IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Beterave ikiribwa ntagereranwa ku buzima bw’umuntu


Yanditswe kuya 10-10-2012 - Saa 10:02' na Emma-Marie Umurerwa

Ibiribwa bitandukanye bifitiye umubiri wacu akamaro ntagereranwa uretse kuba byadutunga harimo n’ibifite ubushobozi bwo gukiza indwara zitandukanye, beterave ikaba ifite umwihariko wayo wo kongera amaraso no kugira isukari y’umwimerere.

Urubuga rwa bestmonde.com rutangaza ko iki gihingwa cya beterave “Betterave” gifite inkomoko mu Budage kikaba cyaramenyekanye mu mwaka 1700 mbere y’ivuka rya Yezu/Yesu. Beterave ibamo amoko menshi ariko ikunze guhingwa mu Rwanda ni iyo mu bwoko butukura.

Iki gihingwa uhereye mu kinyejana cya kabiri ngo cyifashishwaga nk’umuti, bigeze mu kinyejana cya 14 ho biba agahebuzo kuko ngo Abongereza bacyifashishaga mu kuvura indwara z’igifu.

Beterave zitukura zikungahaye cyane ku binyasukari, no kuri Karoli, ikaba ikenerwa cyane ku mubiri w’umuntu aho igira uruhare mu gufasha umubiri kurwanya indwara zimwe na zimwe zishobora gufata urwungano ngogozi.
Beterave zifasha umubiri kubona imbaraga z’igihe kinini, no kubona umunyu wa potasiyumu bifasha mu kurinda indwara zifata imitsi.

Beterave zibonekamo kandi umunyu ngugu wa kalisiyumu (Calcium), manyeziyumu (Magnesium) n’izindi ntungamubiri zituma utugirangingo duto tugize umubiri tubasha kubaho neza.

Beterave zitukura kandi ngo zongerera umubiri imbaraga mu kurwanya umunaniro, zikongerera amaraso abayabuze bitewe n’uko zikungahaye kuri vitamine “B” no kuri B9 (irimo acide folique) idakunze kuboneka mu biribwa ibyo ari byo byose, ikaba ari ingenzi cyane ku mugore utwite

Beterave iribwa idafite igihu cy’inyuma gifite utubara tw’umukara, ushaka kuyirya abanza kuyihata.

Guteka Beterave mu buryo bunoze, ni ngombwa kuyishyira mu mazi ashyushye avanzemo umunyu na vingre, nyuma ngo hashira igihe kingana n’isaha, umuntu akabona kuyikuraho igishishwa cyayo.

Ushobora kandi kuyikoramo salade, cyangwa ugakoramo umutobe ugira akamaro cyane mu kongera amaraso. Ku bantu bashobora kugira amahirwe yo kuyibona igikurwa mu butaka, ni byiza kuyikoresha itabanje guhura n’umuriro bityo ikifashishwa gutegura salade.

Ushobora kandi kuyitekana n’ibindi biribwa, nk’imboga, inyama, igitoki, potaje n’ibindi.

IBITEKEREZO
rwose nanjye mfite ikibazo nkicyamugenzi wanjye umbanjirije kubijyanye namagambo yikinyrwanda nubwo ndiwe ririya jambo ryancanze merci
Musubize3.11.2012 saa 11:50
Immaculee
k murakoze uwabajije uko bayikoramo salade nagiraga ngo musubize urayihata warangiza ukayikata neza cg se ukayi rapa na rape carotte,ugashyiramo akuntu gate karinganiye ugashyiramo ka vinegar ugatekeraka bigashya babubikunze ukongeramo ibitunguru na poivron cg se na tomates .yashya ukarya .k ibihe byiza
Musubize11.10.2012 saa 04:09
iribagiza
Mutubwire uko itegurwa ushaka kuyikoramo salade ,Murakoze
Musubize11.10.2012 saa 02:24
clarenne
uwasobanuje ijambo URWUNGANO NGOGOZI icyo bisobanura, nagirango ngusubize ushire amatsiko. URWUNGANO NGOGOZI : Barwita mu gifaransa Appareil digestif. Mu kinyarwanda rero, ni ingingo cg inzira, ibyo kurya binyuramo igihe bijya munda .
Musubize10.10.2012 saa 18:16
BB COOL
Digestiv
Musubize10.10.2012 saa 14:34
mafia
Erega mujye mudusobanurira hari ikinyarwanda gikomeye nko : Urwungano ngogozi niki ? munsubize merci
Musubize10.10.2012 saa 12:40
IMMY

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!