IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Hagiye gusiramurwa abanyeshuri 300 ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda


Yanditswe kuya 9-10-2012 - Saa 04:47' na Olivier Rubibi

Mu gusoza ubukangurambaga bwo kurwanya SIDA bwatangiye mu 2011 mu nsanganyamatsiko yagiraga iti “rubyiruko twirinde SIDA tuyirinde n’abandi duharanira ejo hazaza heza”, hazasiramurwa abahungu bo muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda 300.

Anitha Ohayo, ushinzwe ibikorwa byo kurwanya SIDA, yatangaje ko ha hatangijwe igikorwa cyo gusiramura ku buntu ababyifuza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ku bitaro bya Kabutare no ku ivuriro rya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (CUSP).

Nk’uko Anitha Ohayo yabitangaje, hatangizwa iki gikorwa cyo gusiramura ku buntu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda bije kuhabera kubera ko muri iyi Kaminuza hakomeje kugaragara ko ari ihuriro ry’abantu benshi biganjemo urubyiruko. Ikindi kandi Kaminuza yakomeje kugaragaramo abakobwa benshi batwara inda batabiteguye, hakiyongeraho ko hari n’ imibare iri hejuru y’ababana n’agakoko gatera SIDA igaragara mu karere ka Huye Kaminuza iherereyemo.

Mu mwaka urangiye, Minisiteri y’ubuzima yari yashyize imbere igikorwa cyo kwigisha Abanyarwanda uburyo bwo kwirinda SIDA, gupima abantu ku bushake kugira ngo bamenye uko bahagaze no gusiramura abagabo babyifuza mu rwego rwo gukomeza gukumira ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA.

Anitha Ohayo yatangaje ko n’ubwo baratangije igikorwa cyo gusiramura abantu ku bushake mu banasoza, Minisiteri y’Ubuzima iracyashyira imbere gukangurira abantu kwisiramuza.

Umuyobozi mukuru wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, Prof Silas Lwakabamba aganira n’Abanyamakuru ubwo hatangizwaga iki gikorwa cyo gusiramura abanyeshuri ku bushake yashimangiye ko kwisiramuza nta kibazo na kimwe bitera, ahubwo ko ari uburyo bwo kwirinda indwara zituruka ku mwanda no kugabanya amahirwe yo kwandura agakoko gatera SIDA.

Yagize ati” Kwisiramuza ni ukwiga umuco wo kugira isuku, nta burwayi bitera ahubwo birinda indwara zakomoka ku mwanda no kugabanya amahirwe yo kwandura agakoko gatera SIDA. Igihe umuntu asiramuwe ntabwo bisobanura gukora imibonano mpuzabitsina ahubwo ni zimwe mu ngamba zo kubyirinda”.

Prof Silas Rwakabamba yakomeje avuga ko Kaminuza izakomeza kwigisha Abanyeshuri bayigamo uburyo bwo kwirinda gutwara inda z’indaro batateganije ndetse n’agakoko gatera SIDA.

Ariko kuba bigabanya amahirwe yo kutandura SIDA abanyeshuri bakangurirwa kutishora mu gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, kuko bishobora gukurura ibindi bibazo.

Kaminuza y’u Rwanda yatangiriyemo iki gikorwa kizamara icyumweru cyo gusiramura abanyeshuri 300 iherereye mu karere ka Huye kari mu twa mbere dufite umubare munini w’ababana n’agakoko gatera SIDA mu Rwanda.

IBITEKEREZO
muraho abi iwacu dore aho ikibazo kiri uyu muco mwiza wo kwikatisha uha umugabi isuku rwose ,ariko mugukangurira abanyarwanda mureke tuwuhindurire izina bizatuma beshi bawitabira iyo mukoresheje ijambo <gusiramura > hari besnhi bumvako ari umuco widini rya isiramu ,uyu muco mubindi bihugu byinshi ubayo kandi uritabirwa ,reka tujye dukoresha ijambo gucyembwa no muri bibiriya birimo kuko na yesu yaracyebwe bizafaha beshi kubyitaba
Musubize11.10.2012 saa 01:29
nakaga robert
NTAKIBAZO KIRIMO RWOSE KUGERA MURI KAMINUZA UMUNTU ATARISARAMUZA KUKO HARI BENSHI BATABASHYA KUBONA AYO MAHIRWE BAKIRI MU MASHURI YISUMBUYE, GUSA BYABA BYIZA BAGIYE BATANGA AMAHIRWE ANGANA KUBANYESHURI BIGA MU BIGO BYO MU MIGI NO MU BIGO BYO MU CYARO NAHO IBYO KUMENYA AKAMARO KABYO KABA KAZWI KURI BURI MUNYESHURI AHO AVA AKAGERA.
Musubize10.10.2012 saa 18:36
Alexis
nibyiza bikwiye gushyigikirwa na buri munyarwanda wese kandi ndasa abantu bose kobakomeza kubiganiraho ndetse bakagirana n'inama zijyanye n'akamaro ko kwisiramuza haba kubashakanye ndetse n'abakiri ingaragu.
Musubize10.10.2012 saa 15:28
Muhire Amri
erega IMANA yavuze ukuri,ijambo ryayo riratinda ntirihera ,n'ibindi bizaza
Musubize10.10.2012 saa 10:04
medy
kutisiramuza ukagira isuku ni byiza ariko kwisiramuza ni byiza kurushaho. bityo kuveba abatarabikora si byiza ahubwo nibasobanurirwe ibyiza byabyo, ABAKURIKIRANIRA HAFI IB'UBUZIMA NIBATUBWIRE AHO UMUNTU YASANGA BURIYA BURYO BWO KWISIRAMUZA HAKORESHEJWE IMPETA. Ese Minisiteri y'ubuzima yarabwemeje ? ndayisaba gushyiraho uburyo bwa mobile (gutangira serivisi aho abaturage bahurira ari benshi) bwo gukora iki gikorwa.
Musubize10.10.2012 saa 03:49
mugisha
Munyibwirire uburyo gusiramura abahungu bizagabanya imibare y'abakobwa batwara inda !
Musubize10.10.2012 saa 02:38
agaciro peace
Gusa birababaje kubona umunyeshuli agera muri Kaminuza cg umukozi agera akora muri kaminuza tarasiramurwa kandi azi akaramaro kabyo. wenda bose ntibazabairamure kugira hasigare abo tuzajya twigiraho umuco w'abakurambera bacu
Musubize10.10.2012 saa 01:57
Slas
Bajya basiramura buri mwana akivuka
Musubize10.10.2012 saa 00:26
MAGORWA
Ariko sinumva ukuntu umuntu wiga muri kaminuza yaba atarisilamuza vraiment !!!! Uziko abasore babanyarwanda benshi ntakigenda eee. Ndakangurira abakobwa kuzajya babima rwose numwanda. Njyewe ntawanjya hejuru atisilamuye ndabarahiye .
Musubize9.10.2012 saa 17:09
Joyeuse
Ntabwo kwisiramuza bigabanya amahirwe yo kwandura SIDA, ahubwo bigabanya IBYAGO byo kwandura SIDA kuko kwandura SIDA si amahirwe ahubwo n'ibyago.
Musubize9.10.2012 saa 07:54
KADUHA
well said
9.10.2012 saa 14:01
afrika warakubititse
Usome neza banditse : BIGABANYA AMAHIRWE YO KUTANDURA SIDA
11.10.2012 saa 06:34
Kevin
MUBARIZE ABANTU BABISHAKA AHO BAKWISIRAMUZA HAKORESHEJWE BWA BURYO BUSHYA HATABAYEHO KUVA AMARASO MUTANGE ADRESSI YAHO BIKORERWA MURI KIGALI NI NGENZI CYANE.
Musubize9.10.2012 saa 06:51
muhungu gasore
iyo method yitwa PREPEX ikorerwa mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, kandi irimo no gukoreshwa mu gusiramura abanyeshuri ba Kaminuza i Butare muri iki cyumweru.
10.10.2012 saa 04:10
Pacifique
Leta nishyireho itegeko ryo gusiramura kubuntu maze murebe abanyarwanda ngo barabyitabira !
Musubize9.10.2012 saa 05:49
semikindo
abagana ibitaro bya Kanombe basiramurwa kubuntu !!!kandi ni gahunda ya buri munsi inamaze igihe kitari gito
10.10.2012 saa 04:15
pacifique
pas possible !!hari umuhungu wagera muri kaminuza atarasiramurwa koko ?niyo yaba yarize icyo twitaga coco cyera yaba azi akamaro kabyo !!ubwo ntawigeze amuhakanira kuri gahunda ngo ahite amenya ko ari ikibazo kbsa !
Musubize9.10.2012 saa 05:24
lily

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!