IGIHE.com > Ubuzima > Inama

Nyuma yo kumenya ububi bwa SIDA, bahisemo gukoresha agakingirizo


Yanditswe kuya 26-05-2012 - Saa 08:36'

Ku bufanye n’Umujyi wa Kigali, Umurenge wa Jali wo mu Karere ka Gasabo kuwa kabiri watanze amahugurwa y’ubukangurambaga ku gakoko gatera SIDA banapima abaturage bo muri uyu murenge aho bamwe mu baturage bavuze ko batazongera kwishora mu busambanyi uko babonye.

Iki gikorwa cyatangijwe n’ubukangurambaga ku baturage bari biganjemo urubyiruko harwanywa icyorezo cya SIDA, baganirijwe n’abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Gasabo bari bitabiriye iki gikorwa, nyuma yaho banashishikarizwa kwipimisha ku bushake kugira ngo uwanduye amenye uko yakitwara n’utarandura nawe amenye uko yakitwara.

Nyuma y’uko bigishijwe kwifata, ubudahemuka no gukoresha agakingirizo mu gihe bananiwe kwifata, hagiye gushyira ingufu mu gushyiraho amatsinda (clubs), aho batangiriye mu bigo by’amashuri no ku rwego rw’umurenge ariko bakaba bifuza ko yaba muri buri kagali na buri mudugudu habamo itsinda ryo kurwanya SIDA cyane cyane mu rubyiruko.

Nyuma y’ibiganiro bahawe, bamwe muri bo bafashe ingamba zo kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA, banemeza ko bagiye gukurikiza ibyo bigishijwe byose. Bamwe, bavugaga ko kuba barakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye byaterwaga n’ubujiji ariko ngo bamaze kwifatira imyanzuro yo kujya bifashisha udukingirizo dore ko banaduhawe ubwo bamaraga gupimwa.

Mu kiganiro na IGIHE, Muhoza Theoneste umwe mu bari bamaze gupimwa, yavuze ko asanze yaranduye yakwifata neza yirinda kwanduza abandi, yasanga ari muzima nabwo agakomeza kwifata nk’uko asanzwe abigenza.

Umwaniwabo Laetitia, ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Jali yadutangarije ko atari ubwa mbere bakora ibikorwa nk’ibi kuko bari basanzwe babikora ku bufatanye n’abafite ubumenyi buhagije kuri SIDA by’umwihariko ibigo nderabuzima bakorana nabyo birimo n’icya Jali.

Biturutse ku byifuzo by’aba baturage, bagiye gushyirirwaho ikigo bazajya bahuriraho kugira ngo ubutumwa bahabwa babwakire nta nkomyi kuko ubusanzwe bakorera ibikorwa nk’ibi mu isoko n’ahandi hatabugenewe.

IBITEKEREZO
Uzu bwenge yirinde kuko ubuzima burahenze cyane kwifata nibyambere kuba tarashaka ababo(celibateurs) !!!
Musubize13.06.2012 saa 09:49
ESP
rwose mukomeze mutugezeho inkuru ya wa mutanzania uvura indwara zikomeye zilimo sida na kanseli ndetse bishobotse mwaduha no telefone ze.turabakunda ukuntu mutugezaho amakuru yo hirya no hino mu komerezaho.
Musubize30.05.2012 saa 02:44
nzaramyimana
Ibi ni amakuru baba bashaka gutanga. Ni nde muri iki gihugu wavuga ko atazi akamaro k'agakingirizo cyangwa ko atazi ububi bwa SIDA ? Gusa twese twibuka ububi bwayo ari uko ibibazo byatugejeje kure. Erega iyi mburagasani yafatiye ahantu habi mwa bantu mwe ! Igituba kirongorewe aho kiraryoha bya hatari ! Ikindi ni uko abanyarwandakazi bemera kugitanga ari uko igezemo ! Naho mbere aba avuga ngo kindekure, kinkomeze, kino cyasatani gusa.... Iyo umuntu atakwemereye rero ntiwajya kumubwira iby'agakingirizo ! Wowe ukomeza gukoresha ubwenge bwawe bwo kukigeraho, cyane ko utaba uzi koyemeye kugeza uyishyizemo ! Akenshi uyishyiramo umubeshya ngo urakoza ku mishino gusa, bisobanura ko nta gahunda yo gusambana uba ufite !!! Na we akemera ariko avuga ko adashaka gusambana, ko ari icyaha kibi. Wamara gutigisa imishino akaba ari we uyishyiriramo ugasanga ni igishanga kandi yakubwiraga ko abitinya kubi ! Aha rero uruhare ndushyira ku madini atwigisha ibidashoboka natwe tukabyemera. Tujye twemera ko biriya bintu ari besoin tugomba gusatisfaisa nko kunywa amazi kandi ko ntaho bibangamira kuba umukristo ko ahubwo bituma uba umukristo muzima utifuza ! Bityo nitwemera ko dushobora kubikora igihe icyo ari cyo cyose tuzahora tuzirikana kwitwaza agakingirizo. Otherwise, batubeshya ko batwigisha, tukibeshya ko twabyemeye ingaruka zikatugarukaho. Ni abakobwa bangahe bakwita umusazi iyo bakubonanye agakingirizo ? Ndetse bakarahira ko mutazongera kuvugana ? Nyamara icyumweru kigashira agitanze inshuro utabara ! Ministeri izahere aho.
Musubize28.05.2012 saa 04:41
mushyitsi
Ibi ngo bahisemo kugakoresha simbyemera kuko ubushakashatsi bwemeza ko abantu benshi nange ndimo iyo ugeze hagati mu miswerere. ugasanga bitaryoshye uyikuramo ugakorera aho nibwo igituba ucyumva neza kandi mwese muzi uko kituryohera nkabantu b'abagabo.
Musubize26.05.2012 saa 19:15
Inararisweye

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!