Abantu batandukanye bumva ko mikorobe ziba ahantu hari umwanda mwinshi, ariko mikorobe zigira uruhare mu gukwirakwiza uburwayi butandukanye ziba ku bikoresho umuntu atakeka.
Amakuru dukesha urubuga rwa gentiside atangaza ko ibikoresho rusange bigira uruhare mu gukwirakwiza mikorobe, kandi bimwe muri byo, abantu ntibita ku isuku yabyo, ahubwo bakibwira ko mikorobe zigira uruhare mu gukwirakwiza indwara ziba ku misarane ya kizungu ndetse n’ahandi hari umwanda ugaragarira amaso.
Dore bimwe mu bikoresho bigira uruhare mu gukwirakwiza mikorobe :
Amasakoshi y’abagore (Les sacs à mains) : Muri rusange abagore bakunda kurambika amasakoshi yabo ahantu babonye, barangiza bakayaterura ntibibuke no kubanza kuyahanagura, iyo bagiye muri resitora, bayarambika ku meza cyangwa hasi, bajya ku musarane bakayarambika hasi, barangiza bakayaterura bakagenda ntibibuke kubanza kuyahanagura dore ko amwe muri ayo masakoshi aba akoze mu matisu cyangwa mu ruhu.
Ibiringiti byo muri Hoteli : Amahoteli menshi ngo ntiyibuka guhindura ibiryamirwa iyo uwabirayemo agiye, babigumisha ku buriri undi mu kiriya yaza akabiryamamo, bityo mikorobe zikaba uruhererekane.
Telefoni rusange zo mu biro : telefoni rusange kubera gukoreshwa n’abantu batandukanye, umwe ayivaho undi ayijyaho, igira uruhare mu gukwirakwiza mikorobe zitandukanye, bikaba bisaba ko umuntu umaze gukoresha iyi telefoni, ukaraguba intoki ndetse ugiye kuyikoresha nawe akabanza akayihanagura n’imiti yabugenewe ishinzwe kurwanya mikorobe.
Urupapuro rw’ibiciro rwo muri resitora (La carte de menu) : Kubera gukorwaho n’abantu batandukanye, uru rupapuro rubika mikorobe zitandukanye mu gihe kingana n’amasha 18, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru kitwa Journal of Medical Virology.
Puwanye z’inzugi rusange (La poignée) : Mu rwego rwo kwirinda kwandura indwara zitandukanye, igihe cyose umaze gufungura urugi rusange, uba ukwiye gukaraba amazi asukuye n’isabune.
Ibitambaro by’isuku (essui main) : ibi bitambaro iyo byashyizwe ahantu rusange , ngo bibika mikorobe ku buryo butangaje, bityo bikaba bisaba nkwitwararika mu ku bikoresha.
Uburoso bwoza amenyo (La brosse à dents) : iyo umuntu amaze gukoresha ubu buroso akaburekera mu gikombe amaze gukoresha cyangwa ikirahure, mikorobe zose zivuye mu kanwa zigumaho yakongera kubukoresha zigasubira mu kanwa, biba byiza iyo umaze gukoresha uburoso, ukabushyira ahantu hagera urumuri, kandi hasukuye bukumuka neza.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
Umunywi w’itabi ahura n’ibibazo bikomeye iyo avunitse
19.05.2013 |
|
Inigwahabiri zashyizwe ku rutonde rw’ibishobora kurwanya inzara ku Isi
14.05.2013 |
|
Ese umuntu agomba kugana muganga ari uko arwaye ?
14.05.2013 |
|
Gukoresha Sauna cyane, imwe mu ntandaro y’ubugumba ku bagabo
7.05.2013 |
|
Uruhinja rusinziriye rwumva ibyo ababyeyi bavuga
4.05.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |