagitsina ye y’inyuma hakoreshejwe icyuma cyangwa urwembe, ibi kandi bikajyana n’indi mihango gakondo bakorerwaho.

Abakora iki gikorwa ngo baba bagirango, aba bakobwa batazaca inyuma abagabo babo. Abandi nabo bakavuga ko ngo umugore wakorewe iki gikorwa yitwara neza mu mibonano mpuzabitsina.

Igikoresho cyakoreshejwe iki gikorwa ngo nkicyozwa, ahubwo kirabikwa kikazakoreshwa mu gusiramura abandi bakomoka muri uwo muryango cyangwa muri ako gace.

Iki gikorwa cyo gusiramura abakobwa hakoreshejwe ibikoresho gakondo, ngo kigira ingaruka nyinshi ku wagikorewe harimo ubugumba, kuva amaraso menshi bikaba byamuviramo urupfu, indwara ya Fistule (iyi ndwara ituma umugore ashwanyuka imyanya myibarukiro, kuburyo ahanyuraga umwanda ukomeye hagahura nahanyura uworoshye, umugore ntamenye igihe byaziye).

Ishami ry’Umuryango w’Abibubye ryita ku buzima OMS, ryarasohoye itangazo ryamagana icyo gikorwa kuko ngo gifatwa nk’ihohoterwa rikorerwa igitsinagore.

Ni muri urwo rwego ibihugu bimwe na bimwe byatangiye gushakisha abakora ibyo bikorwa bagashyirwa imbere y’ubutabera.

IBITEKEREZO
Reka mukababaze ntimuzi aho kavuye ! Abo ni inkecuru zigize najuwa ziba zitakibyara zarangiza zikigisha ibibaho n'ibitabaho. Ubwo bariwe n'igise babitinyuka ? Sha ni uko muri iyo nyine. Birababaje weeee
Musubize6.08.2012 saa 07:52
puchu
amoko aragwira pee ubwose koko abobana barabahemukiye gusa icyo nicyo gihe ngo barenganurwe
amoko aragwira pee ubwose koko abobana barabahemukiye gusa icyo nicyo gihe ngo barenganurwe
Mbega ibintu bibabaje weeeee !!! Nko gukona ihene ikivuka kweli ? Aha hantu nta gaciro baha ikiremwa muntu.
Musubize3.08.2012 saa 14:38
mmeny3@gmail.com
ibi si ibintu peeee Mana tabara ubwoko bwawe bumenye ubwenge kuko bica ibiremwa byawe data
Musubize27.07.2012 saa 02:02
######
uyu niwo muco wabo,ntabwo bivugako ari abasiramu,babibakora akenshi bavugango batazaca inyuma abagabo babo,ariko akenshi ibi bihugu byiganjemo aboagore batazi gusoma no kwandika,bakabikora abakobwa babo bavugango niwo muco kuburo njye naganiriye nabo babikoreye nababikoze abana babo bambwirako ariwo muco,kubutyo usanga bafite amatsiko yo kureba igitsina gore kitakebwe,ariko niba ari abantu bagira indwara zo mubitsina nibo bahora barwaye,kandi bambwiyeko hari nabo babikorera bakava paka bapfuye kuko batabikorera no kwa muganga ikindi bavugako ngo babibakorango batazaca inyuma abagoba ariko niba ari abantu babasambanyi nibo ikindi abagabo babo bagira abagore benshi kuko akenshi arangiza ituru imwe umugore yabaye ibisebe,yashaka kwiyongeza akabyuka akanjya kuwundi mugore gutyo akenshi iyo ubajije umugore wahuye niryo siramurwa akubwirako iyo akora imibonano ababara cyane. ibyabo ni birefu gusa harimo ubujiji bwinshi
Musubize26.07.2012 saa 10:08
gwizagwiza@yahoo.fr
Iyi ni crime mu zindi.....aba bagore babikora nibahanwe by'umwihariko kuko niba bo barabigiriwe si ngombwa ko babigirira batoya babo....Erega isi irimo gi=utera imbere ntawakomeza kugendera ku mico naho yaba ari gakondo iyo ibaye mibi ku buzima NIHAGARIKWE BURUNDU abayikora nabo bashyirwe mu butabera hakiri kare. Uwo muco uragacika.....
Musubize24.07.2012 saa 12:22
Athena
None se abo babikora baba ari aba islam ra ? cg ni just umuco gakondo ?
Musubize24.07.2012 saa 07:00
Uncle-Sam
nindese wakubwiye ko abaislam basilamura abakobwa. numuco gakondo waho hantu. uzakye mu burasirazuba bwa uganda urebe ababikora ko ari abaislamu. you have been braiwashed to hate them, by the way you dont know who uncle sam is
25.07.2012 saa 00:35
genda sha !
nanjye ndabona ara ba islam ntabandi banyabibi
26.07.2012 saa 02:23
SAM
Yezu tabara, mbega umwana urenganye ! mbega ububabare, oya bongererwe igihano bityo babicikeho burundu, buriya bubabare wazarinda usaza ukibwumva !
Musubize24.07.2012 saa 06:35
marie Odette
Imana izabibabaza,mbega ubwicanyi ! ubwose nta SIDA ihaba ra ? mbega !!!!!!!!!
Musubize24.07.2012 saa 05:32
teta
Imana izabibabaza,mbega ubwicanyi ! ubwose nta SIDA ihaba ra ? mbega !!!!!!!!!
Musubize24.07.2012 saa 05:32
teta
Igihano gito cyane,plz adjust laws babafunge its against human rights.
Musubize24.07.2012 saa 05:29
em
ntabwo aribyiza
Musubize24.07.2012 saa 05:29
nono
Emma, nkunda inkuru wandika. Usanga zifite agaciro kuko zitera abantu gutekereza bu buzima. Merci.
Musubize24.07.2012 saa 05:09
Savio
Ariko Mana yanjye, aka gakobwa bagaritse izuba riva baragashakaho iki ?
Musubize24.07.2012 saa 04:57
Kinyange

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!