Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nzeri 2012, mu Rwanda hizihijwe umunsi mukuru mpuzamahanga w’abaganga b’ubugororangingo (Physiotherapy Scientific Day), bikaba byabereye mu bitaro by’Umwami Faiscal (King Fayscal Hospital).
Umunsi mukuru mpuzamahanga w’abaganga b’ubugororangingo ku Isi hose (World Confederation for Physiotherapy Day) wizihizwa ku itariki 8 Nzeri ni muri urwo rwego mu Rwanda umuryango AKR washyizeho ukwezi ko kubyizihiza ngo babashe kungurana ibitekerezo banakangurira abantu byitabira, uyu munsi ukaba wari ufite insanganya matsiko igira iti “Fit for Life” (Kugira ubuzima buzira umuze).
AKR (Rwanda Physiotherapy Association/Association de Physioterapethe du Rwanda) ni umuryango uhuza impuguke mu bugorarangingo bw’umubiri bo mu Rwanda, werekana ibyiza byabo n’ibitangenda neza mu mwuga wabo kugirango babishakire ibisubizo bareba aho bavuye bamenya iyo bajya.
Intego yawo ni uguhuriza hamwe abo baganga bagashyira hamwe ubumenyi n’ubushobozi bwabo, kugirango babigeze ku babigenewe aribo barwayi, cyangwa se n’abandi bakeneye kugira ubuzima bwiza.
Tumusiime David, wungirije umuyobozi w’umuryango w’abaganga b’ubugororangingo bo mu Rwanda bita AKR yatangaje ko hari abantu batarabasha kwitabira ubugororangingo, kuko nta makuru ahagije babifiteho, ariko abamaze kubimenya barabyitabira kuburyo badashobora gusiba n’umunsi n’umwe.
Yakomeje anavuga ko u Rwanda rumaze gutera imbere mu bugororanging, kurusha n’ibihugu byabitangiye mbere ndetse ni rwo rwa mbere muri Afurika y’i Burasirazuba.
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Fayscal Dr Butera Alex, mu ijambo rye yakomeje gushishikariza abaganga b’ubugororangingo, ko niba bashaka kwiteza imbere bagomba gukorera mu bumwe bagafatanya.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
OMS yatangaje ko hakiri icyuho mu kugabanya impfu z’abana
16.05.2013 |
|
Buri mwaka kanseri y’ibihaha ikomoka ku mabati ihitana abagera ku bihumbi 107
10.05.2013 |
|
Kigali : Kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije byatumye umugabo ata urugo
10.05.2013 |
|
Udukingirizo turenga miliyoni 110 twirukanwe muri Ghana
21.04.2013 |
|
Nyuma yo kubyara abagore bagira ikirenge kirekire
4.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |