Muri raporo ya Banki y’Isi yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Kamena, i Paris, byagaragaye ko umubare w’abana bari munsi y’imyaka itanu bicwa na Malaria wagabanutse ku kigereranyo cy’10% ku mwaka, mu bihugu by’u Rwanda, Kenya na Senegal.
Nkuko byatangajwe n’urubuga afriquejet.com, iyi raporo yagaragaje ko impfu z ‘abana bari munsi y’imyaka itanu bicwa na Malaria zagiye munsi ya 76 ku bana 1000 bavutse, byerekana intambwe ikomeye mu kurwanya Malaria ugereranije n’ibindi bihugu by’Afurika.
Abashakashatsi bakoze iyi raporo bavuze ko iterambere mu kurwanya Malaria muri ibi bihugu ryaturutse kuri gahunda zo gutanga ku bwinshi inzitiramibu ziteye umuti by’umwihariko ku bagore batwite.
Kubw’ubufatanye bw’ibihugu n’imfashanyo mu bukungu y’umuryango mpuzamahanga, Malaria yavuye ku mwanya wa mbere ijya ku mwanya wa gatatu mu guteza imfu z’abana muri Afurika, nyuma y’impiswi n’indwara zo mu myanya y’ubuhumekero.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Rwanda mu bihugu 33 byaranduye burundu indwara y’agakwega
17.05.2013 |
|
Coronavirus- CoV uburwayi bw’ubuhumekero bukaze kurusha ubusanzwe
14.05.2013 |
|
Hawai : Hadutse agakoko gafite ubukana buruta ubwa SIDA
10.05.2013 |
|
Kibagabaga : Abagore 250 barwaye indwara yo kujojoba baritabwaho n’inzobere z’Abanyamerika
1er.05.2013 |
|
Enuresie nocturne indwara itera kunyara ku buriri
29.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |