IGIHE.com > Umuco > Ibitabo

"Kugera Kure Siko Gupfa", igitabo ku buzima butangaje bwa Mushimiyimana


Yanditswe kuya 6-03-2012 - Saa 12:00'

Nyuma yo kubura ababyeyi be n’abavandimwe be 13 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, nawe agatemwa akajugunywa mu mwobo, yaje gukurwamo n’abasirikare bakajya kumwitaho bamuvura mu gihe gito aza kujyanwa mu bigo birera imfubyi. Yaje gusubira iwabo i Nyanza ya Butare arangisha, akarere kaza kumwereka iwabo ariko agezeyo abavandimwe be baramwanga kuko bari bazi ko yapfuye.

Aya ni amwe mu mateka akubiye mu gitabo ’Kugera Kure Siko Gupfa’ kivuga ku nzira y’umusaraba ya Mushimiyimana Rehema.

Iki gitabo cyanditswe hagamije gufasha abantu kumenya no gusobanukirwa ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi yasigiye abayirokotse kandi bigashishikariza abayirokotse kwandika amateka y’ibyo baciyemo.

Mu kiganiro na IGIHE, Mushimiyimana Rehema avuga ko n’ubwo atariwe wanditse iki gitabo kuko yabwiraga abandi ibyamubayeho bakamwandikira, asanga ubu ari bumwe mu buryo bwo kwiyubaka, cyane ko kuva na kera mu kigo cy’imfubyi cya Nyundo yabagamo bahoraga babakangurira kujya bakunda kuvuga ibyababayeho mu rwego rwo kurwanya ihungabana.

Ati :”hari abantu najyaga mbwira ibyanjye bakiyumvisha ko bidashobora kubaho”.

Akomeza avuga ko mbere yakundaga guceceka ariko aho atangiriye kuvuga ibye hari impinduka nini zabaye mu buzima bwe.

N’ubwo ibi byose byamubayeho ariko, ntiyacitse intege cyane mu buzima kuko ubu yibeshejeho. Ku ipaje ya 45 ibanziriza iya nyuma y’iki gitabo, Mushimiyimana agira ati :”N’ubwo mbaho mu buzima butanyoroheye, mfite icyizere cy’ejo heza”.

Iki gitabo ‘Kugera Kure Siko Gupfa’ kivuga birambuye ku buzima bw’uyu munyarwandakazi cyamaze kujya hanze, gusa haracyateganwa gahunda yo kukimurika ku mugaragaro, ari nabwo hazatangazwa niba kizajya kigurishwa cyangwa kizajya gitangirwa ubuntu.

IBITEKEREZO
Kugera kure siko gupfa komera kandi Imana isubiriza igihe.
Musubize13.04.2012 saa 01:42
alain
iyi nkuru iteye agahinda ariko njyewe numva ikigitabo cyagakwiye kugurishwa kandi abagira neza bagatanga ni nkunga ,gusa kikajya ku mafaranga ashoboka kugira bakibon ari benshi kuk gishobora kwigisha benshi cyaneeee
Musubize24.03.2012 saa 10:38
kamali
Igihe murakoze kuri iyi nkuru..mujye mutugezaho ubuhamya bwabantu nibyababayeho..iyo tumenye iyo tuva niho umenya neza iyo tujya !
Musubize7.03.2012 saa 16:09
blaise
Yoo...komera wa mu sister we, iki gitabo rwose nanjye nzakigura wenda nawe witeze imbere, kandi inkuru nkizi nanjye ziramfasha:inkuru z'ibyabayeho n'ubutwari bwanyu birankomeza. Bituma nibuka no gushima uwiteka !
Musubize7.03.2012 saa 16:06
blaise
Aya niyo mateka yacu !case nkiyi ni nyinshi muri iki gihugu,hari abarokotse abicanyi ari uduhinja ntamuryango ntamuntu numwe ariko utwo twana turanga tubaho.Ibi bivuze byinshi,kuri jye NTAMUNTU UFITE UBUSHOBOZI KUBUZIMA BWABANTU.Ninde watekerezaga ko aba bana bazabaho,bakiga bakarangiza za kaminuza,bagakora akazi,bagashinga ingo...Ntihazagire uzongera kwibeshya ngo yarimbura abantu .Reka reka.Muzi ko hari abana basigaye bonyine benshi barusha imibereho myiza imiryango y'ababiciye.Mureke twibanire mumahoro never again
Musubize7.03.2012 saa 12:13
######
Ndagira nti humura ahubwo ube maso kuko imana yemeye kukurokora abashakagagusiba amateka yabacu iracyakurinda ariko wirinde nturangare kugira ngo imana ibone uko isohoza imigambi yayo kuri wowe komera rero kuko na nyuma ya zero ira kora
Musubize7.03.2012 saa 08:29
mfizi edouard
Ndagira nti humura ahubwo ube maso kuko imana yemeye kukurokora abashakagagusiba amateka yabacu iracyakurinda ariko wirinde nturangare kugira ngo imana ibone uko isohoza imigambi yayo kuri wowe komera rero kuko na nyuma ya zero ira kora
Musubize7.03.2012 saa 08:29
mfizi edouard
Ndagira nti humura ahubwo ube maso kuko imana yemeye kukurokora abashakagagusiba amateka yabacu iracyakurinda ariko wirinde nturangare kugira ngo imana ibone uko isohoza imigambi yayo kuri wowe komera rero kuko na nyuma ya zero ira kora
Musubize7.03.2012 saa 08:29
mfizi edouard
Turagukunda, njye nemeye kukubera musaza wawe. Humura kandi ntiwihebe Imana izagukoresha ibikomeye.
Musubize7.03.2012 saa 06:26
NGABONZIZA J.M.V
Ihangane Rehema ntabwo uri wenyine ! Niba warasigaye il y a surement une raison, vis pour cette raison ! Ibyiza biri imbere ! Courage et sois bénie richement ! Icyo gitabo tuzakigura cyane !
Musubize7.03.2012 saa 05:05
coco
Komera mwari w'urwa Gasabo. Nubwo uvuga ko ubayeho mu buzima butakoroheye nibaza ko ibyo wavuyemo aribyo bikomeye kandi aho ujya niho heza, Imana yagukuye ahakomeye igufitiy'umugambi. Kubijyanye n'igitabo numva kigomba kugurishwa nk'ibindi bihangano byose kandi na nyiracyo bizamufasha bitere courage n'abandi kwandika ibyababayeho. Kandi iyo uvuga ibyakubayeho bitari byiza cg byakubabaje birakuvura hanyuma bikagushiramo. Courage !
Musubize7.03.2012 saa 01:00
Junior W.
komera komera,kwihangana wagize nibwo butwari...komeza utwaze uzabaho binyuze munzira igoranye ariko uyijyeze kure kuko ahakomeye uri kuharenga.icyo gitabo kigomba kugurishwa ahubwo nugutekereza neza igiciro....!kugufasha bishobora kunyura muri ubwo buryo bwokugura icyo gitabo kandi ayo ni amateka yawe.dutejyereje kumenya aho twagisanga nigiciro.Imana igukomeze et bon courage..
Musubize7.03.2012 saa 00:34
marcsu
Umugambi w'abantu si wo w'Imana nshuti. Komera komera, ibyiza biri imbere.
Musubize6.03.2012 saa 23:47
Jeanne
MURAKOZE KUBWIYONKURU MUTUJYEJEJEHO HARICYONISABIRA RETA Y'UBUMWE BWABANYARWANDA NUKO YAKANGUKIRA KUREBA HIJYANOHINO HAR'ABANA BAROKOTSE JENOCIDE BATABAYEHONEZA KUKO BIBABITEY'AGAHINDA UMWANA WAROKOTSE JENOCIDE ABAMUBWIGUNJYE NTABONE NICYO GUSHIRA KUMUNWA,
Musubize6.03.2012 saa 15:37
tumuhirwe isaie
KOMERA SHENGE, igitabo cyawe kigomba kugurishwa, burya kwandika ubona abize bakaminuza nabo bibagora, ntibyoroshye. Rwose igitabo ni icyawe, kuko ibikubiyemo n'ibyawe, kuko uwanditse muri rusange wamuhaye ibyo yandika, ni nko ku mutuma. N'abandi barebereho, si ngombwe ngo ube uri inzobere kugirango wandike igitabo. Icyangombwa ni ibitekerezo n'inkuru bifatika. MUZATUBWIRE IGIHE KIZAMURIKIRWA, MAZE TUZAZE TUGUSHYIGIKIRE, KANDI NTIKIZAGE MU NSI Y'AMAFARANGA 5000 ; AZAKUGIRIRA AKAMARO MU GIHE UKIRI MU RUGENDO MURI IYI SI. KANDI NDABONA ABATO N'ABAKURU BAZAGIKUNDA CYANE.
Musubize6.03.2012 saa 13:29
G
Nuko nuko, ahubwo mukigurishe no hanze kitugereho tuzakigura rwose. Ukomeze utwaze mu buzima ; icyo Imana yagusigarije uzakigeraho.
Musubize6.03.2012 saa 12:30
Minega
Imana niyo nkuru ! Ntawe usaba kubaho, nyamara ushaka kwambura undi ubuzima, yibagirwa ko n'ubwe ari intizo. Icyo gitabo muturangire uko twakibona. Mukomere !
Musubize6.03.2012 saa 11:31
Mugira
Imana isubiriza mu kwiheba ; aho bikomeye nibwo iba igiye kwigaragaza.
Musubize6.03.2012 saa 10:37
kazungu
Muriyinkuru nsomyemo ko abayeho mubuzima bumugoye. Ndumusore wifashije nabona gute adress ze kugira ngo nzamufashe ? izanjye ni jacquesruvuza@yahoo.com
Musubize6.03.2012 saa 10:29
ruvuza
Courage sha kandi wagize igitekerezo cyiza pe,Imana iragukunda kandi izaguha ibyiza byinshi pe !
Musubize6.03.2012 saa 10:11
Kabaka
Wa mfurakazi we ni koko kugera kure siko gupfa, gusa nawe ujye uhora wibukako ubutwari bwugiye bugaragarira kuw'usigaye, so ubutwari bw'abawe buzagaragazwa nawe. Komera.
16.08.2012 saa 08:47
Mugeni
1 | 2

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!