Imigani migufi y’ikinyarwanda (Ibikurikira)


Yanditswe kuya 7-09-2009 - Saa 19:50' na Sagisengo


Nkuko bisanzwe, www.igihe.com, tubagezaho imigani migufi yikinyarwanda buri wa mbere. Ubushize twabagejejeho itangirwa n’inyuguti ya A, iki cyumweru, turabagezaho itangirwa n’inyuguti ya « B » kugeza kuri « H »

Ubwanditsi

B
Babona zireresa amabya bakagira ngo zimya zose.
Bagarira yose ntuzi irizera.
Bagarira yose.
Baranyerera yaguye Jinja.
Barihima ni mwene Mujinya.
Batutira henshi ntibazamenya iyo bataye imihoro.
Bavuga ibyigondoye umuhoro ukarakara.
Bene amazuru meza ntibaburana n’ ibya nyuma.
Bene imitsima bayitsimbarayeho.
Birabe ibyuya ntibibe amaraso.
Bucya bucyana ayandi.
Bucya bwitwa ejo. 
Buhoro buhoro nirwo rugendo.
Burya mukaso ntaba ari nyoko.
Burya si buno.
Byabara usara.

F
Findi findi irutwa na so araroga.

G
Gahimandyadya na Kajogora baranywanye.
Gashiramazizi ka Ntibazirikana rubanda rushishwa nabi.
Gesa ubw’ iyo ubwo ino ntiburera.
Gira so yiturwa indi.
Gishira ibyara ntigishira amazi.
Gusera intanyurwa ni ugusesa.
Gushaka ni ugushobora.

H
Hasura uwariye.
Hobe hobe itera ibinyoro.
IBITEKEREZO

ANDIKA ICYO UTEKEREZA KURI IYI NKURU

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE:
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni,
Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com
Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa, Murakoze!