Abanyeshuri ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR), bitabiriye igikorwa cyo kwisiramuza mu buryo burenze ubwari bwiteguwe, mu gihe Minisiteri y’Ubuzima yifuzaga ko nibura hakwisiramuza abanyeshuri 300 mu cyumweru cy’ubukangurambaga ku kurwanya SIDA, abisiramuje bose babaye 672 nk’uko imibare ibigaragaza.
Ubwo ku wa 14 Ukwakira 2012 hasozwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA hamwe n’icyumweru cy’ubukangurambaga mu rubyiruko rukangurirwa gahunda yo gukebwa (kwisiramuza) no kwipimisha ku bushake virusi itera SIDA, Umuyobozi w’iyi Kaminuza Prof Silas Lwakabamba, yavuze ko usibye no kuba umubare w’abisiramuje wariyongereye ugereranyije n’uwatekerezwaga, hari n’abandi bakomeje kugaragaza ubushake bwo kwisiramuza.
Yavuze ko abanyeshuri 750 bari biyandikishije kugira ngo basiramurwe mu cyumweru cy’ubukangurambaga, ibi bikaba bigaragaza ko bari babikunze.
Ibi rero Minisiteri y’Ubuzima ngo ni byo ishaka nk’uko Minisitiri w’ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze. Minisitiri Binagwaho yavuze ko minisiteri iri gushyira imbaraga mu bukangurambaga cyane cyane mu rubyiruko, kugira ngo rubeho nta bwandu bwa virusi itera SIDA bitume igihugu gikataza mu iterambere.
N’ubwo ariko gukebwa bifatwa nk’imwe mu ntwaro zo kurinda kwandura SIDA, ubutumwa bwatanzwe uyu munsi bwibukije ko gukebwa atari urukingo rwa virusi itera SIDA, ko ahubwo ari uburyo bwo kugabanya ibyago byo kwandura iyi virusi.
Kuva tariki ya mbere Ukuboza 2011 ishami rishinzwe kurwanya SIDA mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) ryakoze ubukangurambaga mu kurwanya SIDA mu rubyiruko. Insanganyamatsiko y’iki gikorwa yagaraga iti “ Rubyiruko twirinde SIDA, turinda n’abandi twubaka ejo hazaza heza.”
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
OMS yatangaje ko hakiri icyuho mu kugabanya impfu z’abana
16.05.2013 |
|
Buri mwaka kanseri y’ibihaha ikomoka ku mabati ihitana abagera ku bihumbi 107
10.05.2013 |
|
Kigali : Kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije byatumye umugabo ata urugo
10.05.2013 |
|
Udukingirizo turenga miliyoni 110 twirukanwe muri Ghana
21.04.2013 |
|
Nyuma yo kubyara abagore bagira ikirenge kirekire
4.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |