IGIHE.com > Umuco > Amateka

Kwizirika umukanda ni byo byatumye bitwa abami b’umushumi (Igice cya II)


Yanditswe kuya 23-09-2012 - Saa 05:37' na Jean de Dieu Nsanzabera

Bakunzi bacu, twateruye tubagezaho ibirebana n’abami b’umushumi igice cya mbere, reka twanzike dukomeze amateka yaranze urwa Gasabo, kuri iki gice tuzanzure mu nomero itaha.

Ntawakwirengagiza ubwoko bw’Abatsobe na bwo ngo bukomoka kuri Gihanga, kuko ngo uwo bakomokaho witwa Rutsobe ari umuhungu yabyaye hanze. Uyu muryango na wo ukaba waraje kubahwa ibwami kubera imihango y’ubwiru wakoraga, dore ko ngo banagiraga ingoma yabo yitwa Rwamo na ho umurwa baturagaho ukaba wari i Kinyambi muri Runda.

Umuryango w’Abatsobe wari ufite agaciro mu butegetsi bwite bw’igihugu kuko bari bashinzwe imihango y’Ubwiru ijyanye n’umuganura bagatura mu karere k’u Bumbogo bakagira n’umutwe w’ingabo bayoboraga witwa Gakondo ukomoka kuri Gihanga.

Ikindi kivugwa kuri Gihanga ni uko igihugu yategekaga cyarengaga imbibi z’u Rwanda tuzi ubu. Ibi bigashingirwa ku ntekerezo zigaragaza ko ubutegetsi bwe bwageraga hakurya mu Burengerazuba bwa Congo aho bitaga mu Bunyabungo ndetse n’ahitwa Buhindangoma hakurya muri Rucuru.

Ahandi hagaragara ibirari by’amateka bishobora kwemeza ko Gihanga yabayeho ni mu majyaruguru y’u Rwanda ahitwa Buhanga hagati ya Nyamutera na Nyakinama ku bazi amazina y’uturere twa kera. Aha hagaragaraga ibigabiro by’aho uyu mwami yari atuye ariko umuntu akaba atakwemeza ko ibyo bigabiro bigihari magingo aya kubera ibikorwa by’ubuhinzi n’imiturire.

Imwe mu mihango yakorerwaga muri aka gace ni iyakorwaga ku mfizi yitwa Rugira ngo yabanaga n’inka zitwa Ingizi nk’uko uyu munyamateka abivuga. Iyi mihango ngo yaba yaratangiye ku ngoma y’umwami Yuhi II Gahima ari na bwo umutwe w’ingabo zitwa Gakondo zatandukanaga n’izitwa Abangakugoma nyuma aba Bangakugoma bakoherezwa kuba hariya mu Buhanga. Undi murwa wa Gihanga uvugwa mu mateka, ni uwari ahitwa Nyamirembe cyangwa se Humure yo mu Mutara, aho uyu mwami ngo yaba yarageneye umuhungu we Kanyarwanda ngo azabe ari we umusimbura ku ngoma amaze gutanga.

*Gihanga yarongoye abagore benshi

Ikindi amateka garagaza, avuga ko Gihanga yagiye abyara abana batandukanye badahuje ba nyina kuko na we yari afite abagore benshi nk’uko byari bisanzwe bimenyerewe mu Rwanda rwo ha mbere.

Umugore wa mbere wa Gihanga ari uwitwa Nyamususa akaba umukobwa wa Jeni uturuka mu bwoko bw’Abarenge akaba yarabyaranye n’uyu mugore Kanyarwanda Gahima (Wamusimbuye ku Ngoma), Kanyandorwa Sabugabo se wa Mushambo ukomokwaho n’ubwoko bw’Abashambo (Wabaye Umwami wo mu Ndorwa) ndetse n’uwitwa Kanyabugesera Mugondo se wa Muhondogo sekuruza w’ubwoko Abahondogo (Bategetse u Bugesera), ndetse na Nyirarucyaba umukuramberekazi w’ubwoko bw’Abacyaba (Bategekaga Ingoma y’u Bugara).

Gihanga yarongoye kandi Nyangobero ukomoka mu Bunyabungo (Intara ya Kivu y’Amajyepfo) barabyarana Kanyabungo Ngabo waje gutegeka mu Bunyabungo ndetse arongora na Nyirampirangwe babyarana Gashubi se wa Gashingo ukomokwaho n’abitwa Abashingo ndetse ngo babyarana n’undi mwana witwa Gafomo.

Gihanga yari afite undi mugore w’inshoreke witwaga Nyirarutsobe babyarana Rutsobe umukurambere w’abo mu bwoko bw’Abatsobe.

Reka dusubikire ahangaha tuzakomeza mu nomero yacu itaha turebera hamwe ibijyanye na Kanyarwanda Gahima, Yuhi Musindi, Ndahiro Ruyange, Ndoba, Samembe na Nsoro Samukondo.

IBITEKEREZO
MWAZADUFASHA KUMENYA AMKURU Y'ABEGA
Musubize6.11.2012 saa 02:25
######
Nifuzaga kubasaba mukazashakisha amakuru asobanutse neza ku nzu y'abahondogo n'abagesera ! Kuko njye nkiri umwana w'incuke kugeza ndi umwangavu, nari naratemberanye na data Rwego Gatambiye wabyaye n'uwitwa BUyenge Shyaka wa Munyarubindo (uyu Munyarubindo yari yarashatse umugore w'Umuhondogo ukomoka mu nzu yo kwa Kimeza wakomokaga munzu y'abitwaga ABEMERE baje kwicwa bagashira bose, nkeka ko hari bake bakomoka muri iyi nzu bakiri ho kuko nanjye mfite umwe muri babyara banjye bavuka muri iyi nzu uba i Bugesera ! Abamere rero babaga mugace k'ahahoze hitwa Murama, Rusagara hejuru ya Maranyundo urenze i Nyamata ho gatoya, abandi babaga Nyiramatuntu... babitaga ngo Abamere nyine kuko uwitwa Kimeza wari warabashije kurukoka mu ntambara zabaye hagati y'ibihugu byari bikikije royaume y'Ubugesera ndavuga mbere y'umwaduko w'abazungu i Rwanda, na mbere y'uko u Rwanda rwagurwa ngo rube rumwe, yari yarabshije kongera kubasha kugarura inka aho ngaho, akazana abagaragu bagahinga ibintu bikarumbuka... bashingiye ku izina rye bati uyu ni Kimeza Kamere kimeza bintu akaba Umugesera udufashije kongera guhonoka ! ) Njye kandi nari narabashije kubonana n'umwe mu basaza bari batuye ku mugezi wa Mbogo (ahahoze hitwa Commune Mbogo) ubu ni muri mu Majyaruguru, district ya Rurindo, uwo Musaza Gahondogo uvuka nawe muri iriya nzu y'abahondogo rero yanyibwiriye ko ngo yaje kuzanwa n'ababyeyi be bari baranywanye n'umwe mu bayobozi ba Bumbogo na Buliza bityo ababyeyi be bahunze intambara zaberaga za Bugesera baza gutura aho nyine ku mugezi mwa Mbogo (hitwaga kuri Mbogo, ahantu hahoze agashuri ka primaire, nkeka ko nk'Umuntu witwa Oswalidi wanditse igitabo kitwa ngo tureke kubakira kunzigo kuko yahoze ari Maire wa rulindo yaba azi hariya hantu n'imiryango y'abahondogo, bityo ababakomokaho bakaba badufasha kongera gukusanya amateka !) Njye nganira nuyu musaza Gahondogo nari umwangavu ariko rwose sinaje kubasha gusubirayo kandi igihe kinini nakimaze za Bugesera aho naje gukurira. Uyu musaza yari yarangwaga n'imvugo ngo "Abahondogo, abazigaba, abagesera, batwice twanje tube imponoke...! bishaka kugaragaza ko nyine Inzu cyangwa Ubwoko bw'abahondogo, abagesera n'abagesera bari mu bwoko bwa mbere bwishwe cyane mu ntambara zinyuranye cyane zibasiye u Rwanda, cyane ko ngo ari nabo babanje ahari gutura royaume nyinshi zagize u Rwanda nyine rw'iki gihe ! Kandi ayo moko atatu nyine abagesera, abahondogo n'abazibagaba bagahurira ko bose baba baranatuye royaume ya kera cyane y'Ubugesera ! Burya ngo n'abakoloni bajya gufata abatutsi bakabajugunya i Bugesera bizeye ko bazapfa bagashira byari bifatanye isano n'amateka ko ngo bibeshyaga ko abaturage bari barakomotse kiriya gice cyose bari barapfuye bagashira ! Nyamara siko byari byaragenze kuko nyine abanyarwanda bandi bari barabashije guhishahisha abenshi bavuka muri izi nzu bakakokera hirya no hino mu Bumbogo, mu bwanacyambwe, mu Buriza n'ahandi...Nkuko bigenda kunzu zose ntabapfira gushira, kandi kera abantu bari bagifite urukundo, ubutwari n'ubwangarugomo nyine bahisha abaturanyi babo ! Ku wifuza kumenya amateka y'abazigaba rero we, yizere ko azayabona kuko n'ubwo abazigaba bari barapfuye cyane mbere, ariko bariho kuko na data abyarwa n'inzu y'umubyeyi umwe w'umutsobe undi mubyeyi akaba umuzigaba ! Mu Rwanda, iwacu ababyeyi banjye bambwiraga ko habayeho inzu ebyiri z'abazigaba, inzu y'Umwami w'Umuzigaba witwaga Kabeja (= Abazigaba b'ababeja, bo kwa Kabeja, aha wabona umwe mu bakomoka kuri iyi nzu hari umubyeyi witwa Niyibizi Médard, aba mu mujyi wa Kigali umusaza w'Intwali, imanzi ijimije nyine witwaye nk'umuzigaba wiyubashye nyirizina, kuko havugwa k ubundi abazigaba babaga intwali, bakagira urukundo, ubugwaneza, ubunyangamugayo,... n'abakomoka kuri uyu musaza barahari kandi, hari benshi rero bavuka mu nzui y'abazigaba bo kwa Kabeja, kabeja uyu akaba yaravukaga ahahoze ari mu Mubari wa Byumba...) noneho indi nzu ikaba inzu y'abazigaba bo kwa Mubuti, Mubuti we akaba yaratuye mu Bumbogo, ubwobakitwa abazigaba b'Ababuti (benshi wabasangaga Nyamweru, Bumbogo, NKanga, Burera,...)Gusa izi nzu zombi zose zikaba nyine Ubwoko bumwe bw'abazigaba basangira nk'abasangira ngendo Kuko bakomokaga ku gisekuru kimwe cya MUzigaba. Munyihanganire ndarushye. Ibyinshi by'amateka y'iwacu mbibitse mu mutwe wanjye kuko nagiye mbirwa kuva ndi umwana wenda kera nzabyandika ! Mu bintu amatorero kera yarashinzwe kwari ugutoza n'abana bose kutazibagirwa amateka y'inzu z'iwabo, gusa si ukwari ukwironda, kuko inzu zose cyangwa ubwoko bwose iwacu mbere y'umwaduko w'abazungu zari zifite ipfundo ribahuza rwose n'ubwo buri bwoko bwagiraga inkomoko yabwo n'umwaihariko wabwo (nka totème par exemple, umwuga mu gihugu no mu banyarwanda...) nka rimwe mu ipfundo ryahuzaga abanyarwanda bose nababwira nk'ibyitwa "UBUSE bw'Imiryango", aho usanga bavuga ngo uyu ni Umuse wacu di ! Nk'abazigaba bari abase b'amoko yose mu gihugu...Ibyo mvuga by'amoko ntaho bihuriye na biriya byiswe "Abatutsi, abahutu abatwa mu gihe cy'ingoma y'abazungu bari bagamije kuducamo ibice !"Aya ateka nayatorejwe n'ababyeyi banjye dutaramye mu muryango mugari twakomokagamo i Buseke na Murama ya Shyorongi (Rusiga- actuel district de Rulindo, secteur de Shyorongi) nubwo nakuriye i Bugesera ariko twari dufite umuco wo guhura mu ngarukamwaka z'umuryango cyangwa mu miganura ! Naho Maman we akaba umukobwa wo Mubasinga (mu nzu ya se Kwa Bwimana) naho nyina Mukarwandema (Nyogukuru nyine mu nzu ibyara mama umbyara) we akaba Umwegakazi. Tugiye tubona urubuga rwo kuganira nkeka ko twakwibukiranya byinshi. Niyo mpamvu nshima Iki kinyamakuru igihe ! Icyo nzi ni uko bose baranzwe no kwanga urugomo n'inda nini ! Mugire amahoro. Yari MUKASHYAKA wa Gatambiye (France)
Muzambabalire mungezeho amateka y,abazigaba
Musubize8.10.2012 saa 19:06
mutambarungu yohanna
MURAGAHORANA IMANA ! MUZATUBWIRE AMAHEREZO YA MUSHAMBO N'ABAMUKOMOTSEHO.
Musubize5.10.2012 saa 12:46
######
Ndashimira uwatwibukije aya mateka. Ariko hari icyo nkosoraho. Umwami Gihanga ntiyabyaye Rutsobe hanze. Umwami ntiyabyaraga hanze. Abagore bose bari ab'umwami. Umugore wese wuriraga igisasiro cy'umwami yabaga abaye umugore w'umwami, kabone n'iyo yabaga afite umugabo. Icyo gihe ntiyasubiranaga n'umugabo we kuko yuriye igisasiro cy'umwami (yaryamanye nawe). Umwana babyaranaga ntiyitwaga ikinyendaro cg ko yamubyaye hanze. uwo mugore ntiyitwaga inshoreke. Umwami ntiyagiraga inshoreke. Rutsobe rero ntiyari umwana w'umusambanano. Yari umwana wa Gihanga nk'uko n'abandi bana bari bameze. Nyina wa Rutsobe yitwaga Nyirarukangaga. Yaje kwitwa Nyirarutsobe aho umuhungu we Rutsobe abereye igihangange. Bizimana Jean Baptiste
Musubize25.09.2012 saa 11:50
Bizimana Jean Baptiste
SEMUGABO KA GAHONDOGO, AMOKO Y'INZU AKOMOKA KU BANYIGINYA NI MENSHI NTIWAYARANGIZA ,KUKO AMOKO Y'INZU AKOMOKA KU MUNTU WO MU BWOKO UBU N'UBU WABAYE IGIHANGANGE,KANDI ABANYIGINYA NIBO BARANZWE MO IBIHANGANGE BYINSHI KUKO ARIBO BAHATSE INGOMA,AMOKO Y'INZU AKOMOKA KU BANYIGINYA NTIWAYARONDORA NGO UYARANGIZA,KUGEZA UBU AZWI ASAGA 250, N'ABO BENEJURU BAKOMOKA KURI JURU WA KAJEJE NABO BARIMO,UZAGE UYABARIRIZA UZAYAMENYA YOSE
Murakoze kuko amateka n'ubutwari by'abasogokuruza bacu binezeza. Uwabasha kumpa amateka ya KILIMA RUJUGIRA yaba amfashije cyane ambwiye igihe yategekeye u Rwanda, imyaka yari afite, icyari cyatumye ahunga mbere yo kuyobora. Ese yari yahungiye ku wuhe musozi, ubuuri mu kahe kagari,umurenge, akarere ? Icyo gihe hitwaga ngo iki ? Murakoze kumfasha
Musubize24.09.2012 saa 01:24
Musoni
Murakoze nabasabagako muzatugezaho amateka y'abazigaba n'abasindi
Musubize24.09.2012 saa 00:44
kk
AHA KONUMVISHIJE AMAZINA YABANTU BACU GIHANGA NI DATA WACU,MUHONDOGO DATA YITWA GAHONDOGO,SAMUGABO NJYE NKABA NITWA SEMUGABO KANDI TUKABA TURASHAMBO BABENEJURU.NABAZAGA KO ABENEJURU KONTABO NUMVISHIJEMO ,MUNSOBANTURIRE KANDI BIRAGARAGARA KO TURABO KWAGIHANGA.NUWABA ARUMWENEJURU NAWE YAMBWIRA TUKAMENYANA.
Musubize23.09.2012 saa 12:12
SEMUGABO KA GAHONDOGO
murakoze ,kuri ayo mateka,nabasabaga ko mwazatugezaho ,amateka y,umwami YUHI MUSINDI ,igihe yayoboreye u Rwanda,nuwaba amukomokaho kuko bahari .
Musubize23.09.2012 saa 11:42
munyandekwe

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!