Igihwagari ni igihingwa cyera rimwe mu mwaka, kibarirwa mu muryango w’ibyo bita « Astéracées ». Indabyo zacyo usanga ari ngari, gikize cyane ku mavuta aribwa, hafi 40% y’ibikigize ni amavuta kandi ni ingirakamaro mu mubiri w’umuntu.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bihwagari (Tournesol) bwagaragaje ko amavuta akamurwa mu nzuzi zabyo hakurikijwe ubwoko bw’indobanure butandukanye agera kuri 50% by’amavuta abigize, bikungahaye kubyo bita “Acides Gras” kuko habonekamo 12% byayo.
Mu mavuta y’ibihwagari kandi ngo habonekamo “Palmique”, ariko by’akarusho “Acide linoléique” ari nayo y’ingenzi cyane abahanga mu mirire bemeza ko ari ingirakamaro cyane, kubera uruhare afite mu gukumira indwara ya Diyabeti.
Nk’uko amakuru dukesha urubuga rwa Wikipedia.org, akomeza abivuga, ayo mavuta akize kuri Vitamine “E”
Imbuto z’ibihwagari abyo cyangwa, zishobora kuribwa zikaranze, zishobora no gukorwamo ifu yongerwa mu biribwa bitandukanye, ariko zabanje gukarangwa.
Akamaro k’ibihwagari mu bukungu ni ntagereranywa, kuko nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa ku Isi (FAO) ngo mu mwaka wa 2003, habonetse umusaruro uhwanye na toni miliyoni 26,1 z’ibihwagari.
Rimwe na rimwe ibihwafari byiyambazwa mu gukora amasabune, bishobora gukorwamo amavuta ya Kolza, ashobora gukoreshwa muri moteri zinywa mazutu. Ibyo ngo ntibisaba akazi gahambaye, kuko bakora gusa ibyo bita mu rurimi rw’amahanga « pression d’injection ».
| IZINDI NKURU WASOMA |
|
OMS yatangaje ko hakiri icyuho mu kugabanya impfu z’abana
16.05.2013 |
|
Buri mwaka kanseri y’ibihaha ikomoka ku mabati ihitana abagera ku bihumbi 107
10.05.2013 |
|
Kigali : Kubyara umwana ufite umubyibuho ukabije byatumye umugabo ata urugo
10.05.2013 |
|
Udukingirizo turenga miliyoni 110 twirukanwe muri Ghana
21.04.2013 |
|
Nyuma yo kubyara abagore bagira ikirenge kirekire
4.04.2013 |
| KANDA AHA UREBE N'IZINDI NKURU NYINSHI ... |