Ubushakashatsi burerekana ko ibitotsi bifite uruhare runini mu kurwanya umubyibuho ukabije.
Ubwo byari bimenyerewe ko imyitozo ngororamubiri n’indyo zihariye ari zo nama zahabwaga abashaka kugabanya umubyibuho ukabije, ubushakashatsi bwatangajwe muri Canada buvuga ko umurwayi ufite ibiro birenze urugero ashobora kugira amahirwe yo kunanuka aramutse amaze amajoro menshi asinziriye.
Nyamara batangaza ko abantu basinzira amasaha ari munsi ya 6 yo kwiyongera mu biro.
Nk’uko ikinyamakuru Le Figaro kibitangaza, Jean Philippe Chaput na Angelo Trembay bateganya ko mu minsi iri imbere ababyibushye bikabije bazajya basabwa gusinzira byiyongera ku buryo bwari busanzwe bukoreshwa, ari bwo imyitozo ngororamubiri n’indyo zihariye (regime alimentaire).
Aba bashakashatsi batangaza ko mu bihugu bikize kubura ibitotsi ari kimwe mu byongera umubyibuho ukabije. Ibyo bigaterwa ni uko iyo habayeho kubura ibitotsi bituma ubwonko butangira gutekereza ko umuntu ashonje, hagatangira gukorwa imisemburo myinshi ituma umuntu agira ipfa (appetit).Ibi byombi bigakemurwa n’uko umuntu abonye icyo afungura.
Mu myaka ya vuba ubushakashatsi burushaho kwerekana ko ibitotsi bifite umumaro munini mu kurwanya umubyibuho ukabije.
Bumwe bwakozwe mu gihe cy’ibyumweru 2 na Jean Philippe hamwe na Angelo bwerekanye ko umuntu usinzira amasaha 6 ku ijoro adafite amahirwe yo kugabanuka ibiro nk’usinzira ijoro ryose.
Na none kandi itsinda ry’abagore 245 bahagurukiye kurwanya ikibazo cy’umubyibuho ukabije mu gihe cy’amezi 6, basanze ibitotsi byiza byongera amahirwe yo kugabanuka ibiro kugera ku kigereranyo cya 33%.
Bagira bati mu minsi iri imbere kubanza gusuzuma ko hari ibibazo byo kubura ibitotsi umurwayi afite bizajya byitabwaho mbere yo gukoresha imiti isanzwe ihabwa ba abafite umubyibuho ukabije.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Inigwahabiri zashyizwe ku rutonde rw’ibishobora kurwanya inzara ku Isi
14.05.2013 |
|
Ese umuntu agomba kugana muganga ari uko arwaye ?
14.05.2013 |
|
Gukoresha Sauna cyane, imwe mu ntandaro y’ubugumba ku bagabo
7.05.2013 |
|
Uruhinja rusinziriye rwumva ibyo ababyeyi bavuga
4.05.2013 |
|
Mu nda hanini kuri bamwe mu bagore bacuze ikimenyetso cy’uburwayi
3.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |