IGIHE.com > Ubuzima > Indwara

Ubwandu bwa SIDA mu batwara amakamyo manini buteye inkeke


Yanditswe kuya 25-04-2012 - Saa 11:36'

Kuri uyu wa Kabiri muri Hilltop Hotel hamuritswe imbanzirizanyigo ku ikwirakwiza ry’ubwandu bwa virusi itera SIDA mu bashoferi batwara amakamyo manini, n’ingaruka bishobora kugira ku miryango yabo ndetse na sosiyete muri rusange.

Ubushakashatsi buheruka gukorwa mu mwaka wa 2009 bwerekanye ko 17% by’abashoferi batwara amakamyo manini bari baranduye agakoko gatera SIDA.

Mu 2012, inyigo ya PSI ku bashoferi bakorera mu Gatsata yerekanye ko uwo mubare wagabanutse bishimishije, ukagera kuri 5%.

Kwita ku banduye bakavurwa neza, kuganiriza abatarandura bagahugurwa banakangurirwa kwirinda bakoresheje agakingirizo cyangwa se bakifata ni bumwe mu buryo buzakomeza gushimangirwa kugirango abandura bakomeze kugabanuka.

Rutorwa ushinzwe ubujyanama muri ONUSIDA yagize ati :”Sinshidikanya ko kugeza mu 2015 umubare w’abandura uzagabanuka cyane mu gihe abantu bazakomeza kugendera ku nama bahabwa kuko ubushake bwa politiki n’ubujyanama mu by’ubuzima bihari ”.

Nyuma yo kumva ibitekerezo bya bamwe mu batwara amakamyo manini ndetse n’abo basanzwe bakorana imibonano mpuzabitsina, impande zombi zatangarije IGIHE ko bafite ikibazo cyo kwihangana, kubura agakingirizo no kurambirwa kugakoresha bishobora gutuma bagwa mu kaga.

Murenzi Théodore, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Abashoferi b’Amakamyo mu Rwanda (CPLRWA) akaba anashinzwe kurwanya SIDA muri iryo shyirahamwe yavuze ko bifuje gufata ingamba zikomeye nyuma yo kubona ko ikibazo cya SIDA kireba abashoferi by’umwihariko ku bw’ingendo nyinshi bakora bakamara igihe kinini batari kumwe n’abo bashakanye bigatuma bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Yakomeje avuga kandi ko mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA batangiye kujya bapfunyikira abashoferi udukingirizo, bakabigisha kwirinda ndetse bakagerageza no kubavuza mu gihe baba baranduye.

Abatwara amakamyo manini bafite aibyago byinshi byo kwandura agakoko gatera SIDA kuko bahora mu ngendo nyinshi, aho usanga Umunyarwanda akorera muri Uganda na Sudani, Umunyakenya uvana imizigo muri Tanzaniya awujyana muri Congo n’ahandi ; byumvikane ko hatabayeho kwihangana, kwifata no kwirinda bishobora kubabera ikibazo cy’insobe.

Mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya SIDA ku batwara amamodoka manini hamaze gushingwa umuryango mugari uhuriyemo abatwara amakamyo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Rutorwa Dieudonne ushinzwe ubujyanama muri ONUSIDA
Murenzi Theodore uhagarariye abatwara amakamyo mu Rwanda
Abicuruza ku bashoferi bari baje kumva ibyavuye mu nyigo

Foto : Rwaka

IBITEKEREZO
Icyifuzo cyacu : Turifuza inama rusange ikanabera i Gikondo ku biro by'ishyirahamwe ry'abashoferi batwara za RUKURURANA ,kugirango abayobozi n'abaterankunga bamenye kuburyo bw'ukuri amakuru yose. TUZINDE Narcisse turagusaba ko watumiza iyi nama kugirango tubeho dufite aho tubarizwa n'uburyo busobanutse tubayeho mu Rwanda rugendera kuri Gahunda
Musubize26.04.2012 saa 04:19
######
Ntabwo tugushaka Murenzi wowe,ukurura ushyira mu gifu cyawe gusa,ukibagirwa abo ushinzwe. Reka imparirwagutabara yacu Tuzinde Narcisseyicare ituyobore,kuko twamutoye tumwizeye. Ni inyangamugayo pee !!!
Musubize26.04.2012 saa 03:56
######
Uwo twatoye TUZINDE Narcisse turamuzi, guhera mu rugamba rwo kubohoza u RWANDA.ubu tugiye kujya dutanga imisanzu kuko abayobozi bashya tubafitiye icyizere. ibi bihita bigaragaza ukuri aho kuri.
Musubize26.04.2012 saa 03:36
######
Ariko wagabanyije inda nini Murenzi wowe ko ibyawe bizwi,ubwo ukomeje kwiyita umunyamabanga wa ACPLRWA,urabona udakomeje gusuzugura urwego rw'umuvunyi koko,ese amahugurwa y'abanyamuryango uvuga yabereye hehe,ryari se ? Wowe washakiye amajwi mu ma ben,ese wibuka amasezerano wagiranye n'umurenge wa Gikondo ko ari amakamyo manini ?? Ntukirirwe utaranga abantu ngo ni abasambanyi,kandi amahugurwa wagomba kubakoresha utarayabakoresheje. Ayo mafaranga yagombaga kubikora wayashyize hehe,ushobora kuyashyira ahagaragara ?? Wakoze kuba wayise CPLRWA kandi twe tuzi ko ari ACPLRWA.
Musubize26.04.2012 saa 03:08
messorwa@yahoo.fr
Turasaba Murenzi kureka gukomeza kwiyita umunyamabanga wa ACPLRWA .Murenzi Twakwamaganye guhera 2006 kubera imikorere idahwitse no kuvuga amahugurwa ya baringa atarijyeze aba ubwo wakwerekana liste y'abayakoze niba batwara Rukururana cg ni byabindi byo kujijisha witwaza abatwara amabeni.ubundi se amasezerano y'ikibanza cya Gikondo wibukako cyanditswe ku batwara za Rukururana. Murenzi waretse kwanduranya ukingendera wiyubashye ayo wariye ko ahagije.
Musubize26.04.2012 saa 03:03
######
Nagira ngo ngire inama abanyamakuru. Ntekereza ko kutagaragaza amaso y'umuntu mubikora mugira ngo atamenyekana, sibyo rero kuko amaso yonyine siyo atuma umuntu amenyekana. Mujye huhisha isura yose kuko niyo iranga umuntu, amaso yonyine siyo abikora. Murakoze kwakira inama yanjye
Musubize25.04.2012 saa 09:11
amateka
Murenzi yegukomeza kwiyita ko ari Umunyamabanga Mukuru w'ACPLRWA , kandi ataribyo. Abanyamuryango b"ACPLRWA baritoreye ababahagarariye ku italiki ya 04/03/2012. Umunyamamabanga Mukuru w'ACPLRWA : TUZINDE Narcisse.
Musubize25.04.2012 saa 06:35
Life

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!