Kuwa Kabiri, i Kigali habereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro umushinga ”Rwanda Family health Project”, umushinga uzita ku buzima bw’Umuryango Nyarwanda.
Uyu mushinga ukaba intego nyamukuru yo kongerera ingufu Minisiteri y’Ubuzima muri gahunda yayo yo kwita ku buzima bw’Abanyarwanda.
Nkuko Charles Pill, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya USAID mu Rwanda yabitangaje, Rwanda Family Health Project ni umushinga w’Abanyamerika watekerejwe n’Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gitsura amajyambere mpuzamahanga (USAID), kugirango wunganire u Rwanda, cyane cyane muri gahunda irebana n’iby’ubuzima muri rusange.
Ngabo Fidèle, umukozi ushinzwe ibirebana no kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana muri Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko uyu mushinga uzabafasha mu kubungabunga ubuzima bw’umbyeyi n’ubw’umwana, ndetse no kubona ibikorwesho bihagije bikoreshwa muri gahunda y’ubuvuzi.
Dr.Uziel Ndagijimana, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima yagize ati ”Nishimiye iki gikorwa cyiza cyo gutangiza umushinga wa “Rwanda Family Health Project”, kuko uzadufasha kongerera ubushobozi Minisiteri y’Ubuzima mu gukurikiranira hafi gahunda zitandukanye z’ubuzima mu gihugu cyacu” .
Dr.Uziel yongeyeho kandi ko uyu mushinga uzafasha u Rwanda mu kongerera ubumenyi bw’abakora muri gahunda z’ubuzima, kandi ko Minisiteri izakora ibishoboka byose mu gukurikirana uko gahunda y’uyu mushinga ishyirwa mu bikorwa.
Umushinga “Rwanda Family Health Project” ufite intego zitandukanye, arizo kuvugurura ireme rya serivisi z’ubuzima zihabwa umuryango cyane cyane ku rwego rw’akarere, kongerera ubumemyi abantu bakora muri gahunda z’ubuzima bw’abantu, kongera ibyangombwa nkenerwa mu korohereza abakeneye serivisi z’ubuzima, ndetse no gushyira imbaraga mu gukurikirana uko izo serivisi zitangwa.
Ikindi kandi Rwanda Family Health Project, izibanda cyane kuri gahunda yo kuringanyiza imbyaro, ubuzima bw’imyororokere, icyorezo cya SIDA, ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, kurwanya Malariya ndetse no kuyivura, imirire, isuku no kuvura indwara y’igituntu.
Twabamenyesha ko kugeza ubu uyu mushinga umaze kugera mu turere 18 tw’igihugu, ukaba uzamara imyaka itanu. Utundi turere 12 dusigaye natwo bakaba barimo kudushakira abandi bafatanyabikorwa muri gahunda y’ubuzima.
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
OMS yatangaje ko hakiri icyuho mu kugabanya impfu z’abana
16.05.2013 |
|
Buri mwaka kanseri y’ibihaha ikomoka ku mabati ihitana abagera ku bihumbi 107
10.05.2013 |
|
Kigali : Kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije byatumye umugabo ata urugo
10.05.2013 |
|
Udukingirizo turenga miliyoni 110 twirukanwe muri Ghana
21.04.2013 |
|
Nyuma yo kubyara abagore bagira ikirenge kirekire
4.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |