IGIHE.com > Ubuzima > Indwara

Uganda : Umwana afite imyenge ine mu mutima we


Yanditswe kuya 30-06-2012 - Saa 10:28' na Ntirenganya Jotham

Umwana w’amezi 6 arwariye mu bitaro bya Mulago mu gihugu cya Uganda, abaganga b’inzobere mu ndwara z’umuti baturuka mu Buhinde, bamusanganye imyenge 4 mu mutima we.

Nk’uko ikinyamakueru cyo muri Uganda cyabitangaje tariki ya 26 Kamena 2012, uyu mwana Emma Kakungulu w’amezi 6 akivuka nta kibazo yari afite namba, yari umwana witurije kandi yahoraga acecetse. Ibibazo byatangiye kuvuka ubwo yari afite amezi 3 y’ubukuru, atangira kurira ubudasiba, abaganga barashoberwa bayoberwa ibyamubayeho, bapima bakabura indwara.

Nyuma gato abaganga baje kuvumbura ko uyu mwana afite imyobo 4 mu mutima we, kandi ko umwenge wo mu mutima wazibye.
Nkuko tubikesha ikinyamakuru “The new vision”, uyu mwana arwariye ku bitaro bya Mulago aho abaganga barimo kumwitaho kandi gusura uyu mwana birashoboka, bityo umurongo ni munini w’abashaka kumureba.

Abaganga bamushyize ibyuma mu mazuru no mu kanwa, ubu nibyo bimufasha guhumeka. Aryamye mu cyumba gikonje cyane kandi bituma ahora afubitse mu kiringiti n’amashuka.

Umunyamakuru wamugezeho neza yagize ati : “Iyo ubonye Emma wumva umusantsi ukuvuye ku mutwe”. Ati : “Nahise numva ngize ikiniga n’agahinda, kuko usanga uyu mwana atajya atuza gukora hirya no hino ashikagurika”.

Ababyeyi ba Emma aribo David na Prisscah Kakungulu bagomba kuba hafi y’uyu mwana kandi bakamwitaho kugirango amaguru ye atava aho agomba kuba kuko byatuma amaraso ayoba bityo akamuvamo anyuze mu birenge.

Ibyo kandi bituma amaguru y’uyu mwana ahora ahantu hamwe ku manywa na nijoro. Iyo urebye mu maso ye usanga wa mukara w’imboni y’ijisho utakirimo uretse ka gace k’umweru gusa niko gasigayemo, ahumeka bimugoye cyane, umubiri we wahindutse ubururu, kandi usanga ibiganza bidafite intege.

Ubwo umuganga yamuteraga urushinge rumugenewe yarafpunetse ariko yabuze imbaraga zo kurira nk’abandi bana. Ababyeyi babwiye umunyamakuru ko kugirango Emma yongere gutuza bigomba gusaba nk’amasaha 6, kandi ko ariko bimugendekera iyo agiye kwihagarika, cyangwa iyo arize. Uko uyu munyamakuru avuga yasanze uyu mwana ababara byatumye yari agiye kureka inkuru yari yamujyanye ariko ngo yishyiramo akanyabugabo.

Ese umubyeyi wa Emma abivugaho iki ?

Emma yavutse ku itariki ya 25 Ukuboza 2011 nk’uko abandi bana bavuka. Icyakora habuze gato mbere y’uko avuka nyina bari bagiye ku mubaga, Emma yavutse ananiwe cyane, aruka ibintu bitamenyekanye ibyo ari byo kandi byacaga mu kanwa no mumazuru, atangira ubwo ahabwa imiti n’abaganga asa naho akize.

Nyuma y’ibyumweru 10 avutse nibwo yatangiye kurira amanywa n’ijoro, bamujyanye kwa muganga mugihe bagitegereje ko bakirwa umwana ararabirana, amaso arahinduka, ntiyongera kugira ubuzima buzima.

Icyo uyu mwana ategereje ni iki ?

Abaganga b’imitima baturutse mu gihugu cy’u Buhinde bageze mu gihugu cya Uganda, basuzumye Emma basanga afite imyenge 4 mu mutima hari n’inzira yo mu mutima yazibye.

Abo baganga batangiye kuvura uyu mwana ariko bisaba amafaranga menshi kuburyo Se w’uyu mwana yaretse akazi k’ubwarimu yakoraga, ubu yirirwa akomanga hose ashaka amafaranga yo kwishyura ibitaro. David se wa Emma, akeneye amashilingi ya Uganda 40,800,000 kugirango umwana avurwe. Ni ukuvuga amadorali y’Amerika 17,000.

IBITEKEREZO
ok nta kibazo bytera umwe utanyara kuburiri yajya abyutsa mugenzi we bigatuma atanyara kuburiri.
Musubize2.07.2012 saa 07:05
BAHATI
ibi ni ibihe bya nyuma wa lahi.imana iba e nabo
Musubize2.07.2012 saa 06:40
se connecter
turasaba abanyamakuru bigihe badahwema kutugezaho ibibi ni byiza bibera hanza ha,ko badushakira imyirondoro yababyeyi buyu mwana hakareba uburyo yaterwa ingabo mubitugu nabagiraneza byumwihariko baba nyarwanda babishaka babifitiye ubushobozi kandi bafite umutima wo gufasha,ndashimira ENOCK NIYONSENGA kubwigitecyerezo yagize cyo gukaganira na se wumwana buriya nuko abona icyo yamufasha,
Musubize1er.07.2012 saa 09:56
patrick
ndababazwe nuwomwana uburyo budasubirwako.umuntu abonye imfashanyo yoyicishahe uwomuntu twomubona gute.jewe ubundi banyita ENOCK NIYONSENGA nkaba mba muri amerika ndifuza kuganira nase wumwana.Anshaka ategerezwa kundondera kurizi numero 208 703 6709.Ndakeneye ko munyishura muburyo bubangutse.Murakoze.Imana ikomeze imwegere ntimutererane kuko ni umutagatifu.
Musubize30.06.2012 saa 17:46
niyonsenga enock
uyu mwana arababaje pe,burise reta yabafashije kuko badafashijwe na reta ntago umuntu wumwarimu yayabona,nabanyarwanda ni mukore guhuza ubushobozi mufite mufashe emma,
Musubize30.06.2012 saa 15:00
######

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!