Abantu bagira ibibazo mu myanya y’ubuhumekero cyane cyane igihe basinziriye, aho bamwe bibaviramo no kugona ngo baba bafite inshuro 5 z’ibyango byo kurwara kanseri kurenza abandi.
Urubuga rwa internet Atlantico.fr rwatangaje iyi nkuru ruvuga ko ibi biterwa n’uko abagira ibibazo mu myanya yabo y’ubuhumekero igihe basinziriye batabasha kwinjiza umwuka mwiza (oxygene) uhagije nk’uko byemezwa n’abashakashatsi. Aba bashakashatsi bakomeza bavuga ko iyo mu mubiri w’umuntu harimo oxygene idahagije, uturemangingo tw’umubiri dufatwa na kanseri mu gihe turimo gukora udutsi tuzajya tudufasha kubaho.
Ubu bushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya de Wisconsin-Madison ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwagaragaje ko uko ibibazo by’ubuhumekero bigenda birutanwa ari na ko ibyago byo kurwara kanseri na byo bigenda birutanwa.
Mu bantu bagera ku 1500 bari mu kigero cy’imyaka 22 bakoreweho ubu bushakashatsi, byagaragaye ko abafite ibibazo bikomeye kurenza abandi bafite ibyago byo kurwara kanseri inshuro eshanu ugereranyije n’abandi. Abafite iki kibazo ku buryo buringaniye bo ngo ibyago byabo byaba ari inshuro 2 ugereranyije n’abandi mu gihe abafite ibibazo ku buryo bworoheje byo guhumeka igihe basinziriye ibyago byabo bingana na 10%.
Inkuru dukesha : UMUGANGA.com
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Rwanda mu bihugu 33 byaranduye burundu indwara y’agakwega
17.05.2013 |
|
Coronavirus- CoV uburwayi bw’ubuhumekero bukaze kurusha ubusanzwe
14.05.2013 |
|
Hawai : Hadutse agakoko gafite ubukana buruta ubwa SIDA
10.05.2013 |
|
Kibagabaga : Abagore 250 barwaye indwara yo kujojoba baritabwaho n’inzobere z’Abanyamerika
1er.05.2013 |
|
Enuresie nocturne indwara itera kunyara ku buriri
29.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |