Kugira uburibwe bwo mu matwi bishobora guterwa n’impamvu nyinshi zitandukanye harimo kuba hari ibindi bice by’umubiri bifite ikibazo, cyangwa uburwayi bw’amatwi.
Amakuru dukesha Urubuga medicalforum.ch avuga ko indwara y’imiyoboro yo mu muhogo (pharynx na larynx), nayo ishobora gutera uburibwe bw’amatwi kubera ko hegereye imiyoboro y’amatwi.
Ububabare bwo mu bice by’akanywa byegereye amatwi burimo nk’ishyinya cyangwa kuribwa aho amenyo atereye mu bice byegereye amatwi na byo ni kimwe mu bitera ububabare bw’amatwi.
Aya makuru anavuga ko abantu bakunze guhekenya amenyo baryamye byatuma barwara amatwi kubera ko mu gihe amenyo akoze cyane imikaya ikorana na yo yegereye ibice by’amatwi inanirwa bityo ikaba yatera ububare bw’amatwi.
Bamwe mu bantu basobanukiwe n’uburwayi bwo kugira bwo mu matwi, bavuze ko bishoboka ko ubu bubabare bushobora guterwa n’umwanda w’ ubukurugutwa, kwambara utwuma two mu matwi igihe kinini (Ecouteur), kuvugira igihe kirekire kuri terefone, gukorera akazi ahantu hari urusaku udafite ikikurinda Urwo rusaku n’izindi mpamvu zitandukanye zishobora gutera kuribwa mu matwi.
Urubuga medicalforum.ch rukomeza rutangaza ko igihe cyose umuntu agize ububare budasazwe mu matwi akwiye kwihutira kujya kwa Muganga w’amatwi.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
U Rwanda mu bihugu 33 byaranduye burundu indwara y’agakwega
17.05.2013 |
|
Coronavirus- CoV uburwayi bw’ubuhumekero bukaze kurusha ubusanzwe
14.05.2013 |
|
Hawai : Hadutse agakoko gafite ubukana buruta ubwa SIDA
10.05.2013 |
|
Kibagabaga : Abagore 250 barwaye indwara yo kujojoba baritabwaho n’inzobere z’Abanyamerika
1er.05.2013 |
|
Enuresie nocturne indwara itera kunyara ku buriri
29.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |